Kigali: Hashyizweho itsinda rikura ibiti bishaje ku nkengero z’imihanda
Umuvugizi w’Umujyi wa Kigali Bruno Rangira, yatangaje ko hashyizweho itsinda riri kugenzura ibiti biteye ku nkengero z’imihanda bishaje bigakurwaho, kugira ngo hirindwe ko byakomeza guteza impanuka.

Ni mu gihe muri iyi minsi hagaragaye imvura nyinshi ivanze n’umuyanga bigatuma ibiti biteye ku nkengero z’imihanda cyane cyane ibishaje bigwa, bikagwira abantu ndetse bikanangiza ibinyabiziga.
Imibare ituruka mu kigo cy’Igihugu gishinzwe ubumenyi bw’ikirere, Meteo Rwanda, yari yagaragaje ko muri uku kwezi kwa Nzeli hazagwa imvura izagera ku kigero cyo hejuru y’isanzwe iboneka.
Iyo mibare igaragaza ko muri uku kwezi, mu Mujyi wa Kigali hazagwa imvura iri hagati ya mm 25-75 irenze ikigero cy’iyari isanzwe, mu Burasirazuba hazagwa iri hagati ya mm 10-75 ariko ho ikazaba iri ku kigero cy’isanzwe ihagwa.
Iyo mibare kandi igaragaza ko mu Ntara y’Amajyepfo n’Uburengerazuba hazagwa imvura iri hagati ya mm 50 na 150, ikazaba irenze isanzwe ihaboneka, ndetse no mu Majyaruguru hazaboneka iri hagati ya mm 25 na 100, nayo izaba iri hejuru y’ihasanzwe.
Ku gicamunsi cyo ku wa 11 Nzeli 2018, mu mvura yaguye mu Mujyi wa Kigali, yagushije kimwe mu biti cyari giteye mu nkengero z’umuhanda uturuka Nyamirambo ugana mu Mujyi, gihitana umumotari witwa Habiyakare Hassan.
It rains for almost 20 min and all this happen in town and around pic.twitter.com/XhX73lLKeE
— Rutindukanamurego (@rutindukanamure) September 13, 2018
Iyaguye ku gicamunsi cyo ku wa 12 Nzeli yo yaje ari gatumwa kuko ibiti hafi ya byose bishaje byo muri uyu Mujyi byaguye mu mihanda, byangiza amamodoka yahitaga, ku bw’amahirwe ntihagira uwo bihitana.
Ni muri urwo rwego Umujyi wa Kigali wafashe umwanzuro wo gutangira kugenzura ibiti bishaje bigatemwa mu rwego rwo kurwanya impanuka.
T2000 roof suffured alot during yesterday rain in #Kigali. pic.twitter.com/JtFsM5wI2p
— Rutindukanamurego (@rutindukanamure) September 13, 2018
Umuvugizi wa Polisi y’igihugu ishinzwe umutekano wo mu muhanda, SSP Ndushabandi JMV, yagiriye inama abagenzi ndetse n’abatwara ibinyabiziga kwigengesera muri iki gihe cy’imvura idasanzwe, bakirinda kuyigendamo kugira ngo birinde impanuka byabateza.
Thanx @Rwandapolice for being there at right time to clean the road after the incidents caused by the yesterday heavy rain pic.twitter.com/511KUH8p2X
— Rutindukanamurego (@rutindukanamure) September 13, 2018
Ohereza igitekerezo
|
Izi ni ingaruka z’uko inganda zikomeye zohereza imyotsi myinshi mu kirere ikacyangiza (air pollution).Nibyo bitera Ibiza binyuranye,birimo Imiyaga nk’iyi (hurricanes),Typhoons,Earthquakes,Inkangu,Wildfires,etc…Nkuko Yesu yabivuze muli matayo 24,ni bimwe mu byerekana ko turi mu minsi y’imperuka.Niyo mpamvu tugomba gushaka imana cyane,aho kwibera mu byisi gusa,kugirango izaduhe ubuzima bw’iteka muli paradizo.Tubifatanye n’akazi gasanzwe,kugirango tubeho.