Kuki Meya, Minisitiri n’undi warokotse Jenoside ubayeho neza adahungabana?-Prof Dusingizemungu

Umuryango Uharanira Inyungu z’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi (IBUKA) urasaba abafasha mu by’ihungabana kumanuka bakegera abahuye n’icyo kibazo hakurikijwe imibereho yabo.

Prof Dusingizemungu avuga ko ihungabana ku barokotse Jenoside riterwa n'imibereho mibi babayemo
Prof Dusingizemungu avuga ko ihungabana ku barokotse Jenoside riterwa n’imibereho mibi babayemo

Perezida w’Umuryango IBUKA Prof. Jean Pierre Dusingizemungu avuga ko ihungabana ku bacitse ku icumu rishingiye ku mibereho yabo itari myiza babayeho kuko abishoboye badakunze guhura n’icyo kibazo.

Ubushakashatsi bwakozwe na Minisiteri y’Ubuzima ifatanyije na Komisiyo y’igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG) bugaragaza ko Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bari hejuru ya 35% bafite ikibazo cy’ihungabana ry’agahinda gakabije.

Ubwo hibukwaga ku nshuro ya 11 imiryango y’Abatutsi yazimye i Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo, Umuyobozi w’Umuryango w’Abanyeshuri barangije Kaminuza (GAERG), Egide Gatari, yagaragaje ko ikibazo cy’ihungabana ku bacitse ku icumu giteye impungenge.

Gatari avuga ko igiteye impungenge ari uko ihungabana ryatangiye no kugera mu bavutse nyuma ya Jenoside
Gatari avuga ko igiteye impungenge ari uko ihungabana ryatangiye no kugera mu bavutse nyuma ya Jenoside

Icyakora avuga ko bamaze gushyiraho ikigo kizajya gifasha abahuye n’ihungabana cyitwa AHEZA giherereye mu Bugesera, ariko ngo ntikibasha kugera ku bafite ibibazo uko bakabaye kuko nta mashami gifite.

Gatari yagize ati “Mu muco dufite wo kwishakamo ibisubizo twigira ku Nkotanyi, twashyizeho icyo kigo kugira ngo duhangane n’ibibazo byo mu mutwe no kwihangira akazi”.

“Ariko twifuza ko hakomeza gushyirwamo imbaraga kugira ngo abarokotse Jenoside badakomeza kototerwa n’ibibazo by’ihungabana dore ko usanga ihungabana ryatangiye no kugera ku badukomokaho”

Perezida wa IBUKA Prof. Jean Pierre Dusingizemungu agaragaza ko atanyurwa n’ingamba zafashwe zo guhangana n’ikibazo cy’ihungabana kuko asanga abashakashatsi bagaragaza imibare ihabanye n’uko ikibazo gihagaze.

Urubyiruko rwa GAERG ni rwo rutegura ibikorwa byo kwibuka imiryango yazimye
Urubyiruko rwa GAERG ni rwo rutegura ibikorwa byo kwibuka imiryango yazimye

Avuga ko ubushakashatsi bukwiye kugaragaza abahungabana abo ari bo ku buryo no kubitaho bigira umwihariko bitewe n’ufite ikibazo cy’ihungabana.

Agira ati, “Kuki hano twicaye nta muntu wigeze ahungabana ni uko nta bikomeye byavuzwe kuri Jenoside, ikibazo njya nibaza, kuki ntabona Meya runaka ahungabana, kuki Minisitiri adahungabana kuki se njyewe ntari nirukanka ku gasozi?”

“Abahungabana ni abafite ubuzima butari bwiza, nibaza ko abavura ihungabana bakwiye kubasanga aho batuye bakabaganiriza bakurikije ubwo buzima babayemo, bakurikije izo nzu batuyemo ziva, hakurikijwe ibibazo by’imibereho mibi bashobora kuba babayemo”.

Prof Dusingizemungu agaragaza ko umukuru w’Igihugu, Paul Kagame, akunze gushishikariza abayobozi gusanga abaturage bakaganira ku bibazo bafite, bityo ko n’abashinzwe ibibazo by’ihungabana bakwiye gusanga abo bantu bakaganira hakurikijwe ibyiciro by’ihungabana bafite.

Abayobozi bazirikana Imiryango yazimye
Abayobozi bazirikana Imiryango yazimye
Guverineri Gasana yunamiye abashyinguye mu rwibutso rwa Nyanza
Guverineri Gasana yunamiye abashyinguye mu rwibutso rwa Nyanza
Kwibuka Imiryango y'Abatutsi yazimye byatangijwe n'Urugendo rwo kwibuka
Kwibuka Imiryango y’Abatutsi yazimye byatangijwe n’Urugendo rwo kwibuka
Minisitiri w'Ubutabera yashyize indabo ku rwibutso rwa Nyanza
Minisitiri w’Ubutabera yashyize indabo ku rwibutso rwa Nyanza
Minisitiri w'Ubucuruzi n'Inganda na we ashyira indabo ku rwibutso
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda na we ashyira indabo ku rwibutso
Minisitiri w'Urubyiruko na we ashyira indabo ku rwibutso
Minisitiri w’Urubyiruko na we ashyira indabo ku rwibutso
Imodoka nyinshi zahagurutse i Kigali ku mugoroba wo ku wa gatandatu zijyanye i Nyanza abagiye kwibuka imiryango yazimye
Imodoka nyinshi zahagurutse i Kigali ku mugoroba wo ku wa gatandatu zijyanye i Nyanza abagiye kwibuka imiryango yazimye

Inkuru bijyanye:

Imiryango 15,593 yarazimye muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Madame Jeannette Kagame arasaba ko hongerwa ingufu mu kuvura ihungabana

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Kabisa ivyo uvuze nukuri 100%

Lambert yanditse ku itariki ya: 13-05-2019  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka