Perezida Kagame arimo gusura abaturage mu Majyaruguru no mu Burengerazuba by’u Rwanda

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ageze mu Karere ka Gakenke mu Ntara y’Amajyaruguru aho agiye gusura abaturage b’aka karere no kuganira na bo.

Ahagana saa tanu n’iminota 40 zo kuri uyu wa Kane, tariki 24 Werurwe 2016, ni bwo Perezida Kagame ageze ahateraniye abaturage b’aka karere biteguye kumwakira, atangira abasuhuza.

Abaturage ba Gakenke baha ikaze Perezida Kagame (Photo @UrugwiroVillage).
Abaturage ba Gakenke baha ikaze Perezida Kagame (Photo @UrugwiroVillage).

Umuyobozi w’Akarere ka Gakenke, Nzamwita Deogratias, mu ijambo ryo kwakira Umukuru w’igihugu, amushimiye ko yafashije aka karere kubaho no gutera imbere; aho yagakuye "ibuzimu" akagashyira "ibuntu".

Mu byo Nzamwita ashimiye Perezida Kagame, harimo kuba yarahagaritse intambara y’abacengezi yigeze kwibasira aka karere kimwe n’utundi two mu Ntara y’Amajyaruguru.

Aha Perezida Kagame yari ageze i Gakenke, aho aganirira n'abaturage.
Aha Perezida Kagame yari ageze i Gakenke, aho aganirira n’abaturage.
Abaturage b'Akarere ka Gakenke bakiriye Perezida Kagame.
Abaturage b’Akarere ka Gakenke bakiriye Perezida Kagame.
Aha ni mu Karere ka Gakenke.
Aha ni mu Karere ka Gakenke.

Perezida Kagame mu Karere ka Musanze yerekeza i Rubavu

Nyuma yo gusura Akarere ka Gakenke, Perezida Kagame yakomereje uruzinduko rwe mu Karere ka Rubavu. Aha yari ahagazeho gato ngo asuhuze abaturage.

Perezida Kagame yasuye abaturage bo mu Ntara y'Amajyaruguru (Photo @UrugwiroVillage).
Perezida Kagame yasuye abaturage bo mu Ntara y’Amajyaruguru (Photo @UrugwiroVillage).
Bari bamwishimiye cyane.Bari bamwishimiye cyane (Photo @UrugwiroVillage).
Bari bamwishimiye cyane.Bari bamwishimiye cyane (Photo @UrugwiroVillage).
(Photo @UrugwiroVillage)
(Photo @UrugwiroVillage)
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 7 )

Uri Impano Imana Yaduhaye.

Pasi yanditse ku itariki ya: 24-03-2016  →  Musubize

Nyakubahwa Umukuru Wigihugu Cyacu Turamwishimiye Cyane Hano Mukarere Kagakenke Kdi Turamushimira Byinshi Yadufashije Nkoguhagarika Intambara Yabacengezi Nibindi Bitandukanye. Aragahoranimana Kdi Akomeze Urugendo Rwiza Irubavu.

ALICE yanditse ku itariki ya: 24-03-2016  →  Musubize

Turamwakiriye Rubavu.Wenda yakemura ikibazo cy’isoko rya Rubavu rimaze imyaka n’imyaniko ryarahagaze kubakwa.
Alain.

bebe yanditse ku itariki ya: 24-03-2016  →  Musubize

Nyakubahwa Mukuru w ’ igihugu cyacyu turakwishimiye Imana yakuduhaye ukurinde mu ngendo zawe zose urimo uyu munsi n’itekaryose. Gusa Rubavu uzadukemurire ikibazo cy ’ isoko ryacyu, icy’abimurwa ku kibuga cy’indege, nikibazo cy’ibagiro rya COADU ryahindutse ikigega cya Perezida waryo Mbanjimbere, wanze kuva kubutegetsi akanyunyusa abanyamuryango, kuburyo rimaze imyaka igera kuri irindwi nta faranga umunyamuryango abona we tubana amazuji

Habimana yanditse ku itariki ya: 24-03-2016  →  Musubize

Nyakubahwa Mukuru w ’ igihugu cyacyu turakwishimiye Imana yakuduhaye ukurinde mu ngendo zawe zose urimo uyu munsi n’itekaryose. Gusa Rubavu uzadukemurire ikibazo cy ’ isoko ryacyu, icy’abimurwa ku kibuga cy’indege, nikibazo cy’ibagiro rya COADU ryahindutse ikigega cya Perezida waryo Mbanjimbere, wanze kuva kubutegetsi akanyunyusa abanyamuryango, kuburyo rimaze imyaka igera kuri irindwi nta faranga umunyamuryango abona we tubana amazuji

Habimana yanditse ku itariki ya: 24-03-2016  →  Musubize

Nibyiza Kandi Birashimishije, Gusa Ntibisanzwe Aho Umuyobozi Mukuru Wigihugu Acabugufi Asanga Abaturage Bakaganira Bakamwisanzuraho, Bagateta Nkuko Umwana Atetera Kubibero Bya Nyina, Natwe Mu Karere Ka Ngoma Turamwifuza, Dufite Inyota Yo Kuramukanya Nawe Nokumugisha Inama Mwiterambere Ryakare Kacu, Haraho Twageze Ariko Turashaka Kongera Nokurenzaho. Imana Imwongerere Imigisha.

Jean Paul yanditse ku itariki ya: 24-03-2016  →  Musubize

Imvugo Nibe Ingiro.Natwe IRubavu Turamwiteguye Umunsi W’ejo.Gakenke Bagire Umunsi Mwiza!

Hitayezu Daniel yanditse ku itariki ya: 24-03-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka