I Kibagabaga mu mujyi wa Kigali habereye isiganwa ry’utumodoka duto rizwi nka Go-Kart Race, ryitabirwa n’abakuru ndetse n’abana
Inka zirindwi z’uwitwa Sabiti James zakubiswe n’inkuba zihita zipfa. Byabereye mu Mudugudu wa Mugari, Akagari ka Rutaraka, mu Murenge wa Nyagatare. Byabaye mu mvura yumvikanyemo inkuba yaguye guhera saa munani n’igice z’amanywa ku cyumweru tariki 02 Kamena 2019.
Mu Karere ka Ruhango mu Murenge wa Mwendo mu Kagari ka Gafunzo habereye impanuka yabaye ahagana saa tatu n’igice ku cyumweru tariki 02 Kamena 2019, igwamo abantu batandatu.
Abakora isuku mu Karere ka Musanze basanga igihe kigeze ngo babone ibikoresho bifashisha mu kazi kabo bihagije n’imyambaro yabugenewe ibakingira ingaruka bashobora kukagiriramo, kuko bibarinda impanuka za hato na hato kandi bukaba ari bwo buryo bwizewe bwo kunoza akazi uko bikwiye.
Umwaka utaha w’amashuri uzatangirana impinduka zitandukanye mu burezi zireba cyane cyane abanyeshuri bigira kuzaba abarezi.
Abahanga mu by’ubuzima bavuga ko ari byiza kurya imboga kubera ko ari nziza kandi zigira akamaro gakomeye mu buzima bw’abantu. Gusa bongeraho ko zagombye kuribwa buri munsi.
Umuyobozi w’Intara y’Iburengerazuba yasabye abayobozi bo mu nzego z’ibanze uhereye ku mudugudu gukurikirana imihigo y’ingo z’abaturage.
Umuyobozi w’Ingabo mu Karere ka Kicukiro, Lt Col Sam Rwasanyi, avuga ko igihugu kitaba cyiza kubera ko izuba ryarashe cyangwa imvura yaguye gusa, ahubwo ko biharanirwa n’abaturage bacyo.
Rayon Sports imaze guhabwa igikombe cya Shampiyona y’umwaka w’imikino 2018/2019, nyuma yo gutsinda Marines ibitego 3-0
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof Shyaka Anastase arizeza ko imigenderanire no guhahirana kw’abaturage hagati y’u Rwanda, Congo-Kinshasa n’u Burundi irimo kunozwa.
Abahinzi b’icyayi bo mu murenge wa Karambi mu karere ka Nyamasheke baravuga ko bahangayikishijwe n’imvune zitanjyanye n’umusaruro w’amafaranga babona kuko kugeza ubu ngo basanga bakorera mu gihombo, bagasaba ubuyobozi kuzamura igiciro cy’amafaranga bagurirwaho icyayi ku ruganda rwa Gatare bakigemuraho.
Urusenda ni urubuto rutukura, rukundwa n’abantu batandukanye, hari n’abadashobora gufata ifunguro ryabo batarubonye. Abenshi bavuga ko rubongerera ubushake bwo kurya nubwo baba batabishakaga cyane, abandi bakavuga ko rutuma bumva ibyo kurya bibaryoheye kurushaho iyo babishyizemo urusenda.
Minisitiri w’Ingabo, Maj Gen Albert Murasira avuga ko ubufatanye bwa Minisiteri ayobora hamwe n’Ikigo Jali Holdings buzavugurura imibereho y’Abashoferi.
Ifaranga ry’u Rwanda kuri ubu rimaze imyaka 55 ribayeho, nyuma yo gusimbura irya Kongo mbiligi mu mwaka w’1964, ryagiye rigira impinduka mu bihe bitandukanye, bamwe bakabibona nk’ikibazo impugukuke zikaga ko ari ikimenyetso cy’iterambere.
Umukozi wa Komisiyo y’igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG) ushinzwe gutegura inyigisho zo gukumira ingengabitekerezo ya Jenoside, ihakana n’ipfobya ryayo, Gatabazi Claver, avuga ko kwigisha abana amateka ya Jenoside nubwo ahanda ari inshingano.
General James Kabarebe, umujyanama wa perezida Paul Kagame mu by’umutekano, aravuga ko Ubwo abari bayoboye urugamba rwo kubohora igihugu bicwaga mu 1990, ingabo zacitse intege cyane zitabarwa na Perezida Kagame watangije urugamba bushya bigatuma intsinzi iboneka.
Mu ruzinduko yatangiye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuri uyu wa gatanu tariki 31 Gicurasi 2019, Perezida wa Republika y’u Rwanda Paul Kagame yagiranye ibiganiro n’umukuru w’iki gihugu Félix Antoine Tshisekedi ndetse n’umukuru w’igihugu cya Angola João Lourenço.
Urwego rw’umuvunyi ruratangaza ko rwafashe ingamba zo gukaza umurego mu gukurikirana no guteza cyamunara imitungo y’abantu bahamwe n’icyaha cya ruswa.
Amapera ni urubuto rwiza cyane rukunzwe na benshi kubera impumuro yarwo nziza, kandi ntirusharira na gato, ahubwo rugira isukari nziza iringaniye. Ikindi kandi ni uko amapera akungahaye kuri vitamine zitandukanye, zituma urwo rubuto rukoreshwa mu miti gakondo inyuranye. Nk’uko tubikesha linfo.re hari ibyiza bitandukanye byo (…)
Abanyamakuru bo mu bihugu bitandukanye bya Afurika biganjemo abagore bamaze iminsi mu Rwanda, basuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali bashengurwa n’ibyo babonye bajyaga babwirwa.
Abafatanya bikorwa b’Akarere ka Ngororero barasaba ko iminsi y’imurikabikorwa yakongerwa kugira ngo abaturage babone umwanya uhagije wo kugura no guhabwa amakuru.
Urubuga rwa twitter rw’urwego rw’ubugenzacyaha (RIB), ruravuga ko rwataye muri yombi umwe mu bayoboye Supermarketings Global Ltd, imwe muri sosiyete zikora ubucuruzi bw’amafaranga burimo uburiganya (Cripto-Currency scam); ubucuruzi butandukanye n’ubwo yasabiye ibyangombwa muri RDB.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, yageze i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), mu gitondo cyo kuri uyu wa gatanu tariki 31 Gicurasi 2019, aho azitabira umuhango wo gushyingura Etienne Tshisekedi wahoze ari minisitiri w’intebe w’iki gihugu akanaba se wa Perezida mushya wa Congo Kinshasa.
Kuri uyu wa Kane tariki ya 30 Gicurasi 2019 Ministre w’Uburezi Dr Eugene Mutimura ari kumwe na Ambasaderi w’igihugu cy’Ubushinwa mu Rwanda Hao Hongwei bashyize ibuye ry’ifatizo ahagiye kwagurirwa Ishuri rikuru ry’imyuga n’ubumenyi ngiro IPRC Musanze, umushinga ukazatwara miliyoni 16 z’Amadorari ya Amerika.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 01/06/2019, haratangira irushanwa ry’amakipe y’abakiri batarengeje imyaka 15 na 17, rikazitabirwa n’amakipe 73 yo mu gihugu cyose.
Rutahizamu w’umunyarwanda Meddie Kagere yaraye atowe nk’umukinnyi mwiza wa Simba muri uyu mwaka w’imikino wa 2018/2019.
Vitiligo ni indwara ikunze kwibasira igice runaka cyo ku mubiri w’umuntu ikarangwa n’amabara aza ku ruhu, ari ho yakuye izina “ibibara”.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe Amashuri Abanza n’Ayisumbuye, Dr. Isaac Munyakazi, yerekanye ko mu gihe uburezi budateye imbere, igihugu kidashobora kugera ku mpinduka cyifuza.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame aravuga ko utagera ku birambye, keretse igihe abo muri kumwe babifitemo inyungu.
Kuzirika inda cyangwa kwambara umukandara ufashe mu nda cyane, bituma inyama zo mu nda zegerana nyuma yo kubyara, n’inda igasa n’isubiranye, ndetse kikaba n’igisubizo mu gufasha umugongo gukomera.
Ugushyingiranwa ni igikorwa cyabayeho kuva mu myaka irenga 3000 mbere y’ivuka rya Yesu. Ni igikorwa kiba muri sosiyete hafi ya zose zo hirya no hino ku Isi. Hari ibihugu usanga bihuje imihango imwe n’imwe ijyanye n’ubukwe, ariko cyane cyane icyo abantu benshi bahuriraho ni impeta zambarwa ku ntoki mu gihe umukwe n’umugeni (…)
Visi Perezidante wa Komisiyo y’ubumwe n’ubwiyunge mu Rwanda (NURC), Xaverina Uwimana, avuga ko abantu badakwiye guterwa impungenge n’abakoze Jenoside bari hafi kurangiza igihano, kuko batazataha igihiriri.
Urubuga rwa Interineti www.medicalnewstoday.com rusobanura ko Osteoporosis ari indwara y’amagufa iboneka mu mubiri igihe habaye gutakaza amagufa, kuba ari mato, cyangwa byombi. Ibyo bigira ingaruka zo kudakomera kw’amagufa ku buryo umuntu avunika ku buryo bworoshye, hakaba igihe umuntu atsikira gato akavunika ku buryo bukabije.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi Jean Damascene Bizimungu, Umugenzuzi w’Imari (Auditeur) w’Akarere ka Rutsiro ashinjwa kwakira ruswa ngo adashyira ku karubanda ubuyobozi bwa Koperative KOPAKAMA mu ikoreshwa nabi ry’umutungo w’iyi koperative.
Guhera tariki ya 1 kugeza tariki ya 4 Kamena 2019, Umujyi wa Kigali uzakira Inama ya 89 ya Biro Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Abayobozi b’Imijyi ikoresha ururimi rw’Igifaransa (Association Internationale des Maires Francophones-AIMF), nk’uko ubuyobozi bw’uwo muryango bwabyifuje.
Mu gihugu cya Malawi hari abakobwa batanga ubuhamya bw’uburyo bafashijwe n’agakoresho kitwa “Menstrual Cup” kameze nk’agakombe ariko ka Pulasitike kifashishwa mu gihe cy’imihango kagasimbura izindi mpapuro n’udutambaro bari basanzwe bakoresha.
Umukino wa nyuma wa Shampiyona uzahuza Rayon Sports na Marines wagombaga kubera kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, wimuriwe kuri Stade Amahoro i Remera
Buri wa gatandatu wa nyuma w’ukwezi, Abanyarwanda bahurira hamwe mu midugudu yabo bagakora ibikorwa binyuranye by’imirimo y’amaboko, mu rwego rw’umuganda.
Uruganda rumwe rukumbi rwa Sima mu Rwanda (CIMERWA) rugiye kubona umukeba mu gihe rwari rumaze imyaka irenga 30 rwihariye isoko ryo gukorera sima ku butaka bw’u Rwanda.
Abakomiseri n’abakozi ba Komisiyo y’uburenganzira bwa muntu mu Rwanda ku wa mbere tariki ya 27 Gicurasi 2019 batangiye kwigishwa uko bakora iperereza, no gukora za raporo zinoze zirebana n’iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu.
Raporo y’umuryango wita ku bana (Save the Children International) yo muri uyu mwaka wa 2019, yashyize u Rwanda mu bihugu bya mbere muri Afurika byateje imbere imibereho y’abana mu myaka 20 ishize.
Minisiteri y’Uburezi MINEDUC iratanga za ko hari amashuri agenda yisubiraho mu kuzamura ireme ry’uburezi n’akomeje kugenda biguru ntege nyuma y’ubukangura mbaga bukorwa.
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Rubavu buratangaza ko ibivugwa by’uko ibi bitaro bifunga abarwayi atari byo, ahubwo ko ikibaho ari ukutemerera umurwayi gutaha mu rwego rwo gutegereza ko umuryango we umwishyurira.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Kurengera Ibidukikije (REMA), buvuga ko Raporo yo mu mwaka wa 2016, yagaragaje ko muri uwo mwaka mu Rwanda habaruwe abasaga 2,200 bishwe n’indwara z’ubuhumekero.
Mu Karere ka Rusizi hari ababyeyi badakozwa gahunda yo kuboneza urubyaro. Ni mu gihe abandi basobanura ko batazi imikorere y’iyo gahunda, ibi bikaba biri mu bituma aka karere kaza inyuma mu gihugu muri gahunda yo kuboneza urubyaro.
Mu myaka 10 yakurikiye ihagarikwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, uwabaga ufite imodoka yagize ikibazo ashaka gukoresha, aho wagana hose mu magaraji yo mu Rwanda by’umwihariko mu Mujyi wa Kigali, wakirwaga n’Ikigande cyangwa Igiswahili kuko mu Rwanda hari abakanishi benshi b’abanyamahanga ndetse ugasanga ari na bo (…)
Guhera kuri iki Cyumweru mu Rwanda haratangira irushanwa ryo kwibuka Abasportifs bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu mukino wa Handball rikazatangirira hanze ya Kigali
Rutahizamu ukomoka i Burundi Issa Bigirimana wakiniraga APR FC, yamaze kwerekeza mu ikipe ya Young Africans agomba gukinira imyaka ibiri
Ikompanyi yitwa East African Promoters (EAP), imenyerewe mu gutegura ibitaramo bikomeye mu Rwanda, yateguye ibitaramo bizazenguruka intara zose z’u Rwanda uko ari enye n’umujyi wa Kigali. Ibyo bitaramo bikubiye mu iserukiramuco ryiswe “Iwacu muzika Festival” bikazajya biba buri mwaka.
Mu gihe ibirori by’ubukwe mu Rwanda byagiye byaguka, bamwe mu ngaragu bemeza ko ibyiciro bisaga 10 ubukwe bw’ubu busabwa kunyuramo ari kimwe mu bituma batinda gushaka cyakora abatari bake bavuga ko byatumye babasha kurwanya ubushomeri.