Rusizi: Imvura idasanzwe yangirije abaturage ba Gitambi na Gikundamvura (ibigezweho)

Imvura yaguye mu Karere Ka Rusizi tariki 16 Werurwe 2019 yangije imitungo y’abaturage bo mu Mirenge ya Gitambi na Gikundamvura, abandi barakomereka.

Uru ni uruganda rw'ikawa rwaguye
Uru ni uruganda rw’ikawa rwaguye

Iyi mvura yaguye ahagana saa saba zishyira saa munani z’amanywa yari irimo umuyaga mwinshi, ari na wo watumye igira ubukana budasanzwe. Mu bakomeretse harimo abaturage 16 bajyanywe kuvurirwa mu bitaro bya Mibilizi abandi bababaye byoroheje bajyanwa ku bigo nderabuzima byo muri iyo mirenge.

Kuri iki cyumweru abakomeretse bari bagifite ihungabana rikomeye bakaba bari bakirimo gukurikiranwa n’abaganga. Batatu muri bo ni bo bakomeretse cyane.

Mu bindi byangiritse harimo inzu n’imisarani. Ingo 62 zasenywe n’iyo mvura ivanze n’umuyaga, abazibagamo bakaba bacumbikiwe n’abaturanyi. Hangiritse n’izindi nzu zisaga 162 ariko mu buryo budakabije.

Hegitari zisaga 900 z’imyaka na zo zangiritse. Iyo myaka irimo ibigori, imyumbati, Soya, urutoki n’ibindi.

Barasaba ubuyobozi kubagoboka
Barasaba ubuyobozi kubagoboka

Iyi mvura kandi yasenye n’uruganda rw’ikawa ari na rwo rwakomerekeje abaturage benshi bari barimo kurukoramo.

Abaturage bahuye n’ibi biza barasaba ubuyobozi ko bwabafasha bukababonera amacumbi dore ko bo ngo nta bushobozi bafite bwo kwiyubakira.

Umuyobozi w’Akarere Ka Rusizi, Kayumba Ephrem, avuga ko ibiza nk’ibi biza bitunguranye ariko ngo bagiye kuvugana na Minisiteri ishinzwe ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA) kugira ngo barebe niba hari icyo yabafasha.

Naho ku birebana n’imyaka yangiritse Kayumba Ephrem avuga ko bagiye kwihutira gukangurira abahinzi gutera indi myaka kuko ngo bakiri mu gihe cy’ihinga.

Izo ni zimwe mu nzu zifite ibisenge byagurutse
Izo ni zimwe mu nzu zifite ibisenge byagurutse
Uyu ararizwa n'uko inzu ye yagwiriwe n'igiti arara hanze we n'umugabo we n'abana babiri
Uyu ararizwa n’uko inzu ye yagwiriwe n’igiti arara hanze we n’umugabo we n’abana babiri
Igiti cyaguye hejuru y'inzu abantu barimo ariko ku bw'amahirwe ntihagira ugwamo
Igiti cyaguye hejuru y’inzu abantu barimo ariko ku bw’amahirwe ntihagira ugwamo
14 bakomeretse barwariye muri iki kigo nderabuzima cya Gikundamvura abandi boherezwa mu bitaro Bya Mibilizi
14 bakomeretse barwariye muri iki kigo nderabuzima cya Gikundamvura abandi boherezwa mu bitaro Bya Mibilizi
Toni zirenga 22 z'ibitumbwe bya kawa zangiritse
Toni zirenga 22 z’ibitumbwe bya kawa zangiritse
Imirima y'imyumbati na yo yangiritse
Imirima y’imyumbati na yo yangiritse

Inkuru bijyanye:

Rusizi: Abantu 14 bakomeretse biturutse ku mvura ivanze n’umuyaga

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka