Minisiteri y’abakozi ba Leta n’umurimo (MIFOTRA) ivuga ko bitemewe gufatira cyangwa gukata umushahara w’umukozi mu gihe yakoze amakosa mu kazi.
Umukino wahuje ikipe ya Rayon Sports n’ikipe ya Sunrise witabiriwe n’abafana benshi batandukanye ku mpande zombi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero buvuga ko mu kurwanya gutekinika mu ishyirwa mu bikorwa ry’imihigo, 2016-2017 uzasiga imirenge yose ifite interineti.
COPEDU LTD yitabye urukiko rw’ubucuruzi rwa NYARUGENGE ishinjwa na ADFINANCE LTD kuba ikoresha mu buryo butemewe n’amategeko porogaramu yayo yitwa ADBANKING.
Abana batatu bava inda imwe bo mu murenge wa Muko muri Musanze bapfuye nyuma yo kurya imyumbati hakekwa ko ariyo yaba yabahitanye.
Itsinda rihagarariye abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda ryasuye Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi (EU) i Buruseli rigaragaza uburyo ikibazo cy’abahakana Jenoside giteye inkeke.
Imiryango IBUKA na CNLG, irashimira Kiliziya Gaturika imbabazi yasabye kubera uruhare bamwe mu bayoboke bayo bagize muri Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda.
Umurenge wa Muhima watangije irondo ry’umwuga rizawufasha mu bihe by’iminsi mikuru ya Noheli n’Ubunani kuko aribwo hakunze kugaragara ubujura n’urugomo.
Umuhanzikazi Cecile Kayirebwa yizihije imyaka 70 y’amavuko, ataramana n’abakunzi be mu gitaramo cyisanzuye kandi cyahaye ijambo uwifuzaga gutarama wese.
Ikigo nyarwanda cy’abakora ibishushanyo by’inyubako (RIA) kigiye gutangiza ku mugaragaro ihuriro ry’abubatsi b’inyubako zujuje ubuziranenge (RWAGBO).
Perezida wa Republika y’u Rwanda Paul Kagame yashimiye Valens Ndayisenga wegukanye bwa kabiri Tour du Rwanda
Nyuma y’uko agace ka Nyuma ka Tour du Rwanda kagizwe n’ibirometero 108 kakinirwaga mu Mujyi wa Kigali kegukanywe na Okubamariam Tesfom ukomoka muri Eritrea, Tour du Rwanda ya 2016 yose yegukanywe na Ndayisenga Valens.
Ikigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB) cyateguye ibirori byo gushimira umuryango w’Abanyamerika umaze gusura Ingagi zo mu birunga inshuro 100.
Abanyarwanda bibumbiye muri Diaspora “Isango” yo muri Centrafrique bishyuriye mituweri abaturage 500, bagizweho ingaruka n’ibiza mu karere ka Gakenke.
Abanyarubavu baturutse mu nce zitandukanye z’igihugu bahuye biyemeza gushakira hamwe icyateza imbere akarere bakomokamo, kugira ngo karusheho kugira uruhare mu kuzamura ubukungu bw’igihugu.
Umuryango wita ku bana “Save the Children” ukangurira ababyeyi kugira umuco wo kugurira ibitabo abana, kugira ngo bakure bakunda gusoma.
Valens Ndayisenga ukinira ikipe ya Dimension Data yo muri Afurika y’epfo, Niwe wegukanye agace ka Gatandatu ka Tour du Rwanda katurukaga Musanze kagana Kigali.
Abagize Ihuriro ry’abayobozi b’amasosiyete akomeye bakiri bato (Young Presidents’ Organisation: YPO) batangaza ko bagiye kwegereza Abanyarwanda amasomero hifashishijwe Interineti.
Kuva mu mwaka wa 2014 gahunda ya NEP-Kora Wigire imaze guha imirimo mishya abarenga ibihumbi 80 hirya no hino mu Rwanda.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) kivuga ko gutoza abana bato kumenya imibare igihugu kigenderaho bituma bavamo abayobozi beza b’ahazaza.
Umukinnyi wa Eritrea witwa Eyob Metkel ukinira ikipe ya Dimension Data yo muri Afurika yepfo niwe utanze abandi mu Mujyi wa Musanze, yegukana agace ka gatanu ka Tour du Rwanda katurukaga mu Mujyi wa Muhanga kagana Mu Mujyi wa Musanze.
Abatuye Kirehe barishimira serivisi yo kubaga indwara y’ishaza mu maso begerejwe, bamwe muri bo bafataga nk’amarozi.
Henri Jean Claude Seyoboka, Umunyarwanda uregwa ibyaha birimo icya Jenoside, wari warahungiye muri Canada, yagejejwe i Kigali, mu ijoro ryakeye.
Abanyeshuri ba Kaminuza y’Ubukerarugendo n’Ubucuruzi (UTB) beretswe amahirwe ari mu kwifashisha ikoranabuhanga bakazamura imishinga yabo y’ubucuruzi basanzwe bafite.
Sosiyete mpuzamahanga ikorera mu Rwanda yitwa IHS, yashyikirije umuryango Imbuto Foundation inkunga y’ibihumbi 30 by’amadolari asaga miliyoni hafi 25 Frw.
Urugaga rw’abikorera mu Rwanda PSF rwatangaje ko imurikagurisha ry’ibikorerwa mu Rwanda rya 2016, rizaba guhera ku itariki 14 kugeza ku ya 20 Ukuboza.
Ubwo shampiyona y’ubupira w’amaguru mu Rwanda izaba isubukuwe, Rayon Sports na Sunrise zinganya manota kandi ziyoboye urutonde rwa shampiyona zizacakirana.
Areruya Joseph ukinira ikipe y’u Rwanda niwe wegukanye agace ka kane ka Rusizi-Huye muri Tour du Rwanda, kuri uyu wa kane tariki 17 Ugushyingo 2016.
Abakuriye ibigo by’imari bitandukanye bemeza ko imiyoborere myiza y’igihugu ari yo ituma ishoramari ritera imbere.
Abitabiriye amahugurwa mu kigo cy’amahoro cya Nyakinama (Rwanda Peace Academy) bavuga ko batahanye umukoro wo kurinda abasivili mu bihe by’intambara.
Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC butangaza ko iyi kipe igiye kwitabira imikino ya gicuti itandukanye muri Congo-Brazzaville mu rwego rwo kwitegura imikino nyafurika.
Aya ni amwe mu mafoto yaranze isiganwa ryahagurutse i Karongi ryerekeza i Rusizi kuri uyu wa Gatatu, ryaranzwe n’imihanda igoranye ndetse n’imisozi miremire
Boeing B737-800N yari itegerejwe i Kigali, izanye akarusho ko kugira umuyoboro wa interineti (Wireless connectivity).
Iyi foto yafatiwe mu Muhanda Karongi- Rusizi . Iragaragaza igikundi cy’abakinnyi b’amagare barangajwe imbere na Mugisha Samuel, aho bari mu gace ka Gatatu ka Tour du Rwanda kavaga Karongi kagana Rusizi.
Ikamyo ya rukururana yari yikoreye isima ipima toni 35 yaguye ku kiraro cya Rwabusoro, irangirika ibuza izindi modoka gutambuka.
Abakozi umunani b’Akarere ka Nyanza bafunze bakekwaho ibyaha bitandukanye birimo kunyereza amafaranga yagenewe abaturage muri VUP.
Agace ka gatatu k’irushanwa rya Tour du Rwanda aho abasiganwa baturukaga i Karongi bagana i Rusizi kegukanwe na Rugg Thimothy ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.
Ubushakashatsi bwakozwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Imiyoborere (RGB) ku buryo abaturage babona imiyoborere n’imitangire ya serivisi, bwerekana ko abaturage benshi batazi Inama Njyanama z’uturere.
Abatuye Nyamagabe barasaba kubakirwa ibiraro bibiri byo ku mugezi wa Rukarara byangiritse, bikaba bidindiza ubuhahirane.
Abaturage bo mu Karere ka Ngoma bifuza ko itorero ry’igihugu ryahera ku bana b’incuke kugira ngo bazakurane umuco wo gukunda igihugu.
Kaminuza y’Abadivantiste b’Abalayiki ya Kigali (UNILAK) ku bufatanye n’Ikigo cyo mu Bushinwa cyigisha siyansi (XIEG), batangije ikigo cy’ubushakashatsi ku bidukikije.
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Munyantwari Alphonse arakangurira abayobozi b’uturere tugize iyo ntara gukorera hamwe nk’abagize ikipe y’abatwara amagare bari mu marushanwa.