Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Munyantwari Alphonse arakangurira abayobozi b’uturere tugize iyo ntara gukorera hamwe nk’abagize ikipe y’abatwara amagare bari mu marushanwa.
Indege yo mu bwoko bwa Boeing B737-800NG y’ikompanyi itwara abagenzi RwandAir iragera mu Rwanda kuri uyu wa gatatu tariki ya 16 Ugushyingo 2016.
Valens Ndayisenga ni we wegukanye agace ka Kigali-Karongi ka Tour du Rwanda, ahita yegukana "Maillot Jaune" ihabwa umukinnyi uyoboye urutonde rusange
Ababyeyi b’abana 48 bafite ubumuga bw’ingingo bahawe amagare mu Karere ka Gatsibo, baributswa kuyafata neza, akabafasha kwita kuri aba bana.
Ikigo gishinzwe gucunga no guteza imbere ibigega by’umugabane ku ishoramari, Rwanda (RNIT), kirakangurira abantu kwizigamira bashora imari mu kigega RNIT Iterambere Fund.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere tariki ya 14 Ugushyingo 2016, imodoka ya Land cruiser ifite Plaque IT259 RE yagonze umuryango w’ abantu bane irabahitana.
Perezida Paul Kagame na Madame Jeannette Kagame bari muri Moroc, i Marrakesh aho bitabiriye inama ya 22 y’Umuryango w’Abibumbye yiga ku mihindagurikire y’ikirere (COP 22)
Abarangije kaminuza mu mashami atandukanye bahitamo kongeraho ubumenyingiro kugira ngo babashe kubona akazi cyangwa bakihangire bityo bave mu bushomeri.
Umuraperi Danny Nanone atangaza ko umukobwa yifuza wazamubera umutima w’urugo ari umukobwa w’umutima aho kuba asa n’inzobe cyangwa igikara gusa.
Ubushakashatsi bwakozwe n’Akarere ka Rulindo bugaragaza ko abana 170 bo muri aka Karere batujuje imyaka 18, batewe inda imburagihe.
Ikipe y’Ingabo z’iguhugu (RDF) yo mu ishuri rikuru rya gisirikare rya Nyakinama yatsinze ikipe y’abanyamakuru bo mu Ntara y’amajyaruguru ibitego 3 kuri 1.
Ku munsi wa Kabiri wa Tour du Rwanda, aho abasiganwa baturutse Kigali bagana mu Burasirazuba mu Mujyi wa Ngoma, Areruya Joseph ukinira u Rwanda amaze kwambura Rugg Thimothy Maillot Jaune .
Perezida Paul Kagame yahawe igihembo kubera guharanira iterambere rishingiye ku bumenyi n’ikoranabuhanga mu Rwanda no muri Afurika.
Abanyamuryango ba RPF Inkotanyi mu Ntara y’Amajyepfo, batoye Guverineri Mureshyankwano Marie Rose nk’ umuyobozi mushya w’uyu muryango muri iyi Ntara.
Amakuru aturuka mu Karere ka Nyamagabe atangaza ko uwari Umunyamabanga nshingwabikorwa wako, Nshimiyimana Jean Pierre yeguye ku mirimo ye.
Umunyeshuri wakoreraga ibizamini bya Leta ku kigo cy’amashuri cya “Notre Dame de la Paix” kiri i Nyamagabe yarohamye mu kizenga cy’amazi arapfa.
Ishuri rikuru rya INES-Ruhengeri rivuga ko rigiye kwifashisha akadege katagira umupilote “Drone” mu bushakashatsi no kwigishirizaho abanyeshuri.
Rugg Thimothy ukinira Lowestrates.com yo muri Canada ni we ubaye uwa mbere mu isiganwa ryo gusiganwa umuntu ku giti cye akoresheje iminota 4 yuzuye.
Nyuma y’amatora yakozwe n’abakunzi b’umukino w’amagare, abenshi batoye binyuze ku rubuga rwa kigalitoday.com bemeje ko Areruya Joseph ari we babona uzegukana iri siganwa
Mugimba Jean Baptiste na Iyamuremye Jean Claude bakurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi bagejejwe mu Rwamda ku mugoroba wo ku itariki ya 12 Ugushyingo 2016.
Mugimba Jean Baptiste na Iyamuremye Jean Claude bakurikiranweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi baragerazwa mu Rwamda kuri uyu wa gatandatu tariki ya 12 Ugushyingo 2016.
Umugabo afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Remera mu murenmge wa Ruheru muri Nyaruguru akekwaho kwiba moto akazihimbira ibyangombwa, akazigurisha.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) ivuga ko Kanseri y’ibere ivurwa igakira iyo imenyekanye kare, akaba ariyo mpamvu ikangurira abantu kuyisuzumusha badategereje kuremba.
Kuri iki cyumweru kuri Stade Amahoro haratangirira isiganwa ry’amagare rizenguruka u Rwanda "Tour du Rwanda", rikazasozwa ku Cyumweru taliki 20 Ugushyingo 2016
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akagari ka Nemba mu murenge wa Rweru muri Bugesera, Ndayisaba Alfred arashakishwa nyuma yo gutorokana amafaranga y’abaturage.
Umuturage uri mu cyiciro cya mbere cyangwa icya kabiri cy’ubudehe, mu gihe bamusuzumye bagasanga arwaye Malaria, azajya ahabwa umuti ku buntu.
Nkuranyabahizi Noel utoza ikipe y’Igihugu ya Karate, avuga ko iyo umwana atangiye gukina Karate akiri muto, bimufasha gukurana ikinyabupfura.
Urugaga rw’abikorera (PSF) na Banki Nyarwanda y’Iterambere (BRD), bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye azorohereza abohereza ibicuruzwa mu mahanga.
Abanyeshuri bo mu ishuri ryisumbuye rya HVP Gatagara rya Rwamagana bafite ubumuga bwo kutabona, bashimiye Leta y’u Rwanda yashyizeho uburezi budaheza.
Abaturage bimuwe mu birwa biri mu kiyaga cya Ruhondo, mu murenge wa Gashaki muri Musanze, baratiye abanya-Ethiopia ibyiza byo gukoresha Biogaz.
Impuguke z’u Rwanda na Congo ziri mu biganiro by’uburyo bafatanya kubyaza umusaruro umutungo kamere uri muri Kivu urimo "Gas Methane".
Maj Dr William Kanyankore uyobora ibitaro bya Rubavu atangaza ko 72% by’ indwara zitanduza zirimo Diabete, Goute, impyiko n’izindi, zimaze kurusha indwara zanduza kwibasira abaturage.
Mu gihe habura amasaha make ngo Tour du Rwanda itangire, aya ni amwe mu mafoto yafashwe na Kigali Today agaragaza ubwitabire budasanzwe bw’abafana muri Tour du Rwanda 2015
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo yabwiye abaturage bo muri Kamonyi ko amafaranga y’ingoboka atangwa muri gahunda ya VUP atagenewe abakuze bose.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gicumbi bufatanyije n’abaturage bwamennye ibiyobyabwenge bifite agaciro kangana na miliyoni 21 n’ibihumbi 612RWf.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Louise Mushikiwabo, avuga ko amatora yo muri Leta zunze ubumwe za Amerika, atanga isomo ry’uko kuyobora atari “bizinesi” y’abayobozi ahubwo ari iy’abaturage”.
Umushoramari wo mu gihugu cya Scotland yaguze imigabane myinshi mu nganda ebyiri z’icyayi mu Rwanda yizeza Perezida Kagame gukuba kabiri umusaruro w’icyayi mu myaka ibiri itaha.
Polisi y’igihugu yerekanye abantu batatu bakekwaho ubwambuzi bashuka abaturage ko bakora ku kigo cy’Umuvunyi, ndetse n’umwe mu bacuruzi ukekwaho guha ruswa abapolisi.
Abakozi batatu bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Ruhuha mu Bugesera, bakekwaho kunyereza amafaranga asaga miliyoni 1RWf ya SACCO Kamabuye bakoramo.
Bobo Bonfils atangaza ko agiye kumurika umuzingo w’indirimbo ze (Album) ku buntu mu rwego rwo gutura igitambo ashimira Imana.
Ubuyobozi bw’ishyirahamwe ryo gusiganwa ku magare mu Rwanda (FERWACY) buratangaza ko amakipe yo mu Misiri na Kenya atakitabiriye Tour Du Rwanda 2016.