Nyuma yo kwegura kw’abayobozi b’uturere dutandukanye two mu gihugu tugasigara tuyoborwa n’abayobozi b’agateganyo, kuri uyu wa Gatanu hakozwe amatora muri utwo turere, agamije gushyiraho abayobozi bashya basimbura abeguye.
Rutahizamu w’umunyarwanda wakiniraga ikipe ya Police Fc yo mu Rwanda, yamaze kwerekeza muri Sofapaka yo muri Kenya
Sebutege Ange atorewe kuyobora Akarere ka Huye asimbura Muzuka Eugene weguye na Komite bakoranaga nyuma yo gukurwaho icyizere tariki ya 31 Gicurasi 2018.
Intebe y’Inteko y’ururimi n’umuco, isanga kutamenya ururimi, ubusirimu ndetse n’ubunebwe bwo gushakisha amagambo, ari intandaro y’ivangandimi mu Rwanda.
Umwe mu basigajwe inyuma n’amateka bo mu Karere ka Nyaruguru mu Murenge wa Kibeho, yishwe azize inkoni akubiswe n’abaturage bamushinjaga kubibira umucanga.
Bamwe mu barangije kwiga amashuri makuru y’imyuga n’ubumenyingiro bavuga ko mu gihe abiga ubumenyi rusange barangiza bakaba abashomeri, bo atari ko bimeze.
Abakozi b’umushinga utegamiye kuri Leta witwa JHPIEGO, basannye y’uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994, igikorwa gifite agaciro ka 1,021,650 Frws
Mu Rwanda hatangijwe uburyo bushya bwo kurwanya malariya haterwa imiti mu bishanga yica imibu n’amagi yayo ngo bikazagabanya malariya mu buryo bugaragara.
Mahoro Emmanuella ushinzwe isanamitima n’ubwiyunge mu itorero ADEPR avuga ko Abakirisito batamaganye ikibi mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko batatojwe kuba Abakirisito nyabo.
Impuguke mu by’ubuhinzi no gufata amazi muri Afurika no ku isi, zivuga ko muri Afurika by’umwihariko hakiri ikibazo cy’amazi meza.
Banki ya Kigali (BK) yatangaje ko urubyiruko rufite imishinga irambye kandi yunguka kurusha indi, izakomeza guhabwa amafaranga y’igishoro azishyurwa nta nyungu zigeretseho.
Shampiona y’icyiciro cya mbere 2017/2018, yasojwe ikipe ya APR Fc ari yo yegukanye igikombe cya Shampiona, naho Gicumbi na Miroplast zisubira mu cyiciro cya kabiri
Abajyanama b’akarere ka Gasabo bavuga ko hari ubwo amwe mu mafaranga ajya mu ngengo y’imari atabonekera igihe ikagera ku musozo ataraboneka bikadindiza imwe mu mihigo.
Volks Wagen ni rumwe mu nganda zatangiye gukorera muri Africa mbere. Mu myaka 67 ishize, nibwo VW yatangije ishami ryayo hanze y’ubudage, muri Africa y’Epfo. Uretse muri Africa y’Epfo, uru ruganda runafite ibikorwa muri Kenya no muri Nigeria.
Ikipe ya APR Fc yegukanye igikombe cya 17 cya Shampiona nyuma yo gutsinda ikipe ya ESPOIR ibitego 2-0 kuri Stade Amahoro
Abaturage bahinga ibirayi mu gishanga cya Nyirabirande cyo mu Murenge wa Nemba mu Karere ka Burera bishimiye ko umusaruro ugiye kwikuba kabiri kubera gahunda yo kuhira.
Ahagana mu mpera z’i 1996 Guverinoma ya Tanzania yirukanye Abanyarwanda barenga ibihumbi 480 bari bahatuye, bituma bakwira imishwaro mu bihugu bikikije u Rwanda.
Padiri Twizeyumuremyi Donatien uyobora Caritas ya Kigali, avuga ko ipfundo ry’ikibazo cyo kujya mu mihanda kw’abana, ari uburere bwabuze mu miryango imwe n’imwe. Hari n’abandi batemeranya n’uyu mu padiri, bavuga ko ubukene ari yo ntandaro nyamukuru ituma abana bajya mu mihanda. Iyumvire muri iyi nkuru icyo abarebwa n’iki (…)
Perezida Paul Kagame yavuze ku byinshimo afite byo kubona imodoka yamenye ubwenge asanga mu Rwanda ari nayo ya mbere ikoze amateka mu kuhakorerwa.
Kuri uyu wa 27 Kamena 2018,ku nshuro ya mbere Polisi y’igihugu yohereje itsinda rigizwe n’abapolisi 160 harimo 85 b’igitsina gore mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Amajyepfo,
Benshi mu bize muri Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye ikiri Kaminuza imwe Nkuru y’u Rwanda, bakumbuye kubona uko isigaye isa no kubona uko inkengero zayo zisigaye zimeze. Hari na benshi bafite amatsiko yo kumenya bimwe mu bice byayo byavuguruwe cyangwa se ibishya byahubatswe. Kigali Today irabamara ayo matsiko mu mafoto.
Perezida Paul Kagame yavuze ko imishinga u Rwanda ruhuriyeho na Uganda na Kenya itoroshye ariko kuyishobora ari uko impande zombi zihura zikaganira aho imirimo igeze.
Rutahizamu w’umunyarwanda wakiniraga ikipe ya Gor Mahia, yamaze kwerekeza mu ikipe ya Simba aho agomba kuzayikinira imyaka ibiri
Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Matyazo mu Karere ka Ngororero baratabaza ubuyobozi nyuma yo kutabona amafaranga bakoreye mu bikorwa byo gutunganya umuhanda wa Rubagabaga- Gatega bakaba bamaze amezi arenga arindwi batarishyurwa.
Perezida Kagame yageze i Nairobi muri Kenya aho yitabiriye inama y’umuhora wa ruguru, igamije kwihutisha iterambere no koroshya urujya n’uruza rw’abantu muri aka karere.
Ikipe y’igihugu ya Basketball muri ki gitondo yerekeje Lagos muri Nigeria, aho igomba gukina imikino yo guhatanira itike yo kwerekeza mu gikombe cy’isi cya 2019
Impera z’iki cyumweru cyaranzwe n’ibirori byinshi mu bakunzi b’imikino, isiganwa ry’amamodoka na Memorial Rustindura i Huye, na Shampiona y’amagare i Kigali na Bugesera
Abasiramu ba Kirehe bavuga ko bakibabazwa n’inzirakarengane zazize Jenoside zirimo abari abana n’urubyiruko kuko ubu bari kuba ari amaboko ateza igihugu imbere.
Urwego rw’igihugu rw’Iterambere (RDB) rwazanye umukino mushya wo mu kirere ukinwa hifashishijwe imitaka "Paramotoring", mu rwego rwo gukomeza kuzamura ubukerarugendo.
Inteko rusange y’Ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera Ibidukikije, Democratic Green Party of Rwanda (DGPR) yemeje ko Dr. Frank Habineza akomeza kuyobora iryo shyaka.
KABEGA MUSAH na ROGERS SIRWOMU bakomoka Uganda nibo begukanye isiganwa ry’amamodoka (Huye Rally) ryari rimaze iminsi ibiri ribera mu karere ka Huye na Gisagara
Mu mikino yo kwibuka Nyakwigendera Alphonse Rutsindura ufatwa nk’imwe mu nkingi z’umukino wa volleyball mu Rwanda, REG mu bagabo na APR y’abagore ni zo zegukanye iri rushanwa ryabaga ku nshuro ya 16.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC), Isaac Munyakazi, avuga ko nta muntu wize Korohani wakabaye agaragara mu bikorwa bibi kuko irimo inyigisho nziza.
Umuryango uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi Ibuka, washimiye Ingabo z’u Rwanda zashubije agaciro abishwe bitwa ibishingwe bigiye kumenwa ku Kicukiro.
Umuryango ‘Imbuto Foundation’ hamwe n’Inama y’Igihugu y’Abana (NCC), basaba ababyeyi gutinyuka kubwira abana hakiri kare uko ibice by’ibanga by’imibiri yabo bikora.
Ku munsi wa mbere w’isiganwa ry’amamodoka ribera mu karere ka Huye na Gisagara rizwi nka Huye Rally cyanwa Memorila Gakwaya, imodoka z’abanya-Uganda nizo zaje mu myanya ya mbere
Areruya Joseph yegukanye shampiyona y’igihugu mu gusiganwa n’igihe (Contre la montre) yerekezaga i Rwamagana.
Abamotari b’i Huye bibumbiye muri koperative Cottamohu bifuza ko urubyiruko rwajya rusura urwibutso rwa jenoside rwa Murambi kugira ngo rusobanukirwe amateka ya jenoside.
Urubyiruko rwa Congo rwifatanyije n’urubyiurko rw’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, baharanira ko ibyabaye mu Rwanda ntahandi byakongera kuba.
Kiliziya Gatulika ivuga ko itewe impungenge n’ikibazo cy’ireme ry’uburezi n’uburere rikomeza kudindira ku bakibyiruka bagomba kuzagirira akamaro igihugu mu minsi iza.