Mu gitaramo "Inganzo ya Kayirebwa" hamuritswe umuzingo "Urukumbuzi"

Umuhanzikazi Cecile Kayirebwa wamamaye cyane mu kwimakaza umuco nyarwanda abinyujije mu ndirimbo, yongeye gutaramira abakunzi be mu gitaramo yakoreye i Kigali, kuri uyu wa 27 Werurwe 2016.

Muri iki gitaramo cyabereye muri Hotel des Milles Collines, inzu yaberagamo igitaramo yari yakubise yuzuye.

Cecile Kayirebwa yongeye gushimisha abamukunda mu ijwi rye ry'umwimerere.
Cecile Kayirebwa yongeye gushimisha abamukunda mu ijwi rye ry’umwimerere.

Abakunzi b’indirimbo za Kayirebwa bavuga ko bamukundira ko aririmba Kinyarwanda kandi akibanda ku byo hambere.

Muri iki gitaramo ngarukamwaka “Inganzo ya Kayirebwa” kibaye ku nshuro ya gatatu, Kayirebwa yanamurikiyemo Umuzingo (Album) wa karindwi w’indirimbo yise “Urukumbuzi”.

Abakunzi ba Kayirebwa baganiriye na Kigali Today, bavuze ko banejejwe n’iki gitaramo kuko bumvamo umwimerere w’inganzo ya Kayirebwa kandi indirimbo ze zikabamo ubutumwa buhugura bukanigisha Abanyarwanda kubana neza no kwishima.

Kayirebwa yaririmbye ari kumwe n'impanga: Pamela na Ange.
Kayirebwa yaririmbye ari kumwe n’impanga: Pamela na Ange.

Umukobwa w’imyaka 27 witabiriye iki gitaramo yagize ati "Nkunda ibya kera! Yewe, sinzi nanjye impamvu ariko Kayirebwa ari mu bantu nkundira icyo; noneho akaba afite ijwi ryiza na ryo utapfa kumvana uwo ari we wese."

Uwitwa Nathan Mugume (Umuvugizi wa Minisiteri y’Ubuzima) na we witabiriye iki gitaramo cya Kayirebwa, yavuze ko indirimbo z’uyu muhanzikazi zituma yibuka amateka y’ubuhunzi bwo kuba hanze y’igihugu ariko kandi ngo zikamwibutsa n’ishyaka ryo gutaha.

Mugume avuga ko yaje gutungurwa n’indirimbo Kayirebwa agira ati "Iyo ni SIDA", aho yumvisha abantu ububi bw’icyo cyorezo ku buzima bw’abantu b’ibyiciro byose.

Ni ku nshuro ya gatatu Kayirebwa akoze igitaramo "Inganzo ya Kayirebwa".
Ni ku nshuro ya gatatu Kayirebwa akoze igitaramo "Inganzo ya Kayirebwa".

Kayirebwa amaze imyaka isaga 33 akora ubuhanzi bw’umwuga. Mu mwaka wa 2014 yizihije isabukuru y’imyaka 30 akora ubuhanzi. Hari mu gitaramo yise “Inganzo ya Kayirebwa”.

Kuva icyo gihe, igitaramo “Inganzo ya Kayirebwa” cyabaye ngarukamwaka; kikaba gitegurwa n’Umuryango (udaharanira inyungu) Kayirebwa yashinze “CEKA I RWANDA” ugamije guteza imbere umuco gakondo.

Abari mu gitaramo: Inganzo ya Kayirebwa, bari banezerewe.
Abari mu gitaramo: Inganzo ya Kayirebwa, bari banezerewe.

Mu gihe amaze mu buhanzi bw’umwuga, Kayirebwa aririmba indirimbo zivuga ku buzima busanzwe muri rusange kandi akaririmbira ibyiciro byose by’ubukure bw’abantu. Imizingo ye irindwi irimo indirimo zirenga 80 zivuga ibihozo by’abana, izivuga ku buzima bwe ndetse n’izibutsa ibihe bibi n’ibyiza u Rwanda rwanyuzemo.

Umuzingo wa karindwi Kayirebwa yamuritse ufite indirimbo 11 zirimo: Inzozi Data Yandoteye, Intumwa Zanjye, Kuki Mwampishe, Abuzukuru, Uzanter’irungu, Rwego rw’Ingenzi, Ubutumwa, SIDA, Rwagasana, Mbatez’igitego, ndetse n’iyitwa ’Amatage’.

Aba banezerewe barahaguruka, bamufasha kuririmba indirimbo ze.
Aba banezerewe barahaguruka, bamufasha kuririmba indirimbo ze.

Uretse abakunzi be bakumbura u Rwanda rwa kera babitewe n’indirimbo bumvise, Kayirebwa na we ashimangira ko afite intego yo kwibutsa no guhwitura Abanyarwanda kudatakaza umuco n’ururimi byabo.

Andi mafoto:

Kayirebwa aririmba...
Kayirebwa aririmba...
Aba bahagurutse barabyina karahava.
Aba bahagurutse barabyina karahava.
Abakunzi ba Kayirebwa mu ngeri zitandukanye bari bishimye.
Abakunzi ba Kayirebwa mu ngeri zitandukanye bari bishimye.
Akanyamuneza ni kose ku bataramanye na Kayirebwa.
Akanyamuneza ni kose ku bataramanye na Kayirebwa.
Kayirebwa ati "Umva: Mbateze Igitego".
Kayirebwa ati "Umva: Mbateze Igitego".
Kayirebwa na we yari yishimiye abakunzi be mu buryo bugaragarira amaso.
Kayirebwa na we yari yishimiye abakunzi be mu buryo bugaragarira amaso.
Mu "Nganzo ya Kayirebwa", aha amahirwe abahanzi bakizamuka mu muco nyarwanda, bakaririmbana ndetse bakaririmba n'indirimbo zabo.
Mu "Nganzo ya Kayirebwa", aha amahirwe abahanzi bakizamuka mu muco nyarwanda, bakaririmbana ndetse bakaririmba n’indirimbo zabo.
Ange na Pamela baririmbanye na Kayirebwa.
Ange na Pamela baririmbanye na Kayirebwa.
Abantu mu nzego zitandukanye bitabiriye iki gitaramo ku bwinshi.
Abantu mu nzego zitandukanye bitabiriye iki gitaramo ku bwinshi.
Bamwe mu bafite telefone zigezweho, bahisemo kumufata amafoto n'amashusho y'urwibutso bazajya bareba bibereye iwabo.
Bamwe mu bafite telefone zigezweho, bahisemo kumufata amafoto n’amashusho y’urwibutso bazajya bareba bibereye iwabo.
Uyu musore ukiri muto yacuranze inanga ya Kinyarwanda.
Uyu musore ukiri muto yacuranze inanga ya Kinyarwanda.
Uyu mubyeyi na we ubanza azi indirimbo zose za Cecile Kayirebwa. Araziririmba ntagire aho asobwa.
Uyu mubyeyi na we ubanza azi indirimbo zose za Cecile Kayirebwa. Araziririmba ntagire aho asobwa.

Amafoto:

Roger Marc Rutindukanamurego

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 7 )

Mam wacu nakomeze aho turamushyigikiye murakz

ayvan yanditse ku itariki ya: 29-03-2016  →  Musubize

Belle photo Roger Marc bravo

@afrobysoul KIRENGA yanditse ku itariki ya: 29-03-2016  →  Musubize

Thanx to rutindukanamurego for tbe pictures wagirango twe abasomye inkuru twari duhari

nana yanditse ku itariki ya: 28-03-2016  →  Musubize

Fantastic, Umuco Nyarwanda ni byiza ko ukomeza kumurikwa kandi abana bacu bakawukurana. Nibyo biduhesha agaciro aho turi hose kuri iyi si. Imana Ikomeze ihe ingufu uwo mubyeyi akomeze amurike umuco wacu mu ndirimbo ze.❤

Kayitesi yanditse ku itariki ya: 28-03-2016  →  Musubize

Uwo mubyeyi akwiye igikombe!

habans yanditse ku itariki ya: 28-03-2016  →  Musubize

Mutubwirire uwo mubyeyi azadutaramire natwe abaciye bugufi igitaramo agitegurire ahoroheje twibona twese
turamukunda cyane

habans yanditse ku itariki ya: 28-03-2016  →  Musubize

turamushimira kubwubutumwa bwiza utugezaho mundirimbo nibyiza cyane ukomereze aho kabisa imana ikomeze ikurinde kandi iguhe umugisha

niyonkuru patrick yanditse ku itariki ya: 28-03-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka