Ikompanyi yitwa East African Promoters (EAP), imenyerewe mu gutegura ibitaramo bikomeye mu Rwanda, yateguye ibitaramo bizazenguruka intara zose z’u Rwanda uko ari enye n’umujyi wa Kigali. Ibyo bitaramo bikubiye mu iserukiramuco ryiswe “Iwacu muzika Festival” bikazajya biba buri mwaka.
Mu gihe ibirori by’ubukwe mu Rwanda byagiye byaguka, bamwe mu ngaragu bemeza ko ibyiciro bisaga 10 ubukwe bw’ubu busabwa kunyuramo ari kimwe mu bituma batinda gushaka cyakora abatari bake bavuga ko byatumye babasha kurwanya ubushomeri.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu turere twa Rusizi na Nyamasheke barasaba ko urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Gashirabwoba rwashyirwa ku rutonde rw’umurage w’isi rwa UNESCO (ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku burezi,ubumenyi n’umuco).
Uyu muvugabutumwa wita Muhigirwa Paul wari umaze imyaka 10 mu gihugu cya Uganda hamwe n’uwitwa Mibungo Emmanuel wagiyeyo muri 2014, ni abandi Banyarwanda batashye iwabo nyuma yo kugirwa intere.
Impuguke mu bijyanye n’imisatsi irahamya ko injwiri nazo zabasha gutunganywa zikavamo imisatsi myiza y’amameshi (meches), aho kugira ngo u Rwanda ruhore ruhendwa no gutumiza imisatsi hanze.
Sibomana Patrick wari umaze amezi make asinyiye ikipe ya Mukura VS, yamaze kumvikana n’ikipe ya Yanga Africans aho agomba kuzayikinira imyaka ibiri
Mu karere ka Kicukiro hakomeje kubera imikino igamije gukangurira urubyiruko gukunda igihugu, imikino izaba igeze muri 1/4 mu mpera z’iki Cyumweru.
Umuhanzi Gilbert Irakiza, uzwi ku izina rya Roi G, umenyerewe mu ndirimbo zihimbaza Imana (Gospel), ariko akaziririmba mu njyana zibyinitse, avuga ko nta ndirimbo itari iy’Imana, bityo abakeka ko indirimbo zibyinitse aririmba zidashimwa n’Imana bibeshya.
Mu rukiko rw’ibanze rwa Gasabo, icyemezo ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo rya Nsabimana Callixte, cyasomwe atari mu rubanza. Ubushinjacyaha bwo bwari buhagarariwe.
Uretse kurinda amaso imirasire y’izuba, indorerwamo z’amaso ni umwe mu mirimbo bamwe bambara bagamije kurushaho kuberwa.
Ipapayi ni urubuto ruryoha ku bantu benshi, ariko si ukuryoha gusa, ahubwo ni n’urubuto rwiza ku buzima bw’abantu kuko rukize ku ntungamubiri.
Mu yahoze ari Komini Kinigi mu karere ka Musanze, ni hamwe muhabereye igeragezwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994, aho kugeza ubu imibiri y’Abatutsi 136 ishyinguye mu rwibutso rwa Kinigi, bose bishwe mbere ya 1994.
Abiga guteka mu ishuri (Rera Umwana Centre) mu Karere ka Nyanza baravuga ko gufungurirwa Bare na Resitora bizatuma boroherwa no kubona aho bakorera imenyereza mwuga.
Kuri iki cyumweru tariki ya 2/06/2019 mu mujyi wa Kigali harabera amasiganwa mpuzamahanga ku magare azitabirwa n’amakipe y’abakiri bato.
Inzobere mu bumenyamuntu zemeza ko uwakorewe ihohoterwa cyane cyane irishingiye ku gitsina, atongera gutekereza neza bigatuma ibyo yakoraga bimuteza imbere atongera kubikora.
Kugira ngo umuntu abeho neza, afite ubuzima bwiza, bimusaba imyitwarire myiza irimo no kurya no kunywa ibintu bifite intungamubiri akeneye kandi akamenya n’uko akwiriye guhitamo iby’umubiri we ukeneye, akirinda ibyo udakeneye.
Ubuyobozi bw’u Rwanda burasaba ubwa Uganda kujya bubagezaho Abanyarwanda bazima bafungiwe muri Uganda, aho kuzana imirambo y’Abanyarwanda.
Ikipe ya APR FC na Rayon Sports zahanwe kubera ubushyamirane hagati y’abafana babo ku mukino wabahuje
Abagize urugaga rw’abagore rushamikiye ku muryango RPF Inkotanyi mu Karere ka Nyaruguru baremeye bagenzi babo 19, tariki 26 Gicurasi 2019.
Urubyiruko rurangije amashuri yisumbuye rwo mu Karere ka Huye ubu ruri ku rugerero ruciye ingando mu Murenge wa Gishamvu, ruzuzuza amazu 36.
Televiziyo ni igikoresho cyiza cyo mu rugo kijyanye n’iterambere, kirebwa n’abagize umuryango. Icyakora kijya giteza ubwumvikane buke ku guhitamo ibyo abantu bareba bitewe n’uko abayireba badakunda ibintu bimwe.
Ibanga ryo gutsinda mu ishuri rya Wisdom, ngo ni uko buri gihembwe umwana wese wiga muri iryo shuri, asinyira imihigo imbere y’ababyeyi n’imbere y’ubuyobozi bw’ishuri, ijyanye n’amanota azagira.
Abatuye mu Murenge wa Kivu mu Karere ka Nyaruguru basanze kujya gushakira serivisi zikenera murandasi ku murenge bibavuna, biyemeza guhinira bugufi bagurira utugari imiyoboro ya interineti yo mu bwoko bwa 4G.
Abarokokeye Jenoside I Rukumberi bavuga ko gutuzwa ahameze nk’ikirwa byafashije Interahamwe kubica vuba mu buryo bworoshye.
Hari abantu benshi bakunda karoti, haba kuzihekenya ari mbisi ndetse no kuzirya zihiye, bakazirya kuko zibaryohera ariko batazi akamaro kazo mu mubiri w’umuntu uzirya. Ako kamaro ni ko tugiye kubagezaho.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI), ikangurira abahinzi nyarwanda kugira umuco wo kuhira, aho kwiringira ko imyaka yezwa iteka n’imvura, cyane ko n’ibihe byahindutse.
Umwanditsi akaba n’umushakashatsi Kimenyi Alexis avuga ko Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yahitanye benshi mu bashinze ishuri rya APACOPE, abaryigishagamo, abaryigagamo, ndetse ikanarimbura inyandiko zose z’iryo shuri.
Mu rugendo rw’iminsi 217, rurimo ibihe byiza n’ibibi, Rayon Sports yegukanye igikombe cya cyenda cya Shampiyona nyuma yo gutsindira Kirehe i Nyakarambi
Polisi y’u Rwanda iratangaza ko Urwego rw’Igisirikare cya Uganda rushinzwe Ubutasi (CMI) rwashimuse Abanyarwanda babiri ari bo Samvura Pierre w’imyaka 47 na Habiyaremye Eric w’imyaka 25 y’amavuko.
Guverinoma y’u Rwanda, ibinyujije muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, yagize icyo ivuga ku biherutse gutangazwa na Uganda by’ubushyamirane bwahitanye ubuzima bw’abantu babiri mu ijoro ryo ku wa gatanu tariki 24 Gicurasi 2019.
Buri wa gatandatu usoza ukwezi, hirya no hino mu Rwanda hakorwa umuganda rusange, aho abayobozi mu nzego zitandukanye, inzego z’umutekano n’abaturage bahurira ku gikorwa cyateguwe bagakora imirimo y’amaboko.
Bazinanirwa Sesiliya w’imyaka 77 y’amavuko wo mu Kagari ka Buruba, Umurenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze, yatunguwe cyane no kubona Ingabo na Polisi bakata icyondo bamwubakira, yibuka ko ingabo yabonye mu mabyiruka ye, yahuraga na zo agakizwa n’amaguru.
Abanyeshuri n’abakozi ba kaminuza ya Kibogora Polytechnic basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruherereye ku Gisozi, batahanye umugambi wo gusangiza abandi ibyo babonye kugira ngo bose bafatire hamwe ingamba zo kurushaho kurwanya icyatuma Jenoside yongera kubaho.
Polisi y’u Rwanda iratangaza ko mu ijoro ryo ku wa gatanu tariki 24 Gicurasi 2019 mu Murenge wa Tabagwe mu Karere ka Nyagatare habayeho guhangana hagati y’abari bakurikiranyweho kwinjiza mu Rwanda imyenda ya caguwa mu buryo butemewe n’inzego z’umutekano, Polisi igahakana amakuru yatangajwe y’uko uko guhangana kwaba (…)
Ubuyobozi bw’ishuri ry’imyuga ryitiriwe Musenyeri Mubiligi riherereye mu Karere ka Huye buvuga ko Leta yaboherereje abanyeshuri 90 hakaza 27 gusa.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ni umwe mu bakuru b’ibihugu na za Guverinoma bitabiriye umuhango w’irahira rya Perezida Cyril Ramaphosa uherutse gutorerwa kuyobora icyo gihugu. Uwo muhango witabiriwe n’abantu basaga ibihumbi 30 biganjemo abaturage ba Afurika y’Epfo, ukaba ubera kuri Stade Loftus Versfeld mu Mujyi wa (…)
Bamwe mu bangavu batewe inda n’ubwandu bw’agakoko gatera SIDA bavuga ko bari bafite umugambi wo gukwirakwiza ubwo bwandu.
Bamwe mu baturage b’Akarere ka Rwamagana bavuga ko kubera gukundana igihe kirekire bashakana batipimishije SIDA.
Ba Veterineri bigenga iyo bagiye kuvura amatungo y’aborozi ngo baca amafaranga bishakiye kandi hari iteka rigena ibiciro by’ubuvuzi bw’amatungo, bakaba bahagurukiwe kugira ngo ryubahizwe harengerwa inyungu z’umworozi.
Ku wa 23 Gicurasi 2019 ,mu Mujyi wa Kigali abapolisi bakoze ubukangurambaga kuri gahunda ya Gerayo Amahoro , babwira abanyamaguru uko bakoresha umuhanda neza kugira ngo bagere iyo bagiye amahoro.
Nyuma yo gutsindira Kirehe Fc ibitego 4 ku busa bwa Kirehe iri iwayo i Nyakarambi, Rayon Sports yegukanye igikombe cya Shampiyona cya kenda.
Bamwe mu babuze ababo, abakomeretse n’abasahuwe mu bitero by’umutwe w’iterabwoba wa FLN (Front de Liberation National), baratangaza ko mu rubanza ruregwamo Nsabimana Callixte wiyita Sankara na bo bazirikanwa.
Amazi ni ingenzi ku buzima bwa muntu, nubwo bivugwa ko nta ntungamubiri agira, ariko ni ngombwa kuyanywa kenshi kuko umubiri w’umuntu ugizwe hagati ya 60 % na 70 % n’amazi.
Theresa May, Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza, amaze kwegura nyuma yo kunanirwa gukura Ubwongereza mu Muryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi (EU) mu cyo bari barise “Brexit”.
Mu gihe amazi ari kimwe mu by’ibanze umuntu akenera kugira ngo abeho ndetse akaba ari no mu burenganzira bw’ibanze bwa muntu, hamwe na hamwe mu Mujyi wa Kigali usanga kujya kuhatura ugomba kubanza kwitegura ko ushobora kujya uyabona gake gashoboka. Ibi bikajyana no kwitegura kongera amazi ku kiguzi cy’ubukode kuko ibura (…)
Hashize imyaka igera kuri ibiri (guhera muri Mata 2017) ururimi rw’Igiswahili rwemejwe nk’urwa kane mu ndimi zemewe n’amategeko zikoreshwa mu nzego z’ubutegetsi mu Rwanda, ariko imikoreshereze yacyo ikaba igicumbagira.
Mu Banyarwanda 10 b’ingeri zitandukanye baganiriye na Kigali Today, barindwi muri bo baravuga ko bifuza kubyara abana batatu gusa.
Claudine Kabeza asanzwe ari umwalimu muri Kaminuza y’u Rwanda mu ishami ry’ubuvuzi i Rwamagana. Ni n’umunyeshuri muri kaminuza yo mu Budage.
Guverineri w’intara y’Amajyaruguru yasabye ko Nizeyimana Jacques ashyira mu bikorwa ibyo yasabwe n’inteko y’abaturage byo kugabanya inka ze zikava ku 10 zikaba eshatu, ndetse akishyura imyaka y’abaturage inka ze zonnye, bitaba ibyo agakurikiranwa mu butabera.
Mu mugezi wa Mukungwa uherereye mu Karere ka Musanze mu Ntara y’Amajyaruguru kuri uyu wa kane tariki 23 Gicurasi 2019 habonetse umurambo bivugwa ko ari uwa Ndahayo Jean de Dieu, bikekwa ko yiyahuye muri uwo mugezi.