Umugabo witwa Rutembesa Alexandre w’imyaka 54 y’amavuko afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyagatare akekwaho guha umupolisi ruswa y’amafaranga ibihumbi 10.
Imvura ivanze n’umuyaga ndetse n’amahindu yaguye kuva saa saba z’amanywa ikomeza ijoro ryose tariki 17-18/02/2015 yasenye igikoni mu Murenge wa Nkotsi kigwira umugore arakomereka, inasakambura amazu kugeza ubu tutarashobora kumenya umubare.
Mukabugingo Anathalie utuye mu Murenge wa Musaza na Urayeneza Emmanuel bafatanywe ibiro 25 by’urumogi bari batwaje umugabo witwa Nkurunziza Emmanuel, wagombaga kubaha ibihumbi 10 buri umwe nyuma yo kurugeza i Nyabugogo.
Perezida Paul Kagame asanga igihugu cya Etiyopiya ari urugero rukomeye rugaragaza ko Afurika ishobora kwikemurira ibibazo idategereje ak’imuhana.
Umuryango La benevolencia uravuga ko kwimakaza amahoro, kwigisha abanyarwanda gukora icyiza kugira ngo gitsinde ikibi no kwirinda kugira ingengabitekerezo iganisha ku kibi ari inshingano zireba buri rwego na sosiyete sivile itavuyemo.
Mu Mirenge ya Nyagisozi, Busanze na Ruheru yo mu Karere ka Nyaruguru hakozwe umukwabu wo gufata abacuruza inzoga z’inkorano zizwi nka Nyirantare ziramenwa.
Nyirazaninka Aline w’ imyaka 25 y’amavuko wari utuye mu Mudugudu wa Kigugu mu Kagari ka Kigoya ho mu Murenge wa Kanjongo mu Karere ka Nyamasheke, ku mugoroba wo ku wa 17/02/2015 yasanzwe mu nzu yapfuye amanitse mu mugozi.
Ubuyobozi bw’umuryango wita ku mbabare (CICR) bushinzwe amazi n’isuku bwamurikiye gereza ya Rubavu ikigega cya biyogazi (biogas) izajya ikoreshwa mu gutekera abagororwa no kongera isuku n’isukura muri iyi gereza, kuko abagororwa bazajya bahabwa amazi ashyushye yo gukaraba bidahenze gereza.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kayumbu, Mazimpaka Egide, Umuhuzabikorwa wa VUP mu Murenge wa Ngamba, Kabano Thomas ndetse n’Ushinzwe inguzanyo muri SACCO ya Ngamba, Xavier; bafungiye muri Sitasiyo ya Polisi ya Runda, kuva ku mugoroba wo ku wa kabiri tariki 17/2/2015, bakekwaho kunyereza amafaranga ya VUP.
Leta y’u Rwanda iratangaza ko irimo gusaba umwenda wa miliyari 15 z’amafaranga y’u Rwanda azava ku banyamafaranga bagura impapuro mpeshwamwenda cyangwa impapuro z’agaciro (Bonds) ku isoko ry’imari n’imigabane; ikazayabishyura nyuma y’imyaka itatu.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu buvuga ko bwatangiye igikorwa cyo kugaruza amafaranga yagenewe abatishoboye bashyirwa muri gahunda ya VUP (Vision 2020 Umurenge Program) yagiye afatwa n’abayobozi b’inzego z’ibanze hamwe n’abifite bari bashinzwe kurebera abatishoboye.
Nzeyimana Polycalpe, umukozi ushinzwe iterambere (SEDO) mu Kagari ka Gitisi mu Murenge wa Bweramana mu Karere ka Ruhango, ari mu maboko ya polisi guhera tariki ya 17/02/2015, akekwaho icyaha cyo kwakira ruswa y’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 5 ayatse umuturage.
Imvura ivanze n’umuyaga ndetse n’urubura yaguye mu Murenge wa Sake, Akagari ka Nkanga ho mu Karere ka Ngoma, yasize imiryango ibiri mu macumbi y’abaturanyi nyuma yo gusenyerwa amazu yabo ikangiriza andi mazu 20 n’imyaka irimo insina n’imyumbati.
Mu ijoro rishyira tariki 17/02/2015 Polisi ikorera mu Karere ka Kirehe yafashe inka 37 mu Kagari ka Saruhembe mu Murenge wa Mahama bivugwa ko zibwe muri Tanzaniya abari bazishoreye baracika ubu bakaba bagishakishwa.
Raporo yashyizwe ahagaragara na Polisi y’igihugu ikorera mu Karere ka Rusizi iragaragaza ko ingo 772 zo muri aka karere zibanye nabi ndetse zirangwa n’amakimbirane.
Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe kugarura Amahoro mu Burasirazuba bwa Kongo, Monusco, Martin Kobler, yongeye kwibutsa abayobozi b’ingabo za Kongo n’imitwe yitwaza intwaro ko abana bakwiye kujyanwa aho kubashora ku rugamba.
Abasaza babiri bari mu bitaro bya Kibogora mu Karere ka Nyamasheke nyuma yo gukubitwa bikomeye n’abanyeshuri bo mu rwunge rw’amashuri rwa Muraza mu Mudugudu wa Ruganzu mu Kagari ka Kigoya mu Murenge wa Kanjongo, babakekaho ubucuraguzi no kuroga abanyeshuri baturiye icyo kigo.
Abadepite bo muri komisiyo ishinzwe ubuhinzi, ubukerarugendo, n’umutungo kamere mu nteko ishinga amategeko y’umuryango w’ibihugu bya Afurika y’Uburasirazuba (EALA) barashima aho umushinga wa “Lake Victoria Water Supply and Sanitation” ushinzwe isuku n’isukura no gukwirakwiza amazi ugeze, ariko bakavuga ko hari ibitarakorwa (…)
Mu gihe muri iyi minsi havugwa ikibazo cy’abaturage bamwe bajya kwa muganga bagatoroka amavuriro batishyuye, uturere tumwe na tumwe mu Ntara y’Amajyaruguru ngo twafashe ingamba zo kugabanya uwo mwenda. Nko ku Bitaro bya Ruhengeri n’ibya Nemba mu Karere ka Gakenke, ngo abo bakekaho ko bashobora gutoroka batishyuye (…)
Umucungamari w’Umwarimu SACCO Ishami rya Musanze, Uwankana Marie arasaba abarimu gusaba inguzanyo zo gushora mu mishinga ibyara inyungu kugira ngo bazayikureho amafaranga yo kubaka inzu, kuko inguzanyo yo kubaka inzu gusa ngo itera ubukene.
Umusore w’umunyarwanda Hadi janvier yatwaye igihembo cy’uwagaragaje imbaraga mu guhatana mu isiganwa ku magare rya la Tropicale Amissa Bongo.
Umwana witwa Niyonemera Pélagie w’imyaka 14 y’amavuko arashakisha ababyeyi be nyuma yo guteshwa umuntu ngo wari umujyanye mu Mujyi wa Kigali kumushakira akazi.
Amazu 15 y’abaturage yasambuwe n’umuyaga uvanze n’imvura nyinshi yaguye mu Murenge wa Mayange mu Karere ka Bugesera.
Abagize urugaga rw’abikorera rushamikiye ku muryango wa RPF-Inkotanyi mu Karere ka Ruhango, barahamya ko bumva neza akamaro ko gutanga umusanzu w’umunyamuryango kuko iyo bawutanze wongera ukabagarukira mu bikorwa by’iterambere.
Ubwitabire bwo kuboneza urubyaro mu Karere ka Nyabihu bwarazamutse buva kuri 42% umwaka ushize ubu bukaba bugeze kuri 56%.
Imiryango 378 y’abaturage bo mu Karere ka Rusizi mu Kagari ka Pera, mu Murenge wa Bugarama irasaba ubuyobozi kuyirenganura ku byangombwa by’ubutaka bita ubwabo ariko bukaba bwanditse kuri MINAGRI.
Umugabo witwa Butera Kayitani w’imyaka 41 wari utuye mu Kagari ka Munyarwanda mu Murenge wa Ngoma mu karere ka Rulindo yakubiswe n’abantu bataramenyekana ku wa gatandatu tariki ya 14/02/2015 bituma yitaba Imana.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF) ryamaze kwemeza ko irushanwa rya CHAN rizaba kuva tariki ya 16/01/2016 kugeza tariki ya 07/02/2016 mu gihugu cy’u Rwanda.
Mukagahima Marguerite, umuturage wo mu Mudugudu wa Murambi mu Kagari ka Rwesero ho mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza arashinja ubuyobozi bw’aka karere kumwangiriza imyaka no kumunyuriza umuhanda mu murima batamuteguje.
Umuyobozi w’Akarere ka Gicumbi, Mvuyekure Aléxandre aratagaza ko bafite intego ko umwaka wa 2014-2015 uzasiga abaturage 23% bagezweho n’umuriro w’amashanyarazi.
Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryamaze gutangaza amatariki ndetse n’ikibuga imikino nyafurika yo kwishyura izaberaho.
Nyuma y’uko tariki 16/02/2015 hasohotse urutonde rw’abahanzi 15 bagomba gukomeza bakazakurwamo 10 bazahatanira PGGSS ku nshuro ya gatanu, impaka z’urudaca zirakomeje mu bakunzi ba muzika n’abandi bayikurikiranira hafi.
Umunyarwanda Bonaventure Uwizeyimana w’imyaka 22 yabaye uwa mbere mu gace ka mbere k’irushanwa rizenguruka Gabon ryitwa La Tropicale Amissa Bongo ririmo abakinnyi batarengeje imyaka 25.
Ikigo gishinzwe guteza imbere umwuga w’ibaruramari mu Rwanda (ICPAR) kiratangaza ko gifite gahunda yo kugabanya ibihombo muri leta no mu bigo byigenga, nyuma y’uko kuva cyashingwa mu 2008 kimaze guhugura ababaruramari b’umwuga bagera kuri 300.
Imibare itangwa na Minisiteri y’imicungire y’ibiza n’impunzi (MIDIMAR) iravuga ko kuva tariki ya 11/02 kugeza tariki 16/02/2015 ibiza bitandukanye byahitanye abantu 15 hirya no hino mu gihugu.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryamaze gushyira ahagaragara gahunda nshya y’igihe imikino y’ibirarane izakinirwa.
Ibikorwa byo guhiga ibiyobyabwenge birimo gutanga umusaruro mu Karere ka Kamonyi, ariko abaturage banenga uburyo hari abafatwa bagahita barekurwa badahanwe.
Abaturage bo mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, by’umwihariko abahinzi ba kawa, barishimira ko batazongera kujyana Kawa yabo gutunganyirizwa ahandi nko mu mujyi wa Kigali, kuko ubushobozi bamaze kububona mu murenge wabo.
Nyuma y’ amatsiko menshi abantu bari bategerezanyije urutonde rw’ abahanzi 15 bazitabira ku nshuro ya gatanu irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star 5 (PGGSSV), kuri uyu wa mbere tariki ya 16 Gashyantare 2015, uru rutonde rwashyizwe ahagaragara.
Umutoza w’ikipe ya APR FC, Mashami Vincent afite icyizere cyo kuba yasezerera ikipe ya Liga Muçulmana mu mukino wo kwishyura, nyuma y’uko banganyije mu mukino ubanza.
Ibitaro bitandukanye mu Rwanda biravuga ko bihura n’ikibazo cy’abantu bajya kwivuza bamara gukira bakananirwa kwishura bigatuma bakabigendamo umwenda bikabangamira izindi serivisi zitangirwa kwa muganga. Mu nkuru zicukumbuye zo muri iki cyumweru, Kigali Today irabagezaho uko iki kibazo gihagaze mu ntara zose z’u Rwanda (…)
Ntahombyariye Speciose, wo mu Murenge wa Kintobo mu Karere ka Nyabihu arashima urwego rwa MAJ rwashyireho guha abaturage ubufasha mu by’amategeko kubera ko rwamufashije gusubirana umurima we nyuma y’imyaka 9 yarawambuweho uburenganzira azira kuba umugore.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera buratangaza ko bwihaye intego ko buzagemura ku ruganda rwa Soya rwa Mount Meru Soyco rw’i Kayonza toni 150 kuri iri sarura.
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Anastase Murekezi, asaba abayobozi b’uturere kurushaho kwegera abaturage, kuko kuba haragaragaye ikibazo cy’umwanda n’amavunja byerekana ko abo bayobozi bategera abaturage.
Abahanga imideli (Fashion Designers) bakiri bato, ni ukuvuga abamaze igihe kitari kinini mu mwuga, biyemeje guhindura amateka y’imideli mu Rwanda bakayiha umurongo ndetse bakanibanda ku bigaragaza isura y’u Rwanda koko.
Itsinda ry’abadepite b’Abadage bashinzwe Uburasirazuba bw’Afurika batunguwe no gusanga imibanire y’Abanyarwanda n’Abanyekongo imeze neza, mu gihe bari bazi ko ibibazo by’umutekano muke byagiye bivugwa hagati y’ibihugu byombi byaba byarawangije.
Karangwa Lionel uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Lil G yerekeje muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) kubonana n’umufatanyabikorwa we, ku wa 16/02/2015.
Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) rifatanije na Minisiteri ya Siporo n’umuco batangije amarushanwa y’abatarengeje imyaka 15 (Ferwafa Youth League U15) mu rwego rwo gutegura ikipe y’igihugu Amavubi y’ejo hazaza haba mu bagabo no mu bagore, ndetse no kuzamura impano z’umupira w’amaguru mu gihugu cyose.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rulindo bavuga ko kwizihiza umunsi w’abakundana (Saint Valentin) aba ari ngombwa, ngo kuko abatuye isi bagomba kurangwa n’urukundo bityo bakarushaho kubahana.