Nyuma y’iminsi yerekeje hanze y’u Rwanda ariko agatinda gusinyira ikipe yavugaga ko yerekejemo, Bimenyimana Bonfils Caleb mu mpera z’icyumweru gishize ni bwo yamaze gusinya mu ikipe ya RFS (FK RĪGAS FUTBOLA SKOLA yo muri Latvia).



Nk’uko twabitangarijwe na Visi-Perezida wa Rayon Sports Muhirwa Freddy, yatangaje ko iyi kipe yaguze Caleb ibihumbi 40 by’amadollars, ariko amasezerano Rayon Sports yari ifitanye n’uyu mukinnyi atuma Rayon Sports ibona gusa 10% byayo, ahwanye na 3,620,163 Frws.
Yagize ati "Twabanje kugira ikibazo cy’uko yari afite amasezerano abiri avuguruzanya, amwe yavugaga ko tugomba kubona 40%, indi ikavuga 10%, ariko twaje kwicara nk’ubuyobozi dusanga si ngombwa ko duhora muri ibyo, Caleb yaradukiniye, yaduhaye ibyo afite, ubu twabahaye ya Rayon Sports bazashyiraho ibihumbi bine by’amadollars"

Iyi kipe Caleb kugeza niyo iyoboye urutonde rwa Shampiyona y’icyiciro cya mbere muri Latvia, aho ifite amanota 18 muri Shampiyona igeze ku munsi wa Gatandatu, ikaba yaratsinze imikino yose imaze gukina.
National Football League
Ohereza igitekerezo
|
hahahah tugize amahirwe tubonye ayo twishyura abakinnyi uku kwezi kwa Kane naho ubundi rwakingaga babili