Ikigo gishinzwe imiturire mu Rwanda (RHA) kivuga ko imyubakire iharanira iterambere rirambye izatangira gusuzumirwa ku nyubako ya “Convention Center”.
Abarezi b’ishuri Amizero y’ubuzima ryita ku bana bafite ubumuga bwo mu mutwe barasaba ababyeyi babafite kutabahisha, bakabavuza ntibababuze amahirwe y’ahazaza.
Komisiyo y’u Rwanda ishinzwe Kuvugurura Amategeko RLRC iratangaza ko itegeko rivugururwa hitawe ku nyungu z’uwo rireba aho kumubangamira.
Abakandida umunani bashaka guhagararira Umurenge wa Runda mu Nama Njyanama y’Akarere ka Kamonyi, biyamamaza bizeza abaturage gukemura ikibazo cy’imihanda n’icy’imyubakire.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) irasaba abashoramari mu biribwa n’ibinyobwa kongera umusaruro kugira ngo bahaze isoko ryo mu gihugu bityo ibitumizwa hanze bigabanuke.
Ikipe ya AS Muhanga ya nyuma ku rutonde rwa Shampiona yanganije na Rayon Sports ubusa ku busa mu mukino wabereye i Nyamirambo
Bamwe mu bajyanama b’imirenge barahiriye kuzubahiriza inshingano zabo bavuze ko biteguye kuzaba ijwi ry’abaturage babatoye no guharanira kutazanengwa imikorere mibi.
Raporo ya Banki Nyafurika itsura Amajyambere (AfDB/BAD) yashyize u Rwanda mu bihugu 10 bya Afurika bidasaba viza mbere y’uko Abanyafurika babyinjiramo, inagaragaza ko iyi politike yazamuye ubukungu.
Abasore batatu bafunze bashinjwa kwambura ibihumbi 200 Dusingizimana Petero wo mu kagari ka Kamombo umurenge wa Mahama bizeza umwana we ishuri muri Amerika.
Boutros Boutros Ghali, Umunyamisiri wayoboye Umuryango w’Abibumbye kuva mu 1992 kugeza mu 1996, yitabye Imana ku myaka 93 azize uburwayi n’izabukuru.
Bamwe mu rubyiruko rwo mu Karere ka Gakenke bakora akazi ko guhonda amabuye bavuga ko byabahinduriye ubuzima bikanabakura mu bushomeri.
Angelique Kidjo, umuhanzikazi wo muri Benin, yongeye gutsindira igihembo cya Grammy Awards, agitura abahanzi bagenzi be bo muri Afurika.
Abanyeshuri 600 bize ubudozi bagiye guhabwa akazi binyuze mu bufatanye bw’ikigo giteza imbere imyuga n’ubumenyingiro (DWA) n’ikigo C&H Rwanda kidoda kikanacuruza imyenda.
Umuyobozi w’agateganyo w’Akarere ka Karongi, Muhire Emmanuel, asaba abayobozi batowe ku myanya itandukanye muri aka karere guharanira inyungu z’abaturage.
Kuri uyu wa kabiri nibwo shampiona y’icyiciro cya mbere iza kuba ikomeza ku munsi wayo wa 11,imikino izakomeza no kuri uyu wa gatatu
Abafite abana bari bararwaje Bwaki mu Karere ka Kamonyi, bavuga ko gahunda y’Igikoni cy’Umudugudu yafashije kurenegra ubuzima bw’abana.
Abajyanama mu by’ubuhinzi n’abakozi b’imirenge bashinzwe ubuhinzi mu Karere ka Gakenke, barasabwa guhozaho amatsinda ya "Twigire Muhinzi" kuko bizabafasha kongera umusaruro.
Loni yagize Umunyarwanda Commissioner of Police (CP) Bruce Munyambo Umuyobozi wa Polisi (D2) mu butumwa bwayo muri Sudani y’Epfo (UNMISS).
Abatega imodoka kenshi mu Mujyi wa Kigali bakishyura bifashishije ikarita bavuga ko bibungura ugereranyije n’uburyo busanzwe kuko banagabanyirizwa igiciro.
Umuryango AHF Rwanda utangaza ko buri mwaka mu Rwanda hasigaye hinjizwa udukingirizo tugera kuri Milioni eshanu kandi tugakoreshwa tugashira.
Abagize Koperative KOHUNYA yo mu Karere ka Rwamagana barataka igihombo batewe n’imbuto bahawe umwaka ushize bazihinga zikanga kumera.
Inzu y’u Rwanda y’Ibiro by’Abinjira n’Abasohoka ku mupaka muto uhuza Goma na Gisenyi yagwiriwe n’ikamyo irangirika ariko ntihagira ukomereka.
Davis Kasirye na Kwizera Pierrot bakuwe ku rutonde rw’abakinnyi 18 ba Rayon Sports bakina na Muhanga muri shampiona ikomeza kuri uyu wa kabiri.
Abasigajwe inyuma n’amateka mu Murenge wa Kabagali mu Karere ka Ruhango, barishimira amatungo bagabiwe, kuko yatumye babasha kunga ubumwe bakaniteza imbere.
Abahagarariye abafite ubumuga mu Nama Njyanama y’Umurenge wa Nyabinoni w’Akarere ka Muhanga, baravuga ko abana bafite ubumuga bwihariye bagihura n’inzitizi zituma batiga.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) yatangaje ko itabonye umusaruro yifuzaga mu gihembwe cy’ihinga 2015A, bitewe n’izuba n’imyuzure yabaye mu gihugu.
Polisi y’u Rwanda irakangurira abatwara ibinyabiziga kutagerageza guha ruswa abapolisi kugira ngo be kuryozwa amakosa bafatiwemo.
Guhera muri Kamena 2016, servisi za Gasutamo z’u Rwanda ngo zizatangira gukoresha uburyo bw’ikoranabuhanga bufasha kugenzura imizigo ituruka ku byambu kugera mu gihugu.
Hagamijwe kwibuka Padiri Kayumba Emmanuel wahoze ayobora ishuri GSOB, muri iri shuri habaye imikino ya Volleyball kuva tariki 13-14 Gashyantare 2016.
Ikigo Nderabuzima cya Nyarurama mu Murenge wa Ntongwe w’Akarere ka Ruhango, kigiye kubakirwa inzu y’ababyeyi izuzura itwaye miliyoni 40.
Abahawe imirimo muri VUP bo mu Murenge wa Mukindo mu arere ka Gisagara, barakora baharanira kwiteza imbere babikesha amafaranga bakuramo.
Imiryango icyenda y’abahejejwe inyuma n’amateka ituye mu Kagari ka Mubuga, Umurenge wa Kibeho muri Nyaruguru irasaba gusanirwa inzu kuko zigiye kubagwaho.
Abafite ubumuga bo mu murenge wa Kimisagara bavuga ko abo bitoreye bazabahagararira muri njyanama y’umurenge babatezeho ibisubizo by’ibibazo bafite.
Abatuye mu karere ka Gakenke barimo gukora imihanda barishimira ko imirimo bakora ibikabafasha kwiteza imbere.
Abanyarwanda 68 biganjemo abagore n’abana batahutse ku wa 12/2/2015 bavuye mu burasirazuba bwa Congo bavuga ko bari bafashwe bugwate na FDLR.
Abatuye mu karere ka Nyaruguru baratangaza ko bamaze kumenya akamaro ko guhinga bakoresheje ishwagara mbere yo gushyiramo andi mafumbire.
Perezida Kagame yaraye atanze ikiganiro ubwo yahuraga n’abayobozi hamwe n’abakinnyi b’ikipe ya Basketball ya Toronto Raptors ikinwamo na bamwe mu bakomoka muri Afurika.
Ku wa 12/02/2016 mu Murenge wa Ntarabana hangijwe hanamenwa ibiyobyabwenge bifite agaciro ka Miliyoni 1 129 500Frw.
Imibare itangazwa n’ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga igaragaza ko abana 398 bafite ikibazo cy’imirire mibi.
Ubuyobozi bw’Umushinga wita ku burezi (EDC) urasaba abarezi, abanyeshuri gufata neza ibikoresho utanga kugira ngo bizafashe n’abo mu gihe kizaza.
Abatuye mu kagari ka Nyagahina, mu murenge wa Cyanika, muri Burera, binubira uburyo abiyamamariza ubuyobozi babasezeranya kubagezaho amashanyarazi ariko ntibabikore.
Akarere ka Rubavu kamaze gutanga inka 300 mu nka 900 kahize mu muhigo n’ubwo ubuyobozi buvuga ko n’izisigaye zizaboneka zigatangwa.
Impuzamiryango iharanira uburinganire n’uruhare rw’umugore mu iterambere, Pro-Femmes Twese Hamwe, irakusanya inkunga yo kubaka ikigo ntangarugero mu karere, ibifashijwemo n’uwakumva abyishimiye wese.
Umuyobozi wa FDLR-RUD Gen Maj Ndibabaje yishwe n’abarwanyi ba Maï-Maï bamusanze ahitwa Mashuta mu mashyamba ya Congo.
Minisitiri w’Umuco na Siporo, Julienne Uwacu, avuga ko gahunda yo kwimurira imibiri y’Intwari z’i Nyange mu gicumbi zirimo kubakirwa itakibaye.
Ikigo gishinzwe guteza imbere unumenyi ngiro n’imyuga (WDA), kigiye guha impamyabumenyi abafundi igihumbi basanzwe mu kazi binyuze mu bizami bazakora.
Rayon Sports ibifashijwemo na rutahizamu mushya yakuye muri Mali yatsinze ikipe ya Gicumbi ibitego 2-0 mu mukino wabereye i Gicumbi kuri uyu wa gatanu.