Nyagatare: Inkuba yishe umuntu, inzu 15 zirasambuka

Umuntu umwe yapfuye akubiswe n’inkuba, inzu 15 zivaho ibisenge ubwo hagwaga imvura ivanze n’umuyaga ku gicamunsi cyo ku wa 16 Mata 2019.

Inzu yose yavuyeho igisenge kubera umuyaga
Inzu yose yavuyeho igisenge kubera umuyaga

Uwakubiswe n’inkuba ni Tugirimana Jean de Dieu w’imyaka 35 ukomoka mu mu Murenge wa Matimba, Akagari ka Cyembogo, Umurenge wa Matimba.

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Matimba buvuga ko byabaye mu mvura yaguye ahagana saa munani z’amanywa, Tugirimana abonye imvura iguye atangira gukata icyondo cyo guhoma ari na cyo inkuba yamukubitiyemo ahita apfa.

Umurambo we woherejwe mu bitaro bya Nyagatare kugira ngo ukorerwe isuzumwa.

Inzu yose yavuyeho igisenge kubera umuyaga
Inzu yose yavuyeho igisenge kubera umuyaga

Imvura ivanze n’umuyaga kandi yasize inzu 13 mu Murenge wa Mimuli i Nyagatare zivuyeho ibisenge, ba nyirayo bacumbikirwa n’abaturanyi.

Naho mu Murenge wa Kiyombe imvura ngo yaguye ahagana saa kumi n’imwe z’umugoroba isenya inzu ebyiri n’ibikoni bibiri.

Abasenyewe inzu babaye bacumbikiwe n’abaturanyi.

Uyu, inzu ye yavuyeho igisenge yashobewe kubera ubushobozi bucye bwo gusubizaho ikindi.
Uyu, inzu ye yavuyeho igisenge yashobewe kubera ubushobozi bucye bwo gusubizaho ikindi.
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka