Mu masengesho yo gushimira Imana ku byagezweho mu mwaka ushize wa 2014 ndetse no kuyiragiza gahunda z’uyu mwaka wa 2015, Perezida Kagame yasabye Abanyarwanda bose gushingira ku mbaraga bakoresheje kugira ngo bibahe kugira umwaka mushya mwiza.
Guverineri w’intara y’Iburengerazuba, Mukandasira Cartas yahumurije abakozi n’abaturage b’Akarere ka Nyamasheke, nyuma y’uko uwari umuyobozi w’ako yeguye ku mirimo ndetse bamwe mu bakozi bakora mu bijyanye n’ubwisungane mu kwivuza bagatabwa muri yombi.
Abagize amakoperative y’Abatwara abagenzi kuri moto mu Karere ka Rusizi barakangurirwa kwibumbira hamwe mu rwego rwo kunoza umurimo wabo ugakorwa mu buryo bw’umwuga kugira ngo urusheho gukomeza kubateza imbere, bibumbira mu mpuzamakoperative imwe.
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Oda Gasinzigwa arashima umusaruro uri gutangwa na ba Mutima w’urugo barangije Itorero icyiciro cya mbere, agasaba ba mutima w’urugo batangiye icyiciro cya kabiri kuzabyaza umusaruro amasomo bazakura mu itorero.
Ikipe ya Rayon Sports ikinnye umukino wayo wa karindwi nta ntsinzi nyuma yo kunganya na Mukura 0-0 mu mukino w’umunsi wa 13 wa shampiyona, waberaga kuri stade Amahoro kuri iki cyumweru.
Kuva mu kwezi kwa gatandatu umwaka wa 2014, kimwe no mu yandi mashuri yo mu gihugu, mu Karere ka Rulindo hatangijwe gahunda yo kugaburira abana mu bigo by’amashuri, ikaba yarafashije abana benshi cyane abakomoka mu miryango ikennye, aho bavuga ko nta mwana ucyanga kujya ku ishuri kubera ikibazo cy’inzara.
Koperative Umwalimu SACCO yatangiranye ibihombo bibarirwa muri za miliyoni 50 ariko ubu iratangaza ko ihagaze mu nyungu zibarirwa muri Miliyali.
Ihame ry’uburinganire mu ma koperative rikwiye kubahirizwa ku musaruro no kuwushakira isoko, n’inyungu ibonetse ikagera ku babigizemo uruhare bose kuko usanga abagore badahabwa umwanya ngo bisanzure bigatuma habaho no kwitinya.
Itsinda ry’Abasenateri bari muri Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Umutekano muri Sena y’u Rwanda, bakomeje igikorwa cy’ubugenzuzi bw’umutekano wo mu muhanda mu turere dutandukanye tw’igihugu, ari na ko baganira n’inzego zose zirebwa n’iki kibazo kugira ngo hagaragazwe imbogamizi zibitera maze bazakore ubuvugizi (…)
Nyuma y’imyaka igera kuri 14 umuryango Variopinto w’Abatariyani ufasha ahari muri Segiteri ya Tumba, ubu hakaba ari mu Murenge wa Tumba ho mu Karere ka Huye, ubu noneho komini baturukamo ya Limbiante yiyemeje kugirana umubano n’Akarere ka Huye.
Nyuma y’uko umuhanzi Ruhumuriza James uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya King James asubiyemo indirimbo “Ganyobwe” bigateza ibibazo hagati ye n’itorero Abadahigwa ryo mu Murenge wa Cyumba mu Karere ka Gicumbi kuko batari babimuhereye uburenganzira, mu masaha y’igicamunsi yo kuwa 10/1/2015 King James yahuye n’itsinda rigize (…)
Umuyobozi w’Intara y’Iburengerazuba, Mukandasira Cartas arasaba abayobozi b’inzego z’ibanze mu Karere ka Rusizi kudacibwa intege na bamwe mu bayobozi b’akarere bafunzwe bakekwaho ibyaha bitandukanye birimo iby’impapuro mpimbano.
Bamwe mu baturage batuye mu bice bitandukanye bigize Akarere ka Gakenke bavuga ko batishimira uburyo bahabwa serivisi z’ubuvuzi mu Bitaro bya Nemba bakoresheje ubwisungane mu kwivuza (MUSA), kuko bemeza ko basuzumwa nyuma bakandikirwa kujya gushaka imiti hanze kandi iba ihenze kurusha uko bayibonera kwa muganga dore ko baba (…)
Bamwe mu bana bo mu Karere ka Rulindo basanga kuba ubuyobozi bwarashyizeho ibigo byigisha ikoranabuhanga byarabafashije, kuko babasha kwiga ikoranabuhanga bakiri bato bityo bikazabafasha mu masomo biga no mu buzima bwabo.
Abagabo bane bo mu Kagari ka Kaguriro mu Murenge wa Mushonyi ho mu Karere ka Rutsiro bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Kayove iherereye mu Karere ka Rutsiro bakurikiranyweho kunyereza Sima yagombaga kubakishwa ivuriro.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo, Lambert Mende, kuwa gatanu tariki 09/01/2015 yatangaje ko Leta ya Kongo-Kinshasa izambura intwaro umutwe wa FDLR igihe kiyinogeye itazabikora ku gitutu cy’umuryango mpuzamahanga.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru buratangaza ko abaturage bakoresha ifumbire mu buhinzi bwabo bakiri bake, hakaba hari ingamba zo kurushaho kubakangurira kuyikoresha ndetse no kurushaho kuyibegereza.
Umugabo witwa Nzamuranga Jean wavutse mu 1946 utuye mu Mudugudu wa Rutaragwe mu Kagari ka Rugari mu Murenge wa Macuba mu Karere ka Nyamasheke, yasabiwe gufungwa iminsi 30 by’agateganyo nyuma yo gushinjwa gutema umugore we n’umuhoro.
Kuri uyu wa gatandatu tariki 10/1/2015 ku kibuga cya Kimisagara hatangijwe irushanwa ry’umukino wa Handball, Impano n’Impamba Handball Trophy,ryateguwe hagamijwe kongera amarushanwa muri uyu mukino ndetse no gushakisha impano mu bakiri bato.
Ku mupaka uhuza akarere ka Rubavu mu ntara y’Iburengerazuba n’umujyi wa Goma muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, hafatiwe ihene zigera kuri 700 zifungiye mu ibagiro rya Kijyambere rya Rubavu zenda kujyanwa mu mujyi wa Goma.
Umunsi wanyuma w’igice kibanza cya shampiyona y’icyiciro cya mbere usize APR FC ikiyoboye urutonde rw’agateganyo, nyuma yo kuva inyuma igatsinda Sunrise 3-1 kuri uyu wa gatandatu, mu gihe As Kigali ya kabiri yari irimo inyagiririra Kiyovu Sports i Nyamirambo ibitego 4-1.
Abakobwa batanu bahagarariye intara y’amajyaruguru mu marushanwa ya Nyampinga w’u Rwanda 2015, bamenyekanye ku wa gatandatu tariki 10/1/2015, mu muhango wo kubatoranya wabereye mu mujyi wa Musanze.
Abantu baandatu bo mu kagali ka Shonga umurenge wa Tabagwe bari mu maboko ya Polisi station ya Nyagatare bakekwaho gusenyera abavandimwe babiri babashinja amarozi.
Ministeri y’ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI) ibinyujije mu mushinga wayo witwa PSP ukorana n’abahinzi na za banki, yashyizeho amafaranga angana na miliyoni 36 z’amadolari y’Amerika y’impano ku bahinzi, ndetse yiyemeza gaharanira ko abahinzi baba ab’umwuga, bagatanga umusaruro mwinshi ushoboka kandi ufite ireme.
Minisitiri w’Ibikorwa remezo, James Musoni arizeza Abanyarwanda ko ikirari cya Rusumo gihuza u Rwanda na Tanzania kigiye kwihutisha ubucuruzi n’indi mirimo ifitiye ibihugu byombi akamaro.
Abaturage bo mu karere ka Gatsibo mu murenge wa Kabarore barishimira kuba barahawe inka, bakaba bagiye kugabira bagenzi babo kugira ngo nabo bikure mu bukene. Ubuyobozi bw’ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuinzi n’ubworozi (RAB), bukaba busaba abaturage gukokomera ku muco wo kugabira.
Abayobozi bo mu ntara y’Amajyepfo banyagiye ibitego 3-0 abanyamakuru bahakorera, mu mukino w’umupira w’amaguru kuri stade y’akarere ka Nyanza ku mugoroba wo ku wa gatanu tariki 9/1/2015.
Nyuma y’uko abagize komite ngenzuzi ba Koperative Umwalimu SACCO bagaragajeko bifuza gushyirirwaho amabwiriza yandintse agenga urwego rw’izi Komite n’abakozi b’Umwalimu SACCO, ubu aya mabwiriza azasohoka muri uku kwezi.
Kuva abagize urwego rwunganira akarere mugucunga umutekano (DASSO) batangira gukorera hirya no hino mu mirenge byinshi byagiye bihinduka, by’umwihariko ibijyanye n’umutekano kuko usanga hari ibyaha byinshi bikorerwa munsi mu mudugudu byagabanutse.
Abikorera bo mu karere ka Kirehe barishimira gahunda y’itorero ry’igihugu yabashyiriweho, bakizera ko bazunguka byinshi ku bijyanye n’indangagaciro z’Umunyarwanda baharanira kunoza imikorere yabo.
Abakora umwuga w’uburobyi mu karere ka Rusizi bavuga ko umwuga w’uburobyi bukorerwa mu ikiyaga cya kivu witabirwa n’abagabo gusa, biterwa n’uko ako kazi gasaba imbaraga nyishi n’ubugenge abagore bikaba bitaborohera.
Ubuyobozi bw’Ishuri Rikuru ry’Ubumenyingiro, INES-Ruhengeri (Institute of Applied sciences) butangaza ko bwashatse ibikoresho bihagije n’abarimu bagomba gutegura abanyeshuri bakarangiza bafite ubumenyi n’ubushobozi bukenewe ku isoko ry’umurimo kugira ngo bagire umusanzu batanga mu gukemura ibibazo by’igihugu.
Abanyarwanda 25 bagizwe n’imiryango irindwi bageze mu nkambi ya Nyagatare iherereye mu karere ka Rusizi mu ntara y’Iburengerazuba, batangaje ko bishimiye kuba bongeye kugaruka mu gihugu cyabo bakava mu mashyamba ya Congo aho bari bamaze igihe kirekire.
Amakoperative y’urubyiruko akorera mu mu mujyi wa Kigali yasinyanye imihigo n’ubuyobozi bw’umujyi yo gukomeza kubungabunga isuku mu busitani butanfukanye buri mu mujyi wa Kigali.
Umutoza w’ikipe ya Mukura VS Okoko Godefroid atangaza ko ikipe ye yizeye gushimisha abakunzi bayo, ku mukino w’umunsi usoza igice kibanza cya shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru.
Kuva kuri uyu wa kane tariki 8/1/2015 kugeza kuwa gatanu tariki 9/1/2015 abanyamakuru b’imikino mu Rwanda barimo bahabwaga amahugurwa abongerera ubumenyi ku mukino w’amagare.
Bayern Munich ifite abakinnyi bane mu gihe shampiyona y’Abongereza yo ifite umukinnyi umwe mu ikipe y’abakinnyi 11 bigaragaje kurusha abandi ku mugabane w’u Burayi muri 2014 twasoje.
Amakuru twizeye aremeza ko Kayumba Bernard wahoze ayobora akarere ka Karongi kugera tariki ya 08/01/2015 yatawe muri yombi na polisi y’u Rwanda ku gicamunsi cyo kuwa 09/01/2015.
Umuyobozi mushya uhagarariye ibihugu 22 birimo u Rwanda mu nama y’ubutegetsi ya Banki y’isi, Dr Louis René Peter Larose, arishimira ko u Rwanda rugendera ku cyerekezo 2020 ndetse akaba yijeje ko iyo Banki izakomeza kurufasha kukigeraho.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke bwasabye abakozi 336 bose bo mu karere kugaragaza impanduka nyazo mu kazi gashya bahawe nyuma y’uko hakozwe amavugurura y’abakozi ba Leta.
Gashugi Céléstin utuye mu Mudugudu wa Rebezo, Akagari ka Mahango mu Murenge wa Kibungo mu Karere ka Ngoma avuga ko ibiti 30 bya Makadamiya yahinze bimuha amafaranga ahoraho buri kwezi atajya munsi y’ibihumbi 80.
Santere ya “Ndabanyurahe” iri mu Kagari ka Kanyamwumba mu Murenge wa Nyange ho mu Karere ka Musanze, uyinyuramo ugana mu Murenge wa Kinigi uhana imbibi na Pariki y’Ibirunga.
Ku bufatanye bwa Polisi y’igihugu n’abaturage b’Akarere ka Nyagatare hagiye kubakwa ibyumba by’amashuri 24 ndetse n’ubwiherero.
Mukangango Melanie utuye mu Kagari ka Muyira mu Murenge wa Manihira ho mu Karere ka Rutsiro ahangayikishijwe n’uburyo azishyura inguzanyo yari yaratse mu murenge SACCO nyuma y’uko yibwe n’abajura bapfumuye Butiki yacururizagamo, kuwa gatatu tariki ya 07/01/2015.
Leta y’Ubuyapani, iratangaza ko igiye gukanguurira abikorera bo mu gihugu cyabo kuza gushora imari mu rugaga rw’abikorera bo mu Rwanda.
Igr AK Verma, umugabo wo mu gihugu cy’Ubuhinde, kuwa 8/1/2015 yirukanywe ku kazi nyuma y’imyaka 24 yari amaze atagakandagiraho uhereye mu 1990. Guverinoma y’Ubuhinde ikaba yatangaje ko iki gihe cyose Verma yahoraga yongeresha ikiruhuko ariko akaba atari yakigeze abihererwa igihano na kimwe.
Urubyiruko rugera kuri 14 rukomoka mu bihugu bitandukanye bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) ruratangaza ko amasomo ruri kwigira mu Rwanda ari impamba ikomeye izabafasha kujya gusakaza amahoro iwabo bagendeye ku byo babonye mu Rwanda.
Ikamyo ya Bralirwa yo mu bwoko bwa Mercedes Benz yakoreye impanuka mu mujyi wa Nyanza ihaparitse igwira imodoka yari hafi yayo irayangiza ku buryo bukomeye ndetse n’amagaziye y’inzoga yari ihetse asaga 1300 aramenagurika.
Ibiyobyabwenge bifite agaciro k’amafaranga miliyoni 4 n’ibihumbi 59 byamenwe kuri uyu wa 08/01/2015 mu murenge wa Gatunda mu karere ka Nyagatare. Abaturage bakaba basabwe kubyirinda kuko uretse kwangiza ubuzima bwabo ababicuruza bibatera ibihombo ndetse n’igifungo.
Abantu batatu bagwiriwe n’ikirombe gicukurwamo amabuye yo kubakisha kiri mu Mudugudu wa Rebero mu Kagari ka Mugorore mu Murenge wa Juru mu Karere ka Bugesera maze umuntu umwe ahasiga ubuzima.