Gicumbi: Abaturage bahombejwe n’ibijumba baburiye isoko

Abahinzi bo mu Murenge wa Mutete mu Karere ka Gicumbi, bari mu gahinda nyuma y’uko bari babonye umusaruro mwinshi w’ibijumba, ariko bikaba birimo kwangirika kubera ko babiburiye isoko.

Mu masoko usanga ibijumba ari byo byiganjemo
Mu masoko usanga ibijumba ari byo byiganjemo

Abaganiriye na KigaliToday mu isoko rya Gaseke, aho bari baje kugurisha uwo musaruro, bavuga ko bakoresha ingufu nyinshi mu guhinga ibijumba beza ariko iyo byeze bakabura aho babigurisha.

Mukarwego Cécile umwe muri abo bahinzi, avuga ko mu gihe cy’ihinga ibase y’ibijumba yaguraga 6.000Frw ariko ubu ngo yabuze n’uwamuha 1500Frw.

Agira ati “Nakodesheje umurima, nshyiraho abahinzi, nshyiraho imbuto naguze, ndangije nshyiraho ifumbire y’imborera n’imva-ruganda n’umukozi wo kumfasha gutera, murumva icyo gihombo nzagikira!”

Abakora ubucuruzi bwo kudandaza ibijumba na bo bemeza ko bahomba , kuko babura abagura ibyo baba baranguye, nk’uko Mukeshimana abisobanura.

Ati “Ubundi naguraga ibase yuzuye ibijumba ku 2500Frw nkayigurisha 3000Frw, ayo 500Frw nanjye nkayunguka, none ndagura ibase 1000Frw, nabona bunyiriyeho nkayisubiza kuyo natanze. Nayigura 800Frw nkongera nkayitangira ayo.”

Abaturage bemeza ko ibijumba ari bimwe mu bigize umuco wabo, ku buryo batareka kubihinga
Abaturage bemeza ko ibijumba ari bimwe mu bigize umuco wabo, ku buryo batareka kubihinga

Abo baturage bavuga ko badashobora gucika kuri icyo gihingwa bafata nk’umuco w’iwabo. Basaba ko mu gihe cy’umwero w’ibijumba, ubuyobozi bwajya bubafasha bukabashakira amasoko, bityo umusaruro wabo ugakomeza kugira agaciro.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Gicumbi butunga agatoki ubuyobozi bw’inzego z’ibanze, zitegera abaturage ngo zimenyekanishe umusaruro wabo ushakirwe isoko.

Nteziryayo Anastase, umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu , asaba abo bayobozi kujya bamenyesha akarere mu gihe hari ibihingwa byabuze isoko.

Ati “Hari aho ibyo bijumba bikenewe, ikibazo ni abayobozi b’inzego z’ibanze bategera abaturage ngo bamenyekanishe uwo musaruro, hari aho biba bikenewe n’abaturage bacu bakeneye iby’ahandi.”

Avuga ko akarere kabimenye kahuza abaturage n’ahandi babikeneye hakabaho kugurana, bamwe bakabona ibyo bakeneye, bose bakunguka.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka