Abatwara ibinyabiziga, murasatira urupfu niba musinda, mukarangara igihe mutwaye

Polisi y’igihugu, ifatanyije n’ubuyobozi bw’Intara y’Amajyepfo, ku wa mbere tariki 13 Gicurasi 2019 batangije ubukangurambaga bw’umutekano mu muhanda bw’igihe cy’umwaka bwiswe ‘Gerayo amahoro’ .

Abayobozi bari bitabiriye iki gikorwa bagaragarije abatwara ibinyabiziga n'abagenzi ubutumwa bugamije kwirinda impanuka
Abayobozi bari bitabiriye iki gikorwa bagaragarije abatwara ibinyabiziga n’abagenzi ubutumwa bugamije kwirinda impanuka

Muri iki gikorwa cyabereye muri gare ya Huye, abatwara ibinyabiziga bashishikarijwe kwirinda uburangare igihe batwaye, bakirinda gutwara basinze, bakirinda n’umuvuduko ukabije. Abatwara imodoka bo banibukijwe kwirinda gucokoza akuma kabibutsa kutarenza umuvuduko (Speed Governor).

Abagenzi na bo basabwe kwirinda imyitwarire yateza impanuka nko gusakuriza abashoferi, bakambara umukandara igihe bari mu modoka. Abagenzi bibukijwe kandi ko bashobora guhamagara polisi cyangwa RURA igihe babona nta mutekano bizeye.

Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, CG Emmanuel Gasana, wari waje gutangiza ubu bukangurambaga, yibukije ko abagenzi bakenera ibinyabiziga ari benshi, bityo bakaba bakwiye kubungabungirwa umutekano.

Yagize ati “Mu Mujyi wa Huye honyine, abagenzi bakenera imodoka, moto cyangwa amagare, barenga ibihumbi 30 kugira ngo bagere aho bagera. Iyo serivise turayikeneye, ariko na none hakenewe ko twumva ko dufite umutekano.”

Guverineri w'Intara y'amajyepfo hamwe n'abandi bayobozi bari kumwe bashyize ku binyabiziga ubutumwa bushishikariza ababitwara kwirinda impanuka
Guverineri w’Intara y’amajyepfo hamwe n’abandi bayobozi bari kumwe bashyize ku binyabiziga ubutumwa bushishikariza ababitwara kwirinda impanuka

Umuyobozi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, ACP Claude Kajeguhakwa, we yibukije abari muri gare ya Huye, baba abatwara ibinyabiziga ndetse n’abagenzi ko ubu bukangurambaga bwatekerejweho nyuma yo kubona ko mu mwaka ushize wa 2018 hari abantu bagera kuri 400 bapfuye bazira impanuka mu Rwanda.

Mu Ntara y’Amajyepfo honyine, kuva mu kwezi kwa kabiri kugera mu kwa kane ko muri uyu mwaka wa 2019, hamaze kuba impanuka 203, zitwara ubuzima bw’abantu 35.

Ati “Ubukangurambaga bw’umutekano mu muhanda bwo mu gihe cy’icyumweru (police week), twagiye dukora bwagiye bugabanya impanuka ku rugero ruri hagati ya 35 na 40%. Twararebye dusanga habayeho ubukangurambaga bw’igihe cy’umwaka, ibyumweru 52, byanze bikunze tuzafasha Abanyarwanda.”

Abatwara ibinyabiziga bagejejweho ubu butumwa bavuze ko nubwo ibyo babwiwe basanzwe babizi, ari ingirakamaro kuko akenshi babirengaho.

Nsengiyumva w'umumotari avuga ko ubundi impanuka baziterwa no gukunda amafaranga bakibagirwa ko kutitonda byabakururira urupfu
Nsengiyumva w’umumotari avuga ko ubundi impanuka baziterwa no gukunda amafaranga bakibagirwa ko kutitonda byabakururira urupfu

Jean Marie Vianney Rutagengwa, umushoferi wa RITCO ati “Buriya kwigisha ni uguhozaho. Hari ukuntu umuntu agenda asa n’uhuga ho gake, ariko iyo habaye ubukangurambaga bituma n’ibyo umuntu yasaga nk’aho yirengagiza yongera kubitekerezaho, bityo akagira ibyo yirinda.”

Romuald Nsengiyumva ukora umurimo w’ubumotari avuga ko akenshi impanuka baziterwa no gukunda amafaranga, bakaba bakwambuka umuhanda batabanje kureba ko nta muntu cyangwa ikindi kinyabiziga bashobora kugonga.

Ati “Ibyo batubwiye tutabyitayeho natwe twaba tutikunda. Kuko iyo utwaye umugenzi neza ukamugezayo amahoro, arakwishyura, ugatunga umuryango. Ariko iyo muguye akazi kaba gahagaze mu gihe utazi.”

Ubu bukangurambaga bw’igihe cy’umwaka ngo ntibuzagarukira ku batwara ibinyabiziga cyangwa babigendamo, ahubwo buzagera no ku banyamaguru.

ACP Kajeguhakwa ati “Twebwe nka polisi y’igihugu, cyane cyane bakorera mu Ntara y’Amajyepfo, tuzegera abanyamaguru, tubambutse imihanda, tunabigishe amategeko: bambuka ryari, bahagarara ryari, bihuta ryari.”

Abatwara ibinyabiziga n'abagenzi bari muri gare ya Huye bagejejweho ubutumwa bujyanye n'ubukangurambaga 'Gerayo amahoro'
Abatwara ibinyabiziga n’abagenzi bari muri gare ya Huye bagejejweho ubutumwa bujyanye n’ubukangurambaga ’Gerayo amahoro’
Abamotari na bo bari bahari
Abamotari na bo bari bahari
Abatwara abantu n'ibintu ku magare na bo bitabiriye kumva impanuro zo kwirinda impanuka
Abatwara abantu n’ibintu ku magare na bo bitabiriye kumva impanuro zo kwirinda impanuka
Ubukangurambaga bwatangijwe, buzamara umwaka wose
Ubukangurambaga bwatangijwe, buzamara umwaka wose

Inkuru zijyanye na: Gerayo Amahoro

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka