Umunyeshuri wo mu Rwanda agiye guhagararira Afurika mu marushanwa yo kuvuga Igishinwa

Hashize amezi atandatu ishuri Notre Dame de la Providence Karubanda (ENDPK) rishakiye umwarimu w’Igishinwa abanyeshuri bifuza kukimenya, none habonetse umwana uzahagararira Afurika mu marushanwa yo kukivuga.

Sabine Irakoze Kimonyo ugiye guhatana mu kuvuga igishinwa azi no kubyina nk'Abashinwa
Sabine Irakoze Kimonyo ugiye guhatana mu kuvuga igishinwa azi no kubyina nk’Abashinwa

Sabine Irakoze Kimonyo wiga mu mwaka wa gatanu w’amashuri yisumbuye muri iri shuri ni we uzahagararira u Rwanda na Afurika mu marushanwa mu kuvuga Igishinwa. Azajyana na Kenny Gumiriza wiga muri Akagera International School.

Irakoze avuga ko yumva uru rurimi aruzi, n’ubwo atari nka ba nyirarwo. Ariko ngo yizeye kuzarumenya neza kuko ari gushakirwa buruse yo kujya kwigira mu Bushinwa.

Agira ati “Igishinwa nacyiganye ubushake, ku bw’amahirwe kiranyorohera. Numva kizamfasha kubona akazi mu buryo bworoshye muri iki gihe kubona akazi bitacyoroheye urubyiruko. Mu Rwanda hasigaye hari Abashinwa baza kuhakorera baba bakeneye abasemuzi.”

Akomeza agira ati “Birenze kuri ibyo, mu buryo bwo guteza imbere u Rwanda dukeneye no kuvoma ubwenge ku Bashinwa.”

Umuyobozi w’ishuri ENDP Karubanda, Sr. Philomène Nyirahuku, avuga ko biyemeje kwigisha Igishinwa bagamije ko abana bigisha barushaho kugira amahirwe yo kubona akazi.

Ati “Twaratekereje nk’ishuri ngo ko tubona Abashinwa ari benshi mu Rwanda, tukabona hari Abanyarwanda babasemurira, buriya biba byaragenze bite? Naje kumenya ko muri Minisiteri y’Uburezi batanga abarimu bigisha Igishinwa, ndamusaba, baramumpa. Hashize amezi atandatu.

Iri shuri ubusanzwe ntiryigisha indimi, ahubwo ryigisha amasiyanse (science). Ariko ngo indimi bazishyiramo imbaraga kuko bazi ko kumenya indimi nyinshi umuntu aba ashobora kumenya byinshi, haba mu myigire no mu kubona umurimo.

Ku ikubitiro bahamagariye abanyeshuri kucyiga nyuma y’amasomo kubera ko biga kugeza saa munani. Abashaka kucyiga babaye benshi, maze bashyiraho isaha imwe yo kucyiga muri buri shuri.

Abanyeshuri kandi bashyizwe mu matsinda yo kucyiga muri wikendi (weekend) ndetse no mu biruhuko.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Uyu mwana rwose turamushyigikiye nakomerezeho kandi amahirwe masa. Language opens opportunities and breaks barriers.

Maurice yanditse ku itariki ya: 12-07-2019  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka