Imiryango itanu itishoboye yo muri Ngoma na Rwamagana, nyuma yo guhabwa inzu n’abanyamuryango ba FPR Inkotanyi, iratangaza ko iyi Noheli ari ibyishimo byinshi.
Abaturage batandukanye batangaza ko umunsi mukuru wa Noheli batari buwizihize uko babyifuza kuko usanze bari mu bukene.
Ihuriro ry’amadini n’amatorero akorera mu murenge wa Rukoma muri Kamonyi ryahaye ibiribwa imiryango 12 y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, mu rwego rwo kubafasha kwizihiza Noheli n’Ubunani.
Umukino wagombaga guhuza Pépinière na AS Kigali ntiwabaye nyuma y’aho iyi kipe ya Pépinière yanagombaga kwakira uyu mukino ibuze ku kibuga
Abaririmbyi bo mu Rwanda, Charly na Nina, bageze i Bujumbura mu Burundi aho bagiye gutaramira Abarundi ku munsi mukuru wa Noheli.
The Ben, umuririmbyi wo mu Rwanda uba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yageze i Kigali aho aje mu gitaramo cya "East African Party".
Abaturage bari batuye mu manegeka muri Nyabihu na Musanze batangaza ko banejejwe no kuba barubakiwe inzu z’icyerekezo bakaba batazongera guhura n’ibiza.
Sosiyete itwara abagenzi mu ndege, RwandAir, yahaye abana bafite ubumuga bo mu murenge wa Kanombe ibikoresho bifite agaciro ka miliyoni 40Frw.
U Rwanda na Congo Brazzaville byashyize umukono ku masezerano yemerera ibigo by’ubwiteganyirize bw’abakozi muri buri gihugu, kohererezanya amafaranga y’ubwiteganyirize bw’izabukuru.
Korali Ijuru ibarizwa kuri Katedarali Gatolika ya Butare i Huye, iri gutegura igitaramo kigizwe n’indirimbo za Noheli kizafasha abanyahuye kuryoherwa n’uwo munsi mukuru.
Minisitiri w’Umuco na Siporo, Julienne Uwacu atangaza ko guhera muri 2017 amashuri agiye kujya yigisha ibijyanye n’umuco Nyarwanda kugira ngo abana bakurane ubumenyi bufite umuco.
Ubuyobozi bw’ Akarere ka Nyamasheke buvuga ko abana bagera ku 3080 bakize indwara ziterwa n’imirire mibi mu gihe cy’imyaka itatu.
Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) gitangaza ko hari abacuruzi 770 cyishyuza imisoro ku nyongeragaciro (TVA), bakazayishyura baciwe n’amande.
Umuhanzi Mani Martin yateguye igitaramo cyo guha impano ya Noheli abana n’ababyeyi, abacurangira umuziki w’imbona nkumve (Live).
Abaforomo n’ababyaza bavuga ko bakiri bake bikababangamira mu kazi kabo kuko ngo bituma bakora amasaha menshi bikabavuna.
Abana babiri b’abakobwa bafashwe ku ngufu na se ubabyara n’umuryango ufite umwana wasambanyijwe na musaza we, bahawe inzu na Polisi y’u Rwanda.
Mu rwego rwo kuvumbura impano y’imikino mu bana bari munsi y’imyaka 17, abanyeshuri bagera kuri 608 bahurijwe mu Ishuri rya siyansi rya Byimana, hagamijwe kubafasha kugaragaza impano zabo.
Umwe mu myanzuro 12 y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 14, ugaruka ku kugena igihe ntarengwa u Rwanda ruzagera ku rwego rwo kwihaza mu ngengo y’imari.
Minisitiri w’ubuzima Diane Gashumba yemereye abajyanama b’ubuzima b’i Kinazi n’i Rusatira mu Karere ka Huye ko bazafashwa kugira amashanyarazi mu ngo zabo.
Kuba abatuye mu murenge wa Mugunga bamaze igihe kirenga amezi atandatu batarakorerwa ikiraro byatumye havuka umutwe witwa ndakwemera ubafasha kwambuka.
Nyuma ya Tombola yabereye mu Misiri ku cyicaro Gikuru cy’impuzamashyirahamwe y’ umukino w’Umupira w’amaguru ku mugabane w’Afurika CAF, kuri uyu wa 21 Ukuboza 2016, APR FC na Rayon Sport FC zamaze kumenya amakipe mu marushanwa Nyafurika
Abaturage bo mu murenge wa Nyamyumba muri Rubavu, batakambiye Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba ngo abakemurire ikibazo cy’amakimbirane y’ubutaka, abasuye arababura.
Abamotari bo mu Karere ka Bugesera barasaba ubuyobozi bw’Akarere kugabanya amande y’ikirenga bubaca, igihe bakerewe gutanga umusoro w’aho baparika.
Polisi y’u Rwanda yasubije umukongomani imodoka yo mu bwoko bwa Fuso itwara imizigo, yari yarariganyijwe n’ abagande bayimugurishije.
Abatuye mu Karere ka Gakenke barantagaza ko ibiza bahuye nabyo byakomye mu nkokora imyiteguro y’iminsi ya Noheri n’Ubunani kubera inzara byabateje.
Ubuyobozi bw’ishuri ribanza rya Mukiza,mu murenge wa Mukindo akarere ka Gisagara buratangaza ko mu mwaka utaha nta shuri rizongera kurenza umubare w’abanyeshuri.
Abatuye Umudugudu wa Bibundu, Akagari ka Bukinanyana, Umurenge wa Cyuve muri Musanze batangaza ko babangamiwe n’urusaku ruva mu rusengero ruhubatse.
Uruganda rw’imodoka rwa Volkswagen rwo mu Budage rwasinyanye amasezerano n’u Rwanda azatuma umwaka wa 2017 uzasiga hari imodoka zarwo zateranyirijwe mu Rwanda.
Abakoresha umuhanda Kazo-Rwagitugusa batangaza ko banejejwe no kuba uwo muhanda uri gukorwa nyuma y’umwaka wari ushize warangiritse udakoreshwa.
Abanyarwandakazi bakora ubucuruzi bifuza ko hashyirwaho ihuriro mu rwego rw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba(EAC), bacishamo ibitekerezo bakavugiramo n’ibibazo bahura na byo.
Abatuye akagali ka Cyasemakamba Umurenge wa Kibungo mu Karere ka Ngoma barasaba ubuyobozi ko bwabakemurira ikibazo cy’inkende ibarira amatungo ikanabiba ibyo kurya.
Ikipe y’u Rwanda ya Handball y’abatarengeje imyaka 20 itsinze iya Uganda ihita ibona itike yo gukina igikombe cy’Afurika kizabera muri Gabon muri Werurwe 2017.
Babifashijwemo n’ikigo SACCA abana babaga mu muhanda, bari imbata y’ibiyobyabwenge bahamya ko nyuma yo kubona ububu bwabyo bakabireka biteje imbere.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi buravuga ko mu mafaranga y’inguzanyo yatanzwe muri gahunda ya VUP atarishyurwa harimo nayatwawe n’abakozi b’akarere.
Leta y’u Rwanda n’uruganda rwa Volkswagen rwo mu Budage rukora amamodoka, baragirana amasezerano agamije kwemerera urwo ruganda gutangira kujya ruteranyiriza imodoka mu Rwanda.
Amahoteli yo mu Rwanda yiyemeje kujya agura ibirirwa byahinzwe n’Abanyarwanda aho kubitumiza hanze nkuko byari bisanzwe.
Abamotari basaba ko amafaranga y’amahoro ya Parikingi yagenwe n’Inama Njyanama y’Akarere ka Kamonyi yagabanywa kuko ari menshi ariko ubuyobozi bwo butabikozwa.
Abaturage b’akagari ka Shyanda mu murenge wa Save akarere ka Gisagara baravuga ko kutemererwa guhinga ibijumba byabateje inzara.
Minisitiri w’uburezi, Dr Musafiri Malimba Papias yanenze ubushakashatsi bukorwa n’amashuli makuru na kaminuza bugahera mu bubiko butageze ku baturage bwakorewe.
Urwego rw’umuvunyi mu Rwanda rutangaza ko gutanga no kwakira ruswa byabaye icyaha kidasaza kuburyo ugikoze yabiryozwa igihe icyo aricyo cyose.
Kaminuza y’Abadivantisiti b’Abalayiki (UNILAK) yahaye impamyabushobozi abarangije kuyigamo babarirwa muri 2143 mu mashami atandukanye.
Ikipe y’u Rwanda ya Handball y’abatarengeje imyaka 20, yakatishije itike yo gukina umukino wa nyuma uzaba ku wa gatatu tariki ya 21 Ukuboza 2016.
Umunyamuryango wa banki ya Zigama CSS uzajya apfa afite inguzanyo itarenga miriyoni 25Rwf, zizajya zishyurwa na banki mu korohereza umuryango we.
Umuryango “IBUKA” uharanira inyungu z’abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, wamaganiye kure irekurwa rya Nahimana Ferdinand na Rukundo Emmanuel bahamwe n’icyaha cya Jenoside.
Abakoresha umuhanda Musanze-Cyanika batangaza ko banejejwe no kuba waratangiye gusanwa kuko wari waracitsemo ibinogo bikabangamira ingendo bigateza n’impanuka.
Abaturage bo mu karere ka Burera baratangaza ko kurwara ukarembera murugo babiheruka mbere y’imyaka itanu ishize, bataregerezwa ibigo nderabuzima bihagije.
Minisitiri w’umutungo kamere Dr Vincent Biruta yasabye abashinzwe kugena agaciro k’ umutungo utimukanwa, kurangwa n’indangagaciro z’ubunyangamugayo no kuba abanyamwuga mu guhesha agaciro akazi bakora.