Perezida Kagame yongeye kugezwaho ikibazo cy’abimuwe muri Gishwati

Abaturage bimuwe muri Gishwati ubutaka bwabo bugakoreshwa mu gutunganya ishyamba rya Gishwati bongeye kusaba Perezida Kagame kubafasha bakabona ingurane z’imitungo yabo.

Sempabuka Jean Damascene utuye mu Murenge wa Kanzenze wahoze atuye Gishwati yagaraje ko kuva bakwimurwa Gishwati batarishyurwa amafaranga y’ubutaka bwabo basize Gishwati.

Muri uru ruzinduko amazemo iminsi ibiri muri Gakenke agakomereza Rubavu, Perezida Kagame yabajijwe ibibazo bitandukanye.
Muri uru ruzinduko amazemo iminsi ibiri muri Gakenke agakomereza Rubavu, Perezida Kagame yabajijwe ibibazo bitandukanye.

Perezida Kagame avugana na Minisitiri ushinzwe umutungo kamere Dr Vincent Biruta yatangaje ko ingurane y’abaturage bimuwe Gishwati yari miliyari 1,8Frw kandi amaze kwishyurwa abaturage ari miliyari imwe na miliyoni 200Frw.

Minisitiri Biruta yasobanuye ko imbogamizi zatumye amafaranga aratangiwe igihe ari abaturage bandikishije konti bafite mu ma banki nabi, abandi nimero z’irangamuntu ntizihuye naho abandi babarirwa muri 700 ntibashoboye gusinya ku mpapuro zemeza imitungo yabo bari bafite Gishwati.

Ikibazo cy’imitungo yabimuwe Gishwati cyagejejwe kuri Perezida Kagame ubwo yasuraga abaturage ba Nyabihu asaba ko gikemurwa.

Perezida Kagame yongeye gusaba abayobozi b’intara y’Uburengerazuba gukurikirana ibibazo by’abaturage batarishyurwa bimuwe Gishwati.

Ibitekerezo   ( 1 )

abo baturage nibishurwe imitungo yabo maze 👨nabo biteze imbere

iranzi meschack yanditse ku itariki ya: 26-03-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka