Ikipe ya Rayon Sports inyagiwe ibitego 4-2 na Azam Fc, ihita isezererwa muri CECAFA Kagame cup
Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwerekanye imiti y’amatungo ifite agaciro k’amafaranga asaga miliyoni 25Frw yafashwe kubera ko itujuje ubuziranenge.
Rimwe na rimwe mu bukwe abantu bakunze kwizihirwa, bakagaragaza ibyishimo byabo baririmbira abageni akaririmbo, ndetse bakanababyinira. Indirimbo yaririmbwe muri ubu bukwe yo yatumye ababutashye hafi ya bose baseka imbavu zirashya bataha bumiwe.
Depite Nkusi Juvénal wari umwe mu Badepite bari bamaze igihe kirekire mu Nteko ishinga amategeko, ntazongera kugaragara mu nteko nyuma y’uko yari ayimazemo imyaka 24.
Umuyobozi mukuru w’ikigo cy’igihugu gishinzwe Igororamuco, Bosenibamwe Aimé avuga ko mu nzererezi ziri mu bigo ngororamuco, abenshi baturuka mu Ntara y’Amajyepfo.
Polisi y’igihugu mu Karere ka Nyarugenge icumbikiye umugabo w’imyaka 23 ukekwaho gushaka kwinjiza urumogi muri Gereza ya Mageragere.
Umuyobozi w’Akarere ka Gisagara wungirije ushinzwe imibereho myiza, Clémence Gasengayire, avuga ko kugeza ubu,kuboneza urubyaro bigeze ku kigero rwa 64%, mu Karere ka Gisagara.
Ku tugari 51 tugize Akarere ka Nyanza, 49 twamaze kubakwamo amavuriro bita “Poste de santé” mu rurimi rw’Igifaransa.
Umuyobozi mukuru w’umuryango FPR Inkotanyi Paul Kagame yasabye abazawuhagararira mu Nteko ishinga amategeko kutazakora ibibafitiye inyungu gusa.
Umubare w’impunzi zahungiye mu Rwanda umaze kugabanukaho abantu ibihumbi 20.991 mu meze atanu ashize, kandi abenshi bagiye ku mpamvu zabo bwite.
Perezida Paul Kagame yatangaje ko hari igihe biba ngombwa ko no mu bayobozi ayoboye akoresha igitsure kugira ngo ibyemeranyijwe bigerweho.
Ministeri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM), ivuga ko izakomeza korohereza abacuruzi bato b’ibyambukiranya imipaka, ishingiye ku kamaro bafite mu bukungu no kubanisha neza ibihugu.
Abagenzi batangiye kwinubura uburyo bukoreshwa mu kwishyura mu modoka rusange zikorera muri Kigali buzwi nka Tap&Go, bavuga ko basigaye bibwa kubera serivisi zitanoze.
Tom Ndahiro, umunyamakuru akaba n’Umushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi, avuga ko anezezwa cyane no kubona umwana yakuye mu mirambo mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, yarashinze urugo ubu akaba ari umubyeyi.
Madame Jeannette Kagame avuga ko uburezi ku mwana buhera mu rugo kuko ku ishuri ahanini ari ugushyira imbaraga mu myigire ye kugira ngo atsinde.
Umuyobozi w’Itorero ry’igihugu, Bamporiki Edouard asaba abamwita Umutahira w’intore kubireka,bakamwita umukuru w’itorero cyangwa se perezida waryo, kuko ubusanzwe ngo nta mutahira w’abantu ubaho, ahubwo habaho umutahira w’inka.
Umuryango utagengwa na Leta “Umwana ku isonga” wakoze raporo izashyikiriza Umuryango w’Afurika yunze Ubumwe (AU) ku bibazo bikibangamiye uburanganzira bw’umwana mu Rwanda.
Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup iri kubera muri Tanzania, Rayon Sports itsinze Lydia Ludic y’i Burundi ihita ibona itike ya 1/4 cy’irangiza
Ndikubwimana Jean Baptiste ashimira cyane ikigo cya Gatagara yagezemo yaramugaye amaguru yombi, ariko akaragorwa agashobora kugendera ku mbago none ubu akaba akora akibeshaho.
Urubyiruko n’abaturage bo mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Huye, batangiye kubakira Ruzigamanzi Deo warwanye urugamba rwo kubohora igihugu.
Perezida Kagame yatumiwe muri Djibouti na Perezida Ismail Omar Guelleh, aho afungura igice cyahariwe gukorerwamo ubucuruzi mpuzamahanga (International Free Trade Zone).
Mu mukino wa nyuma usoza imikino y’icyiciro cya kabiri, Intare Fc yatsinze Muhanga yegukana igikombe cy’icyiciro cya kabiri
Perezida Paul Kagame yibukije abana bagize amahirwe yo kwiga bakaminuza bakaba bikorera cyangwa bakorera Leta kujya bibuka bagafasha ababyeyi babo kuva mu bukene, badategereje igihe Leta izabagereraho ngo ibafashe.
Perezida Paul kagame yatangaje ko adashaka kongera kumva ko hari abaturage baburiye serivisi mu Rwanda bigatuma bambuka imipaka bajya kuzishakira mu bihugu by’abaturanyi.
Ikigo cya Gatagara muri Nyanza kizwiho kuvura no kwita ku bafite ubumuga bw’ingingo cyazamuwe gihinduka ibitaro byihariye bikazatuma cyongera servisi zahatangirwaga.
Abayobozi n’abavuga rikijyana mu Murenge wa Gikonko mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bagiye kwigana ubutwari bw’Inkotanyi mu kuyobora abaturage.
Ikipe y’amagare igizwe n’abakinnyi batandatu berekeje mu Bubiligi mu myitozo izamara ukwezi kuva taliki 5 Nyakanga kugeza taliki 30 Nyakanga 2018.
Madamu Jeannette Kagame yasabye ko hashakwa uburyo imitungo y’abakecuru n’abasaza bagizwe incike na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yabungabungwa.
Mu mukino Rayon Sports yari itegerejeho kubona itike ya 1/4, yishyuwe mu minota ya nyuma na AS Ports yo muri Djibouti
Abanyamuryango ba FPR inkotanyi bo mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo bagobotse umukecuru warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi wabaga mu nzu yenda kumugwaho.
Umukino wa nyuma w’icyiciro cya kabiri ugomba guhuza Intare Fc na Muhanga, uraba kuri uyu wa Gatatu hizihizwa umunsi wo Kwibohora
Kwagarana featness club ikorera sport izwi nka gyme tonic muri sport view hotel, yaremeye imiryango itatu y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batishoboye ibashyikiriza Inka zifite agaciro ka 1.5M y’amafaranga y’u Rwanda
Munyaneza Didier wakiniraga ikipe ya Benediction Club y’i Rubavu arerekeza mu ikipe ya Tirol yo muri Autriche kuri uyu wa mbere
Impera z’iki cyumweru zisize nta kipe yo mu Rwanda ibonye amanota atatu muri CECAFA, naho ikipe y’igihugu ya Basketball ibona itike yo gukina ijonjora rya kabiri ry’igikombe cy’isi
Abacuruzi bo mu Ntara y’Amajyepfo baragaya bagenzi babo bashoye imari muri Jenoside yakorewe Abatutsi aho kuyifashisha Abanyarwanda bari bakennye cyane.
Ihuriro ry’abadepite bagize Inteko ishinga amategeko rirwanya Jenoside ndetse rikanarwanya ihakana n’ipfobya rya Jenoside yakorewe Abatutsi, riravuga ko urubyiruko rufite uruhare runini mu kurwanya ingenga bitekerezo ya Jenoside.
Mu ijambo rifungura inama ya 31 y’abayobozi b’Ibihugu na za Guverinoma bibumbiye mu muryango wa Afurika yunze ubumwe, Perezida Kagame akaba n’umuyobozi w’uyu muryango, yamaganye ibitero by’iterabwoba biherutse kwibasira abayobozi ba Ethiopie na Zimbabwe.
Mukamusoni Julienne utuye i Mbazi mu Karere ka Huye, avuga ko atumvaga akamaro k’umuganda mbere y’uko abwirwa ko uzamwubakira inzu yizeye kuzataha mbere y’umuhindo.
Urwego rw’Imfungwa n’Abagororwa (RCS) rwatangaje ko imfungwa n’abagororwa b’igitsina gore 607 bari basigaye mu cyahoze ari Gereza ya Kigali (1930) bamaze kwimurirwa i Mageragere aho iyi Gereza yimuriwe.
Abaturage bo mu murenge wa Buyoga mu karere ka Rulindo, baravuga ko ibijumba bikungahaye kuri vitamin A batangiye guhinga babyitezeho guhindura ubuzima bwa bo, by’umwihariko mu guhashya ikibazo cy’imirire mibi.
Ikipe ya Rayon Sports na Sosiyete y’ubucuruzi ya Airtel-Tigo basinyanye amasezerano y’ubufatanye y’igerageza azamara amezi atandatu
Abaforomo bakora mu bigo nderabuzima bababazwa n’uko badahembwa kimwe n’abakora mu bitaro by’uturere n’ibya kaminuza, kandi amashuri n’ibyo bakora ari bimwe bigatuma bakora batishimye.
Ministeri y’Uburezi (MINEDUC) ivuga ko nihagira abanyeshuri bagaragarwaho ingengabitekerezo ya Jenoside, bizajya biryozwa ababyeyi babo, ngo kuko ari bo baba bayikongeza mu bana.
Perezida Kagame, akaba n’Umukuru w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, yageze i Nouakchott ho muri Repubulika ya Kiyisilamu ya Mauritania aho azayobora Inama ya 31 Isanzwe y’Ihuriro ry’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU).
Bamwe mu babyeyi bo mu Murenge wa Rutunga muri Gasabo bavuga ko bafite abana barwaye bwaki kubera ubujiji bwo kutamenya ifunguro riboneye.