Ibigo by’amashuri byo muri Huye bigiye kujya bishyirwa mu byiciro

Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Ange Sebutege, avuga ko bagiye kujya bashyira ibigo by’amashuri mu byiciro, kugira ngo bamenye ibikwiye kwitabwaho kurusha.

Umuyobozi w'Akarere ka Huye, Ange Sebutege avuga ko bagiye kujya bashyira ibigo by'amashuri mu byiciro
Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Ange Sebutege avuga ko bagiye kujya bashyira ibigo by’amashuri mu byiciro

Ibi byiciro n’ubwo batarabiha amazina, ariko ngo bizaba ari bitatu.

Hari ikizaba kirimo ibigo by’indashyikirwa umuntu yavuga ko biri mu ibara ry’icyatsi, ikizaba kirimo ibigereranyije umuntu yavuga ko biri mu ibara ry’umuhondo, ndetse n’ibikeneye kwitabwaho kurusha ibindi, umuntu yavuga ko biri mu mutuku.

Mu kubishyira mu byiciro hazarebwa imitangirwe y’amasomo ni ukuvuga uko abanyeshuri bahiga batsinda, kwigisha abana umuco, isuku, siporo, ubumwe n’ubwiyunge, n’ibindi bigitekerezwaho.

Sebutege ati “ibyo byose ishuri tuzabisangamo tuzavuga ko ari indashyikirwa, ariko aho tutazabisanga bazashyirwa mu cyiciro gikwiye, hanyuma natwe bidufashe mu isuzuma, tujye tureba ngo ese ntacyo twakubwiye ngo nawe uzamuke mu cyiciro?”

Amashuri ari mu cyiciro cyo hasi ngo azajya ajya kwigira ku y’indashyikirwa, bityo amashuri yose abashe kuzamuka.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka