Kubungabunga imibiri y’abazize jenoside biri mu nzira nziza- Depite Kayitare

Abadepite bo muri komisiyo y’uburenganzira bwa muntu no kurwanya Jenoside baratangaza ko aho ibikorwa byo kubungabunga imibiri y’abazize Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994 mu buryo burambye bigeze hashimishije.

Imibiri y’abazize Jenoside izajya yitabwaho mu buryo bw’ikoranabuhanga, igapimwa, ikanaterwa imiti yabugenewe bityo amateka y’u Rwanda ntazasibangane.

Ku wa 19/02/2015, itsinda ry’abadepite bo muri Komisiyo y’uburenganzira bwa muntu no kurwanya Jenoside basuye urwibutso rwa Murambi mu Karere ka Nyamagabe, hagamijwe kureba aho imirimo yo kubungabunga no kwita ku rwibutso muri rusange igeze.

Depite Kayitare yavuze ko aho imirimo yo kubungabunga imibiri no kwita ku rwibutso igeze hashimishije.
Depite Kayitare yavuze ko aho imirimo yo kubungabunga imibiri no kwita ku rwibutso igeze hashimishije.

Kugeza ubu hamaze kubakwa raboratwari (laboratoire) yimukanwa izajya itunganyirizwamo imibiri, nyuma igashyirwa mu masanduku y’ibirahuri yabugenewe kugira ngo itangirika.

Umukozi wa Komisiyo k’igihugu ishinzwe kurwanya Jenoside, ushinzwe kubika no kubungabunga ibimenyetso bya Jenoside yakorewe abatutsi, Martin Muhoza, yatangaje ko ikibazo basigaranye ari inyigo yerekana uko inzu izashyirwamo imibiri izasanwa.

Yagize ati “inyigo mu gihe kitarambiranye iramutse ibonetse, twatangira ya gahunda yo gusana iyo nzu, noneho tugatangira tugakoresha iyo raboratwari, tugatangira kubika neza ku buryo burambye iyo mibiri, na nyuma yaho tukaba twatangira no ku zindi nzibutso”.

Iyi ni Laboratoire izajya isuzumirwamo ikanatunganyirizwamo imibiri.
Iyi ni Laboratoire izajya isuzumirwamo ikanatunganyirizwamo imibiri.

Depite Innocent Kayitare wari uyoboye iri tsinda ry’abadepite bo muri komisiyo y’uburenganzira bwa muntu no kurwanya Jenoside, yatangaje ko bishimiye aho imirimo yo kubungabunga imibiri igeze.

Yagize ati “turabona ari igikorwa kiri mu nzira nziza, rwiyemezamirimo yahawe amafaranga ariko nabyo si ugupfa kubaka, kuko afite inzobere z’abongereza bakorana kuko ino ntiturabikora na rimwe, kandi hari n’abakozi ba CNLG bagiye kubyiga hanze, tubona bizatungana”.

Gushyira mu bikorwa iyi mirimo yo kubungabunga imibiri bizatwara amafaranga y’u Rwanda agera kuri miriyoni 450.

Nyuma yo gutunganya imibiri izashyirwa mu masanduku y'ibirahuri yabugenewe.
Nyuma yo gutunganya imibiri izashyirwa mu masanduku y’ibirahuri yabugenewe.
Itsinda ry'abadepite bo muri Komisiyo y'uburenganzira bwa Muntu no kurwanya Jenoside basura urwibutso rwa Murambi.
Itsinda ry’abadepite bo muri Komisiyo y’uburenganzira bwa Muntu no kurwanya Jenoside basura urwibutso rwa Murambi.

Caissy Christine Nakure

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

TUgomba kubungabunga imibiri yinzirakarengane kugirango dukomeze twigire kumateka ndetse nabadukomokaho bamenye ububi bwajenoside.

ALIAS yanditse ku itariki ya: 20-02-2015  →  Musubize

Iki gikorwa gikwiye gukurikiranirwa hafi n’inzego zose bireba mu rwego rwo kwirinda amakosa yakorwa kuko kuyakosora ntibishoboka mu gihe imibiri yaba itatunganyijwe neza.

Kamali yanditse ku itariki ya: 20-02-2015  →  Musubize

imibiri y’abazize Jenoside igomba kubikwa neza maze abana bacu bazavuka bakazamenya amateka yacu kandi isi yose igakomeza kumenya amateka yacu bityo ntibizongere kuba ahandi

fally yanditse ku itariki ya: 20-02-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka