Imibare y’inzu ikigo cy’Igihugu gishinzwe imiturire (RHA) cyatanze ku nzu zirimo kubakwa mu Karere ka Muhanga, bigaragara ko ntaho ihuriye n’iyo akarere ubwako kemera.
Nyuma y’ukwezi Myugariro w’Amavubi Bayisenge Emery asinyiye ikipe ya USM Alger yo mu gihugu cya Algerie, Umutoza wayo Thierry Froger atangaje ko batakimukeneye biteguye no kumurekura akishakira Indi kipe.
Ikipe ya Rayon Sports itsinzwe na USM Alger ibitego 2-1, mu mukino wa gatatu w’amatsinda ya CAF Confederation Cup.
Ubushakashatsi bwakozwe n’abahanga mu buzima bw’inyamanswa, bugaragaza ko inyamanswa zifite ubushobozi bwo kumva ko agace ziherereyemo hari ibiza biri hafi kuhaba zigahunga.
Banki y’Amajyambere y’u Rwanda (BRD) iratangaza ko ku nguzanyo zatanzwe zigera kuri miliyari 80 z’amafaranga y’u Rwanda kugeza ubu, hamaze kwishyurwa miliyari 17 na miliyoni 100. Ayo mafaranga yahawe abanyeshuri basaga gato ibihumbi 70.
Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB) cyashyizeho itegeko ry’uko nta kigo cyangwa kompanyi itanga serivisi zifite aho zihuriye n’ubukerarugendo cyemerewe gukora nta cyemezo kibibemerera.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, delegasiyo y’u Rwanda yerekeje muri Algeria mu mikino y’abakiri bato, yaraye yakiriwe ku mugaragaro
Amakipe agomba kwitabira CECAFA y’ibihugu izabera mu Rwanda guhera ku itariki 19 kugeza tariki 27 Nyakanga 2018 , yamaze kugera mu Rwanda yose.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS) rirashinja ibihugu by’Afurika kwirengagiza indwara zimwe na zimwe kugeza ubwo zimugaza abaturage.
Polisi yamaganiye kure amakuru y’uko inkengero z’ishyamba rya Nyungwe nta mutekano urimo kubera ibitero by’umutwe mushya witwaje intwaro urwanya Leta y’u Rwanda.
Nkeramihigo André utuye mu Murenge wa Gishubi wo mu Karere ka Gisagara, avuga ko kuvuka ari uwa 22 mu muryango w’abana 32, byatumye atabasha kugera ku nzozi yakuranye kubera ubukene.
U Rwanda rwamaze gutera imbibe z’umuhanda wa kilometero 14 uzaturuka muri Kigali werekeza ku kibuga cy’indege mpuzamahanga gishya cya Bugesera.
Abaturiye urugomero rwa Mukungwa ruherereye mu Karere ka Musanze baratabaza Leta ngo ibavane mu icuraburindi bamazemo imyaka 40 yose. Abo baturage bavuga ko bababajwe no kutagira umuriro w’amashanyarazi nyamara baturiye urugomero ruha amashanyarazi abatari bacye mu gihugu. Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze buhamya ko (…)
Mu mpera z’icyumweru Abakinnyi bitegura guhagararira u Rwanda muri Tour du Rwanda baritegura bakina amasiganwa abiri azanyura mu Karere ka Rutsiro.
Banki y’u Rwanda y’iterambere (BRD) n’abafatanyabikorwa bayo bafite umushinga wo gutangiza umudugudu i Ndera muri Gasabo,uzatuzwamo abantu bafite ubushobozi buciriritse.
Ababyeyi barerera mu ishuri ryigisha imyuga rya Gatumba TVET School mu Karere ka Ngororero, barifuza ko hashyirwamo ishami ry’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro aboneka mu gace iri shuri riherereyemo.
Ambasaderi w’u Bushinwa mu Rwanda Rao Hongwei atangaza ko uruzinduko rwa Perezida w’u Bushinwa Xi Jinping mu Rwanda rushingiye ku bufatanye bw’ibihugu byombi.
Akarere ka Nyarugenge karavuga ko nyuma y’ikorwa ry’umuhanda uhuza Nyamirambo n’ikiraro cya Nyabarongo mu murenge wa Kigali, imiturire y’akajagari izakurwaho.
Kera iyo umwana yesaga umuhigo yahigiye imbere y’ababyeyi,Umubyeyi yamukoreraga ibirori, akanamugabira inka y’Ubumanzi. Ibi ni ko byagenze ku wa Gatanu ku itariki ya 14 Nyakanga 2018, ubwo Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’ikirenga w’ingabo z’ igihugu, yasozaga amahugurwa y’aba ofisiye bato 180 mu ishuri rikuru rya (…)
Mutamuriza Anonciata wamenyekanye cyane nka Kamaliza mu ndirimbo zikundwa na benshi kugeza magingo aya, ni umwe mu bahanzi bagize uruhare mu rugamba rwo kubohora igihugu. KT Radio mu kiganiro Ni muntu ki?, yabateguriye icyegeranyo kibagezaho byinshi mutamenye kuri uwo muhanzi. Iyumvire.
Umwera uturutse i Bukuru ukwira hose, ni umugani baca mu Kinyarwanda, bashaka kuvuga ko urugero rutanzwe n’abakuru cyangwa se n’abayobozi, ari rwo abato cyangwa se abayoborwa bakurikiza.
Kuva mu cyumweru gitaha abafite amadini n’abandi bashaka kuyashinga bazajya bagendera ku itegeko rishya ryari rimaze igihe ritegerejwe na benshi, rikaba rigiye gusohoka.
Umubano w’u Bushinwa na Afurika wavuye kure ariko muri iki gihe icyo gihugu cyashyize imbaraga mu gukora imishinga muri Afurika itarigeze ikorwa n’undi wese mu biyitaga abacunguzi ba Afurika.
U Bufaransa bwegukanye igikombe cy’isi cya kabiri butsinze Croatia, nyuma y’imyaka 20 bwegukanye icya mbere.
Abayobozi b’inzego z’ibanze bo mu Mirenge imwe n’imwe y’i Gisagara, Huye na Nyaruguru, ngo ntibatewe ishema no kuba abajura batabarusha ubwinshi babahungabanyiriza umutekano, ntibanabafate.
Ikipe y’igihugu y’u Buligi itwaye umwanya wa gatatu mu gikombe cy’isi nyuma yo gutsinda u Bwongereza ibitego bibiri ku busa, mu mukino wo guhatanira uyu mwanya waberaga Saint Petersburg.
Ikipe ya REG BBC itozwa na Patrick Richard Ngwijuruvugo yatangiye neza itsinda APR BBC amanota 84-79 mu mukino wa mbere wa ½ w’amarushanwa ya Playoffs.
Imiryango y’Abagide (aba Scout b’abakobwa) gatolika ku isi, bahuriye i Kigali aho biga ku bumuntu(humanity) bw’ejo hazaza, hashingiwe ku burere bw’umukobwa.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buravuga ko bugiye guhagurukira ikibazo cy’amasoko atangwa mu Karere bivugwa ko yiharirwa n’abakozi bako mu buryo bw’ibanga.
Itsinda riyobowe n’umukuru w’ishuri ryigisha ibijyanye no kubungabunga amahoro mu Budage ryishimiye umusanzu ingabo z’u Rwanda zikomeje gutanga mu kubaka amahoro muri Afurika.
Kuba bamwe mu bagore n’abakobwa batwara inda zitateganijwe cyangwa se bakagira impamvu ituma zikurwamo bakitabaza ba magendu rwihishwa, ni imwe mu mpamvu ituma bamwe muri abo Bagore cyangwa Abakobwa bahura n’ibibazo bikomeye bishobora no kubaviramo gupfa.
Mu myaka 15 ishize umuziki wo mu Rwanda wazamutse mu buryo budasanzwe ufata indi ntera, ku buryo kuri iki gihe bigoye kumenya umuhanzi wihariye isoko kuko barihuriyeho ari benshi.
Abaturage bo muri Bannyahe bareze leta kubimura ku ngufu, none barasaba impozamarira za miliyoni 100Frw kubera igihombo byabateye.
Perezida Paul Kagame avuga ko ingabo z’u Rwanda zidatorezwa kugira ngo zishoze intambara, ahubwo ngo zitorezwa kurinda igihugu kugira ngo hatagira uwagishozaho intambara.
Amavubi y’abagore akomeje imyitozo kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo bitegura imikino ya CECAFA y’abagore izabera hano mu Rwanda.
Mu Karere ka Gasabo, Umurenge wa Rusororo muri Centre y’ubucuruzi ya Kabuga ahitwa mu Gahoromani hakomeje kuboneka imibiri myinshi y’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abashinzwe umuteno baturuka mu bihugu icyenda by’Afurika bari mu Rwanda, aho biga uburyo bushya barindira abaturage umutekano banabashakira imibereho myiza.
Mu myaka 15 ishize,Leta imaze gukumira Abakozi bagera ku 1.800 bakoreraga Leta nyuma bakaza kugira imyitwarire mibi ituma, ubu barashyizwe ku rutonde rw’abadashobora kongera guhabwa akazi mu nzego zayo zose.
Dodani (Dos d’Ane/Humps) ni utuntu tumeze nk’udusozi twubakwa mu mihanda cyane cyane ihuriramo abantu benshi nko mu mihanda yegereye ibigo by’amashuri, amavuriro, amasoko, insengero, ibibuga by’imikino n’ahandi, hagamijwe ko ibinyabiziga bihanyura bigabanya umuvuduko kugira ngo bidateza impanuka kubera urwo rujya n’uruza (…)
Perezida Paul Kagame atangaza ko imwe mu nzira zafashije u Rwanda kuva mu icuraburindi ry’ubukene ari ugukemura ikibazo kimwe ku kindi nta kubyigamba.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru Gatabazi Jean Marie Vianney yemeza ko gusigasira umutekano n’amahoro igihugu gifite bizajyana n’uko urubyiruko rwitabiriye umurimo.
Umwami Cyirima II Rujugira watwaye u Rwanda guhera mu 1675 agatanga mu 1708,ni we bakomoyeho umugani ugira uti “ U Rwanda ruratera ntiruterwa.”
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare buremeza ko ikiraro gihuza Umurenge wa Nyagatare n’uwa Rukomo cyamaze gufungwa kubera umutekano w’abaturage.
Kampanye yiswe "Visit Rwanda" y’Ikigo gishinzwe Iterambere (RDB) kibifashijwemo n’ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza, irimo kureshya abazaza Kwita izina abana b’Ingagi.
Ku nshuro ya mbere Croatia ibashije kugera ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi, nyuma yo gutsinda u Bwongereza ibitego 2-1.
Azam yasezereye Gor Mahia na Simba yasezereye JKU yo muri Zanzibar, nizo zizakina umukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup kuri uyu wa Gatanu.
Irebere kandi uniyumvire aba basaza ubuhanga bafite mu gucuranga iningiri, baririmba indirimbo y’icyongereza utabakekera ko bazi.