U Rwanda rwiteguye guhangana n’ibitero by’inzige

U Rwanda rwatangiye gufata ingamba zo guhangana n’inzige zishobora kurugeramo igihe icyo ari cyo cyose, nyuma y’uko zigaragaye mu majyaruguru ya Uganda.

Inzige zimaze iminsi zibasiye ibice bitandukanye by'Uburasirazuba bwa Afurika (Ifoto: AFP)
Inzige zimaze iminsi zibasiye ibice bitandukanye by’Uburasirazuba bwa Afurika (Ifoto: AFP)

Amakuru aturuka muri Uganda aravuga ko inzige zageze muri Uganda ku cyumweru tariki 09 Gashyantare 2020 zinjiriye mu Karere ka Amudat mu Ntara ya Karamoja.

Izo nzige zigeze muri Uganda nyuma yo kuyogoza Amajyaruguru ya Kenya, ibintu byateye impungenge z’uko zishobora kugera no mu Rwanda n’ibindi bice by’ibihugu by’ibiyaga bigari.

Umuyobozi wungirije w’ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuhinzi n’ubworozi RAB ushinzwe ubushakashatsi ku buhinzi, Dr. Charles Bucagu, yavuze ko inzego zitandukanye zirimo kwitegura mu gihe icyo ari cyo cyose inzige zagera ku butaka bw’u Rwanda.

Inzige zikomeje kuvugwa mu bihugu bitandukanye birimo n'ibituranye n'u Rwanda (Ifoto: Ben Curtis/AP)
Inzige zikomeje kuvugwa mu bihugu bitandukanye birimo n’ibituranye n’u Rwanda (Ifoto: Ben Curtis/AP)

Uyu muyobozi yabwiye KT Press ko bari gushyira ku murongo ibikenewe mu guhangana n’izo nzige birimo imiti ishobora kuzica, avuga ko bazatangaza ikiri gukorwa mu gihe cya vuba.

Yanavuze kandi ko bari gukora ubukangurambaga mu bahinzi, babateguza ko izo nzige zishobora kugera mu Rwanda. Yongeyeho ko bazaha abahinzi amapompe asohora imiti yica inzige ndetse bagashaka n’indege zakwifashishwa mu gutera iyo miti mu gihe inzige zaba zigeze mu Rwanda.

Dr. Bucagu yasobanuye ko Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI), Minisiteri y’Ibikorwa by’Ubutabazi(MINEMA) n’Ingabo z’u Rwanda hamwe n’abandi bafatanyabikorwa, barimo kwigira hamwe uburyo bwo guhangana n’inzige mu gihe zaramuka zigeze mu Rwanda.

Inkuru bijyanye:

Burundi: Biteguye guhangana n’inzige bazirya

Udusimba twagaragaye i Nyagatare si inzige - Meya Mushabe

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

Nibyo koko leta nikomeze gushyira imbaraga mukwitegura uburyo izo nzige zahashywa mugihe chose zizaba zigeze murwanda

Mushakamba yanditse ku itariki ya: 11-02-2020  →  Musubize

Nibyo koko leta nikomeze gushyira imbaraga mukwitegura uburyo izo nzige zahashywa mugihe chose zizaba zigeze murwanda

Mushakamba yanditse ku itariki ya: 11-02-2020  →  Musubize

Nyagasani Imana idutabare
Retayacumutubere masokukobiragaraharako bikomey

Thierry yanditse ku itariki ya: 11-02-2020  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka