Umuyobozi wungirije w’akarere ka Burera ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Uwambajemariya Florence, asaba abaturage batuye ku kirwa cya Birwa I kiri mu kiyaga cya Burera, gusigasira ibyiza bamaze kugezwaho birinda ko hagira ubyangiza.
Caporal Harelimana Vincent w’imyaka 38 wavuye muri FDLR araburira bagenzi be kureka gukomeza kwinanangira gushyira intwaro hasi kuko ngo abona igihe kikagera bakaraswa nubwo itariki ntarengwa bari bahawe yarenze.
Inkuba yakubise abantu 7 barimo umwana w’imyaka 3 witwa Uwitonze Sandrine wo mu Kagari ka Gikombe, Umurenge wa Nyakiriba ahita yitaba Imana, naho abandi bana 2 bari kumwe ntibagira icyo baba.
Imiryango y’abasigajwe inyuma n’amateka bo mu Mudugudu wa Mukamba mu Kagari ka Ngondore mu Murenge wa Byumba igenda yangiza ibikorwa by’iterambere Leta yabakoreye birimo kwisenyera amazu kugira ngo babone amaramuko.
Umwana witwa Niyibikora Jean Paul wo mu Mudugudu wa Gatare, Akagari ka Mutandi, Umurenge wa Mutate mu Karere ka Gicumbi yagwiriwe n’amatafari ya rukarakara ahita apfa, ku mugoroba wo ku wa 6/1/2015.
Yozefu Nabonibo w’imyaka 52 utuye mu karere ka Nyamasheke mu murenge wa Karengera avuga ko amaze imyaka 37 afite uburwayi bw’umunwa wo hasi wabyimbye ugatuma atagira umurimo n’umwe akora kubera uburibwe ahorana.
Abaturage bo mu Karere ka Nyabihu bishimira ko umwaka wa 2014 wasize hubatswe imihanda myinshi muri aka karere bahamya ko yabakuye mu bwigunge.
Nyuma y’igihe kirekire abakeneye kwiga imyuga mu karere ka Ngororero bajya kuyigira ahandi naho abadafite amikoro bakayiga ku buryo bwa gakondo, mu mwaka wa 2014 habonetse amashuri abiri anafite ibikoresho bigezweho.
Urubyiruko 239 rurimo abahungu 117 n’abakobwa 122 rukomoka mu Mirenge ya Shyorongi, Rusiga na Mbogo yo mu Karere ka Rulindo rwarahiriye kwinjira mu muryango wa FPR-Inkotanyi, kuwa gatatu tariki ya 7/1/2015.
Akarere ka Nyanza kafashe ingamba zo gukingira inka zisaga ibihumbi 15 hagamijwe gukumira indwara y’igifuruto.
Ikipe ya Police FC iratangaza ko itigeze ituma umuntu uwo ari we wese kujya guha amabwiriza umutoza wayo Cassa Mbungo mu mukino iyi kipe yanganyijemo na Rayon Sports 0-0.
Umugabo w’imyaka 35 y’amavuko wo gihugu cya Canada ngo yasomye ku kayoga aragahaga maze agiye kugura umugati wo mu bwoko bwa sandwich ugura amadorari arindwi aha umukobwa wamuhaye serivisi ishimwe (pourboire cyangwa tip) ry’amadorari 98.392.
Umugore w’umwarimukazi mu rwunge rw’amashuri rwa Rwabidege yatemye n’umuhoro mugenzi we aramukomeretsa bikomeye bapfuye imbibi z’umurima batumvikanagaho.
Abana bari mu kigero cy’imyaka hagati 9 na 15 bakina umukino wa Tennis mu Mujyi wa Musanze batangaza ko bakunda uwo mukino kandi bawuha agaciro kuko ari umukino umukuru w’igihugu akina.
Mukapfizi Edith w’imyaka 44 y’amavuko aravuga ko yarangaranywe n’abaganga bo mu bitaro by’akarere ka Ruhango bya Kinazi biri mu Murenge wa Kinazi bikaviramo umwana we urupfu ubwo yabyaraga.
Ikigo nderabuzima cya Gitarama giherereye mu Mujyi wa Muhanga kirashinja ikigo cy’ubwisungane mu kwivuza (MUSA) gikorera muri iki kigo kutishyurira igihe amafaranga ya serivise baba barakoreye abanyamuryango bacyo.
Bamwe mu batuye mu Mujyi wa Kibuye mu Murenge wa Bwishyura ho mu Karere ka Karongi bavuga ko nyuma y’aho televiziyo iviriye mu buryo bwari busanzweho bwa analogue ikajya mu ikoranabuhanga rishya rya digital batagishobora kureba televiziyo kandi nyamara baraguze akuma kagombye kubafasha kuyireba (decoder).
Umukinnyi wo hagati w’ikipe ya Cameroon ntabwo azagaragara mu mikino y’igikombe cya Afurika izabera muri Guinee Equatorial kuva tariki 17/1/2015,nyuma yo gutangaza ko asezeye mu ikipe y’igihugu akomokamo.
Imibare itunzwe n’ibigo byashyizweho na Minisitere ishinzwe gucunga Ibiza no gucyura Impunzi (MIDIMAR) igaragaza ko Abanyarwanda 5679 aribo bashoboye kwitandukanya n’ubuhunzi mu mwaka wa 2014 bagaruka mu Rwanda.
Abahinzi basanzwe bamenyereye indwara zimwe na zimwe zikunda gufata ibirayi bakaba bazi n’uko bazirwanya ariko batangaza hari indi ndwara nshya yadutse mu birayi kugeza ubu bataramenya neza.
Abaturage bo ku kirwa cya Birwa ya mbere giherereye mu kiyaga cya Burera, mu Murenge wa Kinoni, mu Karere ka Burera, bashyikirijwe inka icyenda bari bemerewe n’ Ingabo z’u Rwanda, (RDF) ubwo zabahaga ubwato bwa moteri mu kwezi kwa 12/ 2014.
Imibiri y’abantu batatu mu barenga 12 barohamye muri Nyabarongo mu gice cy’akarere ka Kamonyi niyo yabonetse kuri uyu wa 06/01/2015 nyuma y’iminsi ibyo byago bibaye.
Umukinnyi wo hagati w’ikipe ya APR FC Mugiraneza Jean Baptiste Migi yasabye imbabazi abakunzi b’ikipe akinira nyuma yo guhabwa ikarita y’umutuku mu mukino ikipe ye yatsinzemo Isonga ibitego 2-0.
Ikipe ya Rayon Sports ntiyashoboye kubyaza amahirwe menshi yabonye mu mukino w’umunsi wa 12 wa shampiyona inganyirijemo na Police FC i Muhanga 0-0.
Muri iki gice cya gatatu ku iterambere ry’imiturire mu Rwanda turabagezaho uko byifashe mu ntara y’Uburengerazuba. Muri iyi ntara bigaragara ko uturere dukora ku kiyaga cya Kivu nka Rubavu, Karongi na Rusizi ari two turi imbere y’utundi mu bijyanye n’imyubakire.
Umuhanzikazi Abayizera Young Grace uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Young Grace yamaze kwambikwa impeta y’urukundo (engagement ring) kuri ubu akaba yamaze guhindura ubuzima ndetse akaba afite imigambi mishya n’uburyo bushya bwo kwitwara.
Umuyobozi w’akarere ka Rusizi, Nzeyimana Oscar, yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano kuri uyu wa 06/01/2015 akurikiranweho gukoresha impapuro mpimbano; nk’uko umuvugizi wa Polisi y’igihugu yabitangaje.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rulindo baravuga ko bafite ingamba nshya zo kwiteza imbere ku buryo bugaragara mu mwaka batangiye wa 2015.
Urwego rushinzwe kunganira uturere mu gucunga umutekano mu Karere ka Rulindo (DASSO) ruratangaza ko rwishimira uko umutekano wagenze mu gihe cy’iminsi mikuru isoza umwaka wa 2014 ikanatangira uwa 2015 ngo kuko nta bantu cyangwa ibintu byahungabanye kubera umutekano muke.
Mu mirenge imwe n’imwe yo mu Karere ka Rusizi amatungo maremare yatewe n’indwara y’igifuruto ku buryo inka ebyiri z’abaturage bo mu Murenge wa Kamembe zimaze gupfa.
Icyumweru kirashize umutwe w’inyeshyamba zirwanya ubutegetsi mu Burundi ugabye igitero mu Ntara ya Cibitoke ihana imbibi na Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC), Leta y’u Burundi iremeza ko inyeshyamba 95 zishwe.
Kudatanga amakuru ku gihe no gutinya kuvuga ko bakorewe ihohoterwa ngo bituma ikigo gishinzwe kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina “Isange One Stop Center” gikorera mu Karere ka Gicumbi kitamenya umubare nyawo w’abakorerwa ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Abaminisitiri b’Intebe bungirije b’igihugu cy’u Bubiligi, Alexander De Croo unashinzwe ubutwererane n’amahanga, na mugenzi we Didier Reunders, unashinzwe ububanyi n’amahanga; barimo gusura u Rwanda n’u Burundi bareba ibikorwa bisanzwe biterwa inkunga n’igihugu cyabo, ndetse no kumva ibyashingirwaho mu kongera umubano (…)
Abakinnyi bitwaye neza mu marushanwa ya Karate yo kurwanya Malariya yatewe inkunga na Imbuto Foundation bakegukana imidari itandukanye ndetse n’ibikombe, basabwe kurenga imbibi z’u Rwanda bakazanatwara imidari yo ku rwego rwa Afurika, ndetse no ku rwego rw’isi.
Iyi nkuru igamije gukosora inkuru yanditswe tariki 02/01/2015 ivuga ko imodoka yafatiwemo ibiyobyabwenge mu karere ka Nyagatare ari iya Airtel.
Umunyarwandakazi Louise-Marie Mukamanzi uba mu Busuwisi yakiriye mu isengesho ryo kwiyambaza Yezu Nyir’Impuhwe none na we yaritangije mu Busuwisi.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akarere ka Rusizi, Mushimiyimana Euphrem aratangaza ko ashaka kurandura ingeso ya ba Rwiyemezamirimo bambura abaturage amafaranga bakoreye.
Nyuma y’aho hatanzwe itariki ntarengwa yo kurambika itwaro hasi ku barwanyi ba FDLR ariko ikaba itarubahirijwe, ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi burahumuriza abaturagebafite ubwoba ko imirwano yo kubarwanya yazabagiraho ingaruka.
Abagabo babiri bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu Karere ka Bugesera nyuma yo gufatanwa inka bibye yatanzwe muri gahunda ya girinka.
Mu bikorwa byo gushakisha abantu barohamye muri Nyabarongo mu mpanuka y’ubwato yabaye mu gitondo cya tariki 3/1/2015, hatahuwe umurambo w’umukobwa uri mu kigero cy’imyaka 25 ariko ntabarirwa mu barohamye mu mpanuka kuko yaturutse mu majyaruguru y’icyambu kandi ababuze ababo bakaba batamumenye.
Umugabo witwa Dukuzumuremyi Emmanuel w’imyaka 41 y’amavuko yafatiwe iwe mu rugo afite uruganda ruto rwenga inzoga itemewe ya Kanyanga.
Abakozi b’ibigo nderabuzima byo mu Karere ka Rutsiro birukanywe ku mirimo yabo muri gahunda ya Minisiteri y’ubuzima yo kugabanya abakozi baratangaza ko batanyuzwe n’uburyo byakozwe kuko byakoranywe amarangamutima.
Polisi y’igihugu ikorera mu ntara y’iburasirazuba yashyikirije ku mugaragaro umuturage witwa Akimana Vestine wo mu Mudugudu wa Marongero, Akagari ka Ryabega, Umurenge wa Nyagatare inka ze 12 n’intama 3 yari yibwe zigafatirwa mu gihugu cya Uganda.
Muri iki gice cya kabiri cy’inkuru zijyanye n’imyubakire mu gihugu, turabagezaho uko imyubakire yifashe mu ntara y’Amajyaruguru. Muri iyi ntara umujyi wa Musanze niwo ugaragaramo inyubako nyinshi zigezweho.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gakenke buratangaza ko guhera muri iki cyumweru bugiye gutangira gahunda yo kujya busura buri rugo, kuko uretse kuba hari abaturage batajya boga cyangwa ngo bamese byanagaragaye ko hari abadafite ubwiherero kandi nabwo buba bukenewe kugira ngo umuntu agire isuku inoze.
Urubyiruko rw’abasore n’inkumi basaga 400 barangije amashuri yisumbuye mu mwaka wa 2014 bo mu Mirenge ya Rwabicuma na Busasamana mu Karere ka Nyanza bari mu itorero ry’iminsi itatu, baravuga ko baryitezeho byinshi bizatuma bagira uruhare mu kubaka igihugu.
Hirya no hino mu gihugu hari bamwe mu bakobwa bakitinya ku bijyanye n’ibyo bahitamo kwiga cyangwa imirimo bakora babyitirira ko bigomba gukorwa n’abahungu gusa.
Mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi, indaya zamaze isaha yose ziri kurwana n’umumotari witwa Hakizimana Jérome wari wararanye n’imwe muri izo ndaya maze akayiba matora.
Umuyobozi w’ibitaro bya Shyira, Dr Rubanzabigwi Théoneste aravuga ko mu Karere ka Nyabihu hakiri ikibazo cy’abaturage bakigaragaza umwanda haba ku myambaro, ku mubiri n’ahandi.
Ikigo cy’imisoro n’Amahoro (RRA) kigiye guteza cyamunara toni 155 z’umuceri w’Uwitwa Bimenyimana Celestin ushinjwa kenyereza imisoro n’amahoro bya gasutamo kuko ngo yawuguze avuga ko awujyanye muri Kongo nyamara akawugurisha mu gihugu.