Abanyarwanda ba mbere bagezweho n’ibikorwa bya Akon

Abaturage b’Umurenge wa Ndego mu Karere ka Kayonza bahawe icyuma kizabafasha kwirinda indwara ziterwa n’amazi mabi, kuko kiyungurura amazi y’ikiyaga bakoresha.

Amatara bahawe na sosiyete Solektra yashinzwe na Akon afatanyije na bagenzi be
Amatara bahawe na sosiyete Solektra yashinzwe na Akon afatanyije na bagenzi be

Umurenge wa Ndengo ukikijwe n’ibiyaga n’umugezi w’Akagera, bigatuma abaturage bahatuye bakoresha amazi y’ibyo biyaga, kuko nta mazi meza aragezwa aho batuye.

Shingiro Innocent umwe mu baturage baturiye ikiyaga cya Kibare, avuga ko bafite ibibazo byo kutabona amazi meza, bigatuma bashoka bakoresha ay’ikiyaga cyangwa se ay’umugezi.

Agira ati “Ubundi abana barwaraga inzoka zo mu nda, impiswi idashira ariko ubu bivuyeho, twabonye amazi meza, turashimira Leta.”

Icyo cyuma bagihawe n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere (RDB), muri gahunda yayo yo gusangiza abaturage ku nyungu zikomoka ku bukerarugendo.

Icyo cyuma ni cyo kiyungurura amazi y'ikiyaga agahinduka urubogobogo
Icyo cyuma ni cyo kiyungurura amazi y’ikiyaga agahinduka urubogobogo

Tariki 8 Nzeri 2018 nibwo ubuyobozi bwa RDB bwatashye icyo cyuma. Hari muri gahunda yo gusoza icyumweru cyo kwita izina abana b’ingagi.

Muri icyo cyumweru kandi, hanatashywe ibikorwa bitandukanye byegerejwe abaturage bivuye mu nyungu zakomotse ku bukerarugendo.

Sosiyete Solektra yashinzwe n’umushoramari akaba n’umuhanzi Akon ni yo yabahaye ibyo bikoresho birimo ingobyi eshatu z’abarwayi zikozwe nka moto.

Hatanzwe kandi imashini iyungurura amazi ku kiyaga n’urumuri rwo ku muhanda mu midugudu ya Isangano na Karambi. Ibyo bikorwa byose byatwaye miliyoni zirenga 45Frw.

Samba Bathily (wambaye imyenda y'umukara), umuyobozi wa Solektra akaba n'umwe mu bayishinze yerekwa uko abaturage batangiye kugerwaho n'amazi meza
Samba Bathily (wambaye imyenda y’umukara), umuyobozi wa Solektra akaba n’umwe mu bayishinze yerekwa uko abaturage batangiye kugerwaho n’amazi meza

Abaturage bemeza ko ubundi ingobyi y’abarwayi yabageragaho itinze, ariko ngo kuko izo ngobyi za moto zizakorera mu midugudu iwabo zizabafasha kugera ku kigo nderabuzima byihuse.

Ikindi ngo amatara yo ku mihanda azabarinda abajura, ndetse anabafashe mu kwicungira umutekano.

Iyo ni umwe mu mbangukiragutabara eshatu abaturage bashyikirijwe
Iyo ni umwe mu mbangukiragutabara eshatu abaturage bashyikirijwe
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka