Abantu 60 barohamye mu mugezi wa Nyagisenyi uri mu murenge wa Rweru muri Bugesera, bose barohorwa mu mazi ari bazima.
Amavubi y’abatarengeje imyaka 20 arakina na Maroc mu mukino ufungura irushanwa ry’ibihugu by’inshuti za Maroc (“1st Partners Tournament”).
Abahinzi b’ibihingwa by’umuceri n’ibigori bagiye guhabwa ubumenyi n’ubushobozi bitari bisanzwe mu rwego rwo kubafasha kongera umusaruro, bihaze kandi basagurire amasoko.
Ingabo z’u Rwanda (RDF) ziri gusangiza ibihugu bitandukanye byo ku isi, ubunararibonye mu bya gisirikare bijyanye no kurengera abasivile mu gihe cy’intambara.
Abatuye Umurenge wa Rukomo mu Karere ka Gicumbi, baratabariza ikimoteri cy’akarere kimaze iminsi gishyizwe hagati y’ingo, kuko mu mvura kibateza ibibazo.
Umunyamabanga nshingwabikorwa umwe w’umurenge n’abandi batatu b’utugari bandikiye ubuyobozi bw’Akarere ka Kirehe basaba kwegura ku mirimo yabo k’ubushake.
Madame Jeannette Kagame yatembereje mugenzi we Claudine Talon umudugudu wa Ndatwa w’icyitegererezo wa Nyagatovu uherereye mu Karere ka Kayonza.
Abasore n’inkumi bishyize hamwe bakorera mu gakiriro ka Kayonza bumva umwuga bize wo gukora inkweto n’ibindi bikomoka ku ruhu uzabageza ku bukire.
Amasiganwa y’amagare yatangiye mu Rwanda mu myaka y’i 1970 ari amarushamwa y’uturere nyuma aza kubyara irushanwa rizenguruka igihugu (Tour du Rwanda).
Abikorera bo muri Rubavu bitabiriye Rwanda Day yabereye i San Fransisco muri Amerika bavuga ko bayungukiyemo byinshi birimo gukora ibiramba.
Ubuyobozi bwa Rayon Sports burahakana amakuru avuga ko buri mu biganiro n’umukinnyi Hamiss Cedrick wigeze kuyikinira.
Perezida Paul Kagame yifurije Perezida Donald Trump amahirwe mu mirimo ye mishya, nyuma yo kwegukana insinzi mu matora y’umukuru w’igihugu ya Leta zunze Ubumwe z’Amerika.
Abanyeshuri batatu bo mu Rwanda batsinze amarushwanwa yo ku rwego rw’isi yo kuvuga no kwandika neza igishinwa.
Abatuye mu Karere ka Nyamagabe batagerwaho n’umuriro w’amashanyarazi bavuga ko bababazwa no kubona inshinga z’amashanyarazi zibaca hejuru badashobora kurahura.
Abantu 13 bo muri Musanze bari mu maboko ya Polisi y’igihugu bakekwaho gushaka kwica umukecuru bakekaho kuroga abantu.
Mu muhango wo kwakira ku meza Madame Claudine Talon wa Perezida wa Benin, yavuze ko Umuryango Imbuto Foundation wamubereye icyitegererezo mu buzima bwe.
Danald Trump niwe watorewe kuyobora Leta Zunze Ubumwe z’Amerika (USA) nyuma yo gutsinda Hillary Clinton ku majwi 276 kuri 218.
Bamwe mu batuye mu murenge wa Mamba muri Gisagara bavuga ko bagemuye ibigori muri koperative yabo ikabambura bikabateza ubukene.
Abize amashuri ya kaminuza barasabwa gutinyuka kwihangira umurimo, kuko hari amahirwe bashyiriweho abunganira kubona uko batangira umurimo bifuza kwinjiramo.
Madame Claudine Talon wa Perezida wa Benin, uri mu ruzinduko rw’iminsi itanu rw’akazi mu Rwanda, aherekejwe na Madame Jeanette Kagame basuye ibikorwa bya Isange One Stop Centre iherereye Kacyiru mu Karere ka Gasabo.
Abari batuye batatanye mu Murenge wa Mamba muri Gisagara, bagiye gutuzwa mu mudugudu w’icyitegererezo wa Ruhuha, bikazongerera ubutaka bwabo agaciro.
Rwemalika Felicitée yahawe igihembo nk’umugore wabaye indashyikirwa muri Afurika mu guteza imbere Siporo y’abagore.
Nyirangaruye Dafrose utuye mu Kagari k’Akagarama, Umurenge wa Rurenge muri Ngoma avuga ko atotezwa n’abaturage bamwita umuvubyi wabujije imvura kugwa.
Ikibazo cy’amikoro adahagije mu bitangazamakuru ngo kiracyari imbogamizi ikomeye ku iterambere ry’itangazamakuru muri Afurika.
Umuvugizi w’Itorero ADEPR mu Rwanda, Bishop Jean Sibomana atangaza ko ari ngombwa kwita ku burere bw’abana kuko bituma bakurana uburere buzima.
Madame Jeannette Kagame yakiriye Madame Claudine Talon uje mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi.
Ubuyobozi bwa Parike ya Nyungwe buravuga ko gahunda ya "Tembera u Rwanda" yitezweho kongera umubare w’Abanyarwanda basura za parike.
Raporo ya Banki y’isi ya 2016 muri “Doing Business” yerekana ko u Rwanda rwasubiye inyuma ku bijyanye no gutanga ibibanza byo kubaka.
Abaturage bo muri Gisagara batuye ahagiye kubakwa umudugudu w’icyitegererezo baravuga ko bahangayikishijwe n’amasambu yabo agiye kubakwamo nta ngurane bahawe.
Kuri uyu wa mbere tariki 7 Ugushyingo2016, mu Rwanda harimo kubera ibikorwa byo kwizihiza umunsi Nyafurica w’itangazamakuru.
Abanyeshuri basengera mu itorero rya ADEPR bize n’abiga muri Kaminuza y’u Rwanda batangaza ko kwibumbira mu muryango “CEP” byagiriye akamaro gakomeye Abanyarwanda.
Bamwe mu barangije kaminuza mu by’ubuhinzi n’ubworozi bahawe amahugurwa muri gahunda ya Agri BDS, ngo biteguye guteza imbere ubuhinzi n’ibibukomokaho.
Inteko y’abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi b’abagore mu Karere ka Kicukiro yiyemeje gushyigikira Perezida Kagame mu matora y’umwaka utaha no kubikangurira abandi.
Ingabo z’u Rwanda zigize batayo ya 73 mu butumwa bw’amahoro muri Sudani zamuritse ishuli zubatse.
Mu Murenge wa Kibeho mu Karere ka Nyaruguru hatangijwe inyubako y’ikigo kizajya gihugura abahinzi, kugira ngo arusheho gukora ubuhinzi bw’umwuga.
Guverineri w’Intara y’amajyaruguru, Musabyimana Jean Claude niwe muyobozi mushya w’umuryango FPR-Inkotanyi muri iyo ntara, asimbuye Bosenibamwe Aimé wayiyoboraga.
Sogonya Hamissi umutoza wa Kirehe FC, yemeza ko ibihe byiza ikipe ye irimo biva ku mikorere myiza ya Komite nyobozi y’ikipe ikurikirana ubuzima bw’abakinnyi umunsi ku wundi.
Imikino y’umunsi wa kane wa Shampiona y’u Rwanda isize ikipe ya Rayon Sports iyoboye urutonde rwa Shampiona by’agateganyo, nyuma y’aho Sunrise inganyirije na Pepiniere
Uwitwa Ndamiye wari utuye mu Murenge wa Muhoza muri Musanze, bamusanze mu nzu yari acumbitsemo yapfuye ariko ntiharamenyekana icyamwishe.
Urubyiruko rwacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi rwo mu miryango ya AERG na GAERG rwatangiye urugendo rw’iminsi 18 mu gihugu cy’u Bufaransa, aho rugiye kuzenguruka mu bice bitandukanye by’icyo gihugu ruvuga amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Umunyarwanda Landry Mayigane uba mu gihugu cya Mali, waje mu rubyiruko 100 rw’indashyikirwa muri Afurika (100 Most Influential Young Africans) 2015, avuga ko aheshwa ishema no kwitwa umunyarwanda.
Umuhanzi Danny Vumbi atangaza ko yishimira ko zimwe mu ndirimbo yandikira abahanzi batandukanye bo mu Rwanda zikundwa bigatuma n’abandi bahanzi bamwitabaza.
Minisiteri y’Imicungire y’ibiza no gucyura impunzi (MIDIMAR) yahaye ibikoresho bitandukanye abaturage bo muri Rwamagana bibasiwe n’ibiza byatewe n’imvura imaze iminsi igwa.
Ubwo bizihizaga isabukuru y’imyaka 20 Umuryango Unit Club umaze wubaka ubumwe mu Banyarwanda, ubuyobozi bw’uyu muryango bwashimiye Abanyarwanda n’abanyamahanga 17 bagaragaje ubutwari bwo kwitangira abandi mu bihe byashize.
Bimenyerewe ko abahanzi bakunzwe cyane mu Rwanda, bakorera ibitaramo mu Mujyi wa Kigali. Bamwe bavuga ko abafana b’umuziki wabo benshi baba i Kigali, abandi bakavuga ko mu zindi ntara bigoye kubona ahantu hakwakira ibitaramo hisanzuye.
Impuzamiryango iharanira uburenganzira bwa muntu (CLADHO), itangaza ko 7% mu banyarwanda basaga miliyoni 11, ari bo basobanukiwe iby’ingengo y’imari ya Leta.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo buvuga ko bwateguye gahunda ndende yo gutuza abantu mu midugudu, hagamijwe gukemura burundu ikibazo cy’abatuye mu manegeka.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yasabye abitabiriye isabukuru y’imyaka 20 y’Umuryango Unity Club, kurushaho kuba umwe no kubitoza abo bashinzwe.
Mu mukino wabimburiye indi y’umunsi wa kane wa shampiona, Police Fc yatsinze Gicumbi Fc ibitego 2-0 mu mukino wabereye kuri Stade ya Kicukiro