Igihembo cy’uyu mwaka cyahawe “International Institute of Tropical Agriculture (IITA), ikigo Nyafurika gishinzwe guteza imbere ubuhinzi mu bihugu bikikije umurongo ugabanyamo isi kabiri wa “Equateur”.
Icyo gihembo cyatanzwe mu ihuriro rya African Green Revolution Forum (AGRF), rigamije guteza imbere ubuhinzi butangiza ibidukikije muri Afurika, iteraniye i Kigali, ikaba yarasoje kuri uyu wa Gatanu tariki 7 Nzeri 2018.
IITA yatsindiye igihembo gifite agaciro k’amadolari y’abanyamerika ibihumbi 100, azifashishwa mu bikorwa byo gukomeza guteza imbere ubuhinzi nk’uko isanzwe ibigenza.
Uwo muhango kandi witabiriwe n’abandi bayobozi batandukanye barimo Perezida wa Ghana Nana Akufo-Addo, Tony Blair wahoze ari Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Olusegun Obasanjo wabaye Perezida wa Nigeria na Strive Masiyiwa, umuherwe wo muri Zimbabwe.
Perezida Kagame yitabiriye uyu muhango nyuma yo kuva mu Bushinwa, aho yari ahagarariye umugabane wa Afurika mu nama ngarukamwaka isuzuma iby’imibanire n’ubuhatanye hagati y’u Bushinwa n’umugabane wa Afurika.
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|