Umwarimukazi Nikuze Vestine wigisha ku Rwunge rw’Amashuri rwa Murama muri Rutsiro, wagiye kwivuriza mu Buhinde, aratangaza ko ikibazo cy’impyiko yari afite cyakemutse kuko yavuwe.
Kangabe Melena utuye mu Mudugudu wa Rutovu ho mu Kagari ka Shanga i Maraba y’Akarere ka Huye, yize gusoma no kwandika ku myaka 68 y’amavuko.
Abanyarwanda bavukiye mu mahanga bashima ishyaka ababyeyi babo bagize babatoza kuvuga Ikinyarwanda, bakaba basaba n’ab’ubu gusigasira umuco bakundisha abana ururimi kavukire.
Igishanga cya Gacaca cyo mu Murenge wa Murundi i Kayonza cyitwaga “Singira Umukwe” cyahindutse isoko y’ubukungu kandi mbere cyari imbogamizi ku baturage.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC), iratangaza ko udafite ikarita y’itora ariko afite ibindi byangombwa, atazabuzwa gutora kuri uyu wa Mbere, tariki 22 Gashyantare 2016.
Avuga ku bibazo bya politike, imvururu n’ubwicanyi bikomeje kubera mu gihugu cy’u Burundi, Perezida Paul Kagame yeruye avuga ko ababazwa n’uburyo iki kibazo kidakemuka ahubwo bakacyegeka ku Rwanda.
U Rwanda rwakiriye intumwa za Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu rwego rwo gutsura umubano w’ibihugu byombi.
Umuyobozi w’Itorero MISPA mu Rwanda Pastor Musabyimana Théoneste aratangaza ko bidakwiye ko amatorero ashyira inda imbere agamije gucuruza abakirisitu bayo.
Icyiciro cya 4 cy’umutwe wihariye wa Polisi y’u Rwanda, ushinzwe gutabara aho rukomeye, tariki ya 18 Gashyantare, cyasoje ijyanye no kurwanya iterabwoba, giherereye mu murenge wa Mayange mu karere ka Bugesera.
Abakandida biyamamariza mu Murenge wa Kibungo kumyanya ya Njyanama y’Akarere ka Ngoma ari naho hazatorwamo ukayobora, abaturage barasaba gusezeranya ibyo bazakora.
Abadepite 43 b’u Bufaransa batangaje ko bifuza kuza kwifatanya n’Abanyarwanda mu gihe cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 22.
Abakinnyi 11 bahagarariye u Rwanda mu mukino w’amagare berekeje muri Maroc muri Shampiona nyafurika izatangira tariki ya 21-26/02/2016.
Umuyobozi w’Agateganyo w’Akarere ka Muhanga, Gasana Celse, aratangaza ko, mu ngengo y’imari itaha bazubaka ikimoteri cy’Umujyi wa Muhanga kizatwara abarirwa muri miliyoni 400FRW.
Ubuyobozi bwa Pariki y’Akagera buratangaza ko imbwa zifashishwa mu gucunga umutekano wayo zaciye intege ba rushimusi bahigagamo inyamaswa.
Abafungiye muri Gereza yihariye y’Abagore ya Ngoma, bavuga ko kugira amatorero y’ubuhanzi ndetse no kwiga imyuga itandukanye bibafasha kutigunga.
Kuri uyu wa gatandatu no ku cyumweru muri ES Kigoma mu mukino wa Handball harakinirwa irushanwa ryitiriwe Intwari mu bagabo n’abagore
Bamwe mu baturage n’abakozi b’Akarere ka Rutsiro bishimiye ko akarere kabo kagiye guhindura amateka kakava mu nyubako z’icyari komini kakajya mu biro bijyanye n’igihe.
Nyuma y’ivugururwa rya Komite z’Abunzi muri Nyakanga 2015, bamwe mu binjiyemo bashya bagaragaza guhuzagurika mu mikorere, ibyemezo bafata bikinubirwa n’abaturage.
Abarezi bo mu Karere ka Muhanga baravuga ko gahunda y’ikoranabuhanga ya EDC izatuma nta mwarimu wongera kwigisha ahushura amasomo.
Akarere ka Rwamagana ku bufatanye na AVEGA na MSAADA,bateguye isiganwa ku maguru mu ngeri zose rizaba kuri iki cyumweru i Rwamagana
Ministeri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI), ivuga ko umubare w’abakeneye ibiribwa urushaho kwiyongera kuruta uko abahinzi bitabira kongera umusaruro bakoresheje ifumbire mvaruganda.
Ibigo bitwara abagenzi n’ibicuruza ikoranabuhanga, byatangiye guha internet yihuta ya 4G abagenda muri Kigali, nyuma yo kubisabwa na Leta.
Abacuruzi b’inyama mu Karere ka Rusizi barinubira ko inyama bacuruza bazikura mu Karere ka Nyamasheke, bitewe n’uko ibagiro ryabo ryafunzwe.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Tanzania yatangarije mu ruhame ko ibyo Leta y’u Burundi n’Umuryango Mpuzamahanga bishinja u Rwanda ari "ugukwiza ibihuha" kuko ari ibinyoma.
Abanyarwanda batahutse bava muri Congo bavuga ko kurambirwa no gukomeza gutotezwa n’abanyecongo kimwe n’imibereho mibi ngo byabateye gutahuka.
Abagize Koperative Uburumbuke ikorera i Kirehe basanga kuba babungabunga ibidukikije nta gihembo bihaye umwanya wo kugira uruhare mu iterambere ry’igihugu.
Abahanga bakaba batangaza ko ubusitani n’ubwo bwongera uburanga bw’ahantu, atari umutako gusa kuko bunongerera umwuka mwiza ababuturiye.
Intumwa z’abakozi b’ibigo byigenga mu karere ka Gakenke baratangaza ko bungutse ubumenyi buzabafasha kumvikanisha abakozi n’abakoresha mu bibazo bakunze kugirana.
Bamwe mu bangirijwe imitungo muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Murenge wa Rugarama, mu Karere ka Gatsibo bavuga ko bamaze igihe kirekire bategereje ubwishyu bw’ibyabo byangijwe.
Ikigo cy’igihugu cy’iteganyagihe (Meteo Rwanda) kivuga ko cyongereye ibikoresho n’ikoranabuhanga mu iteganyagihe kugira ngo ryizerwe kuko hari abakirikemanga.
Umubare w’abashaka kubona amanota mu bizami bya Leta mu buryo bw’uburiganya, waragabanutse cyane mu bizamini bisoza umwaka wa 2015.
Perezida Paul Kagame yakiriye Julia Gillard, wahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Australia, uri mu Rwanda muri gahunda ijyanye n’uburezi.
Abafungiye muri Gereza y’abagore ya Ngoma mu Karere ka Ngoma, bavuga ko bahigira ubumenyi mu myuga itandukanye ibafasha kwirwanaho igihe bazaba barangije ibihano.
Niwemfura Aquiline wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugenzura iyubahirizwa ry’Uburinganire n’Ubwuzuzanye bw’Abagore n’Abagabo mu iterambere ry’igihugu (Gender Monitoring Office-GMO) yitabye Imana ku wa 16 Gashyantare 2016 azize uburwayi.
Abaturage bo mu Murenge wa Butaro barataka inzara nyuma yo kubuzwa guhinga ibirayi bizezwa ko hagiye guhingwa Stevia bagategereza bagaheba.
Bamwe mu baturage b’Akarere ka Nyaruguru bavuga ko biogaz bubakiwe zanze gukora, mu gihe abo zahiriye bavuga ko batandukanye n’imyotsi.
Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Tanzania, Augustin Mahiga, yatunguwe no gusanga ibyo yabwirwaga kuri Jenoside yakorewe Abatutsi biri munsi cyane y’ibyo yiboneye ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali.
Abibumbiye muri za koperative z’abahinzi b’ibigori n’umuceri mu karere ka Gatsibo, barasabwa gukoresha neza inguzanyo bahabwa n’ibigo by’imari bakanishyura neza.
Abayobozi b’amashuri ya Leta n’afashwa na Leta muri Nyanza, baravuga ko kwigisha hifashishijwe telefoni byongereye ubushobozi bw’abana mu kumenya gusoma.
Abashinzwe kurinda Ikivu batangaza ko bamaze gufata amajerekani agera kuri 25 ya mazutu, ubwo bagenzura uko Ikiyaga gikoreshwa.
Urubyiruko rutandukanye mu Karere ka Karongi, rwabyutse rusubizwa amafaranga rwatanze rwiyandikisha ku muntu wagombaga kurwigisha imyuga kuko afunze akekwaho ubutekamutwe.
Urubyiruko rw’abahungu 28 rwo mu karere ka Gakenke ruvuye i Wawa ruratangaza ko rubabazwa n’umwanya rwataye rukoresha ibiyobyabwenge.
Abatuye umujyi wa Kabarondo mu Karere ka Kayonza barasaba ubuyobozi guhagurukira abantu babagira amatungo mu ishyamba basize ibagiro ryemewe.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Gishubi mu Karere ka Gisagara, buremeza ko umugoroba w’ababyeyi wagabanyije ikibazo cy’ubuharike ku rwego rwo kwishimira.
Nyampinga Utamuliza Rusaro Carine yagerageje kuba umunyamideli biranga kuko yaje kwisanga atari ibintu bye nk’uko yabitekerezaga ahitamo amarushanwa y’ubwiza.