Abagize koperative “ IWACU HEZA” yo mu Karere ka Musanze bafata amacupa yashizemo amazi bakayakuramo imitako n’ibindi bikoresho bikabaha amafaranga.
Abacamanza b’inkiko nkuru mu Rwanda batangiye umwiherero ushyiraho imyumvire imwe ku mategeko atuma bamwe batsinda abandi bagatsinda hakoreshejwe itegeko rimwe.
Igitaramo cyo kumurika album “Adam & Eva” ya Urban Boys cyagombaga kubera mu Mujyi wa Huye muri Hotel Credo kuri uyu wa Gatandatu tariki 3 Ukuboza 2016 cyasubitswe.
Indege nini yo mu bwoko bwa Airbus 330-300 y’ikompanyi nyarwanda itwara abagenzi mu ndege RwandAir, yageze i Kigali ku mugoroba wo kuri uyu wa kane tariki ya 01 Ukuboza 2016.
Abanyeshuri biga mu ishuri rikuru ry’Ubumenyingiro IPRC Kigali barasaba ko hagira igikorwa kugira ngo ururimi rw’Ikinyarwanda rukomeze kuvugwa neza kandi rukomeze guhuza Abanyarwanda.
Minisiteri y’ubuzima irahamagarira abanyarwanda bataripimisha SIDA, kwipimisha bakamenyua uko bahagaze, kuko byagaragaye ko abagore 24%, n’abagabo 16% bataripimisha.
Edouin Sabuhoro ufasha abahoze ari ba Rushimusi gusubira mu buzima busanzwe, avuga ko yabitewe n’ubukene yakuriyemo bituma yiyemeza gufasha abandi.
Aborozi bo hirya no hino mu gihugu bavuga ko ubuke bw’amakusanyirizo y’amata, butuma kuyageraho bibafata umwanya munini, amata akangirikira mu nzira ntagurwe.
Mu Rwanda hatangijwe uburyo bushya bw’ikoranabuhanga bwo gukurikirana ibijyanye n’amategeko ndetse n’amabwiriza yo mu bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC).
Richard Sezibera yahigitse bagenzi be bahataniraga umwanya wo gusimbura Senateri Mucyo Jean de Dieu witabye Imana.
Umuririmbyi Tom Close atangaza ko indirimbo yise “Ferrari” yashyize hanze, ayiririmba agira inama abakundana kutagendera ku mafaranga cyangwa ubutunzi.
Indege nini yo mu bwoko bwa Airbus 330-300 y’ikompanyi nyarwanda itwara abagenzi mu ndege RwandAir, yageze i Kigali ku mugoroba wo kuri uyu wa kane tariki ya 01 Ukuboza 2016.
Abahinga ibigori na Soya mu Karere ka Gatsibo, batangaza ko bagifite imbogamizi zituma ubuhinzi bwabo budatera imbere nk’uko babyifuza.
Ikipe ya Rayon Sports yatangije uburyo bwo gukusanya amafaranga yo kugura rutahizamu Amiss Cedrick binyuze kuri telefoni zigendanwa
Mastola, ukora akazi ko gutunganya umuziki avuga ko afite inzozi zo guhindura imikorere y’umuziki wo mu Rwanda ukagera ku rundi rwego.
Porogaramu ya telefoni ifasha ababyeyi gukurikirana abana babo ku ishuri yahimbwe n’Abanyarwanda, yahawe igihembo mpuzamahanga kubera uburyo izongera ireme ry’uburezi.
Ikigo Iriba ry’umurage ndangamateka, kirasaba Abanyarwanda kwandika no kwibikira amateka ubwabo kuko ngo hari menshi akibitswe n’abakoronije u Rwanda.
Umusore w’imyaka 27 acumbikiwe kuri Station ya Polisi ya Muhoza mu Karere ka Musanze, ashinjwa kwiyita umunyamakuru wa Kigali Today, akabikangisha abaturage abambura.
Ikigo cy’Igihugu giteza imbere imyuga n’ubumenyingiro (WDA) cyatumye bamwe mu bakobwa biga ubumenyingiro, kujya gukangurira bagenzi babo kwiga gukora imirimo y’ingufu.
Umugore witwa Nyiranzabona Julienne wo mu Murenge wa Muyumbu muri Rwamagana yatawe muri yombi ashinjwa kwicisha umugabo we witwa Ndabateze Mathias.
Abahinga umuceri mu kibaya cya Bugarama mu karere ka Rusizi, bahangayikishijwe n’uburwayi bw’Ikivejuru bumaze imyaka irenga itandatu buteye icyo gihingwa.
Minisiteri y’Ubucuruzi, Inganda n’Ibikorwa by’Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba mu Rwanda irahamagarira ibihugu by’Afurika kwihutisha iterambere ry’inganda.
Abanyamakuru bakorera ibitangazamakuru bitandukanye mu Rwanda barakangurirwa gukoresha imibare n’ibishushanyo mu nkuru bakora kugira ngo zirusheho kuba inyamwuga.
Bamwe mu bafite amasambu yakoreshejwe mu gutunganya umushinga wo kuhira imyaka mu karere ka Ngoma, baravuga ko watashywe ku mugaragaro batarishyurwa.
Kaminuza y’Ubukerarugendo n’Ubucuruzi (UTB) yateguye igikorwa cyo guhuza abahize kuva yatangira kugira ngo babashe kwishyira hamwe banagire uruhare mu itarambere ry’umwuga wabo.
Ibihugu bya Afurika bigiye gukurikiza umwimerere w’u Rwanda mu gushyiraho ibigo byita ku bagore n’abakobwa bahuye n’ihohoterwa, ‘Isange One Stop Centers’.
Umuvugizi w’Ingabo z’ u Rwanda Lt Col René Ngendahimana, atangaza ko nta nyungu u Rwanda ruteze mu rupfu rw’ Umujyanama wa Perezida w’ u Burundi mu by’itangazamakuru Willy Nyamitwe.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yageze muri Gabon aho yitabiriye inama y’umuryango w’ubukungu uhuza ibihugu by’Afurika yo hagati (ECCAS), yibanda ku mahoro n’umutekano.
Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda buratangaza ko bwatangiye gukurikirana bamwe mu bari abayobozi muri Leta no muri Guverinoma y’Ubufaransa, bakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Umuhanzi Niyitegeka Gratien uzwi nka Seburikoko atangaza ko adatewe ipfunwe no kuba agize imyaka 38 y’amavuko atarashaka umugore.
Novartis, uruganda rwo mu Busuwisi rukora imiti, rugiye kujya rugeza imiti ya Kanseri, indwara z’umutima, indwara z’ubuhumekero na diabeti mu Rwanda, kuri make.
Minisitiri w’Intebe, Anastase Murekezi arakangurira Abanyarwanda bose gutinyuka uburyo bushya bwo guteka hakoreshejwe Gaz kuko Leta yamaze gukuraho imisoro yayo.
Mu Rwanda hagiye gutangizwa ikigo cyubahiriza amategeko agenga ubucuruzi mu rwego rwo kurengera umuguzi.
Irushanwa ikipe ya Rayon Sports yagombaga kwitabira ryari riteganyijwe kubera muri Tanzania guhera mu kwezi gutaha ryamaze gusubikwa
Kuri iki cyumweru taliki ya 04 Ukuboza 2016, kuri Stade Amahoro haratangira Shampiona y’umukino wa Basketball mu Rwanda, aho imikino ibanza izasozwa taliki ya 04 Werurwe 2017
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi butangaza ko kwirengagiza gahunda yo guhunika imyaka kw’abahinzi, bishobora kuzateza inzara muri aka Karere.
Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro, Ayinkamiye Emmerance avuga ko kwandikisha umwana mu bitabo by’irangamimerere ari bumwe mu buryo bwo kumuha agaciro ke.
Abaturage bo mu Murenge wa Musha mu Karere ka Rwamagana bitabiriye amatsinda yo kwizigama, baravuga ko batangiye bazigama igiceri k’ijana kikabafasha kubona inguzanyo isaga miriyoni.
Nyuma y’imvune yagiriye ku mukino wahuje Rayon Sports na Bugesera, Manzi Thierry ntazajyana n’ikipe ye mu marushanwa azabera muri Tanzania ukwezi gutaha
Abafana batandukanye ba Kirehe FC batangaza ko bababajwe no kuba bataremerewe kwinjira mu mukino wahuje ikipe yabo na SC Kiyovu.
Abaturage bo mu karereka Rwamaga mu muganda usoza ukwezi kwa 11 bakoze igikorwa cyo gutera ibiti ibihumbi 15 kubuso bwa hegitari esheshatu basabwa kubibungabunga.
Abatuye Ngoma baravuga ko Umushinga wo kuhira imyaka kuri hegitari 300 wagejejwe mu murenge wa Rurenge na Remera uzongera umusaruro.
Abana bafashwa n’ Umuryango Imbuto Foundation basabwe kurangwa n’imyitwarire myiza, ari yo nkingi izabafasha kugera ku byo igihugu kibifuzaho.
Abaturage basaga 40 mu Karere ka Nyamasheke bararira ayo kwarika kubera amafaranga bita intica ntikize bahabwa ku mitungo yabo yangijwe n’imihanda ikorwa.
Mu bushakashatsi Transparency international Rwanda yashyize ahagaragara, yagaragaje ko abaturage berekanye ko hari imishinga myinshi ibakorerwa batabigizemo uruhare.
Ihohoterwa rikorerwa abagore, abakobwa n’abana riracyagaragara muri Afurika, ari yo mpamvu abantu bahagurukiye kurirwanya.
Abasirikare 24 bakomoka mu bihugu bigize Umuryango w’Africa y’Iburasirazuba (EAC) batangiye kwiyungura ubumenyi mu byo kubungabunga amahoro muri ibi bihugu.
Mu ihuriro ry’urubyiruko 2400 rusengera mu idini ya Gatolika rwaturutse mu bihugu bine bihana imbibe n’u Rwanda, rwasabwe kurangwa n’ibikorwa by’urukundo.
Abagezweho na gahunda yo kurwanya indwara y’igicuri mu Karere ka Rutsiro biyemeje gusobanurira bagenzi babo bacyumva ko iterwa n’amashitani.