Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga, Dr Vincent Biruta, avuga ko Abanyapolitiki barimo n’abanyamadini bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bavuga ko u Rwanda rufite umugambi wo kwigarurira igice cy’icyo gihugu nta shingiro bifite kuko ibihugu byombi bibanye neza.
Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) ruratangaza ko mu mwaka ushize wa 2019, rwanditse ibigo by’ishoramari rifite agaciro ka miliyari 2.4 z’amadolari ya Amerika, angana na miliyari ibihumbi 2.4 z’amafaranga y’u Rwanda, bivuye kuri miliyari 2.1 z’amadolari byanditswe mu mwaka wa 2018, bivuze ko ishoramari ryanditswe (…)
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Mufulukye Fred, arasaba abaturage b’Akarere ka Nyagatare n’abatuye intara muri rusange kwirinda kunyura mu nzira zitemewe no gutwara magendu kuko bishyira ubuzima bwabo mu kaga.
Ibirindiro bibiri by’abasirikare ba Amerika muri Iraq byagabweho igitero cy’ibisasu birenga icumi bya misire ziraswa kure, nk’uko byatangajwe n’ibiro by’Umunyamabanga wa Amerika ushinzwe umutekano.
Umukecuru w’imyaka 88 wo mu Murenge wa Kimonyi mu Karere ka Musanze, ari mu maboko ya Polisi, Sitasiyo ya Muhoza, nyuma yo gufatanwa urumogi.
Mu gihe benshi mu banyafurika batuye mu bihugu binyuranye usanga bafite inyota yo kujya mu bihugu by’i Burayi na Amerika, bimwe mu bihangange bifite uruhu rwirabura, biba muri ibyo bihugu, byo bikomeje kugaragaza ubushake bwo kuba Abanyafurika, bakahakora ibikorwa binyuranye bizamura Afurika n’abaturage bayo, ndetse bamwe, (…)
Abayobozi b’ibigo by’amashuri yigisha amategeko y’umuhanda no gutwara ibinyabiziga baravuga ko integanyanyigisho bakoreshaga yavugururwa ikongerwamo amasomo ajyanye na gahunda ya Gerayo Amahoro.
Umunya-Senegal Sadio Mané yatowe nk’umukinnyi w’umwaka muri Afurika, mu birori byabereye mu Misiri.
U Rwanda ruravuga ko irekurwa ry’Abanyarwanda barindwi bari bamaze igihe bafungiwe muri Uganda ari ikintu cyiza ariko kidahagihe, ugereranyine n’umubare w’Abanyarwanda bafungiyeyo.
Amavuriro hirya no hino mu gihugu ahora ataka ibihombo aterwa no kuvura abantu benshi ariko ntibishyure, bikagira ingaruka kuri serivisi zihabwa abandi babigana, gusa Leta yashyizeho uburyo bwo kongerera ubushobozi ubwisungane mu kwivuza hagamijwe gukemura icyo kibazo.
Umunyamabanga wa Leta Muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ushinzwe ibikorwa by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, yikomye Umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu (Amnesty International), ishami rya Afurika y’Iburasirazuba, ku byo uvuga ku mubano w’u Rwanda na Uganda.
Abantu batari bake bamaze kumenya ko gukora siporo muri rusange ari ikintu cy’ingenzi mu mibereho myiza yabo, ariko siporo yo koga ifite ibyiza byayo byihariye byagombye gutuma abantu bayitabira.
Urukiko rwa gisirikare rwa Makindye muri Uganda, rwarekuye Abanyarwanda barindwi bari bafungiye muri iki gihugu bashinjwa ibyaha birimo ibyo kuba intasi z’u Rwanda.
Nyuma yuko amanota y’ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza n’icyiciro rusange cyamashuri yisumbuye asohotse, abanyeshuri bo muri Wisdom School bagatsindi ku rwego rwiza, ababyeyi barerera muri iryo shuri bishimiye umusaruro w’abana babo n’ubumenyi butangwa n’iryo shuri.
Ku wa mbere tariki ya 06 Mutarama 2020, Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ryafatiye ibihano abanyamuryango b’amwe mu makipe bitwaye nabi mu gice kibanza cya shampiyona, nubwo mu mikino ibanza ya shampiyona amakipe menshi yavuze ko imisifurire itagenze neza.
Mugisha Jean Luc yari mu bari bagiye kwiyandikisha basaba ishuri mu rwunge rwa Kagugu Catholique i Kinyinya mu Karere ka Gasabo ku wa mbere tariki 06 Mutarama 2020, ariko umubyigano w’abantu benshi yahasanze watumye atakaza amasomo ku munsi wa mbere.
Mu myaka itatu cyangwa ine ishize, u Rwanda rwagiye rugaragaza imishinga minini, umwaka ku wundi.Imwe muri yo yagiye igaragara mu gihe cyo gushyirwa mu bikorwa, ndetse ikagaragaza igihe kirekire izarangirira.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu bwashyize ahagaragara itangazo risaba abazi amakuru ku bantu bishwe bagatabwa mu kibuga cy’indege kuyatanga nyuma y’uko habonetse imibiri ihatabye.
Safi Madiba yandikishije ibihangano bye mu Rwego rw’Igihugu rushinzwe kwihutisha Iterambere (RDB), bimusubiza igisa n’uburenganzira yari yarambuwe na The Mane yabarizwagamo. The Mane yari yaratanze impuruza ko atemerewe gukoresha ibihangano byose yayikoreyemo.
Leta y’u Rwanda yishimiye itegeko riherutse kwemezwa na Afurika y’Epfo, ribuza abahahungiye kujya mu bikorwa bya politiki.
Sosiyete ya StarTimes icuruza ifatabuguzi ry’isakazamashusho n’ibikoresho bijyanye na byo, irashishikariza abantu kwitabira Poromosiyo ya StarTimes iriho yitwa Dabagira n’Ibyiza bya StarTimes.
Ikipe ya Kiyovu Sports ikomeje kwiyubaka, aho yasinyishije abakinnyi babiri barimo Habamaho Vincent ndetse na rutahizamu ukomoka muri Cameroun
U Rwanda rutangiye umwaka wa 2020 rwamagana abahakana n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.U Rwanda rwamaganye itumirwa rya Paul Rusesabagina, ushinjwa gupfobya no guhakana Jenoside, akaba yaratumiwe nk’umwe mu bazatanga ikiganiro b’ingenzi i San Antonio muri Leta zunze ubumwe za Amerika.
Ibumba ry’icyatsi ni iki?Ese umugore utwite yarikoresha ntirimutgireho ingaruka cyangwa se ngo rizigire kuwo atwite?Umwe mu basoma inkuru za Kigali Today, yasabye ko twamubwira niba ibumba ry’icyatsi ryaba ryemewe cyangwa ritemewe ku mugore utwite.
Ibihumbi n’ibihumbi by’abanya-Iran buzuye imihanda y’umurwa mukuru Tehran, aho bitabiriye umuhango wo gushyingura Qasem Soleimani wari umwe mu bayobozi bakuru b’ingabo za Iran wiciwe muri Iraq ku wa gatanu w’icyumweru gishize.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa (RCS) rutangaza ko rwashyize imbere kurengera ibidukikije, kuko kugeza ubu muri gereza 13 ziri mu gihugu, 3% gusa ari ho hagicanwa ibikomoka ku biti.
Urubyiruko rutari mu mashuri mu turere twa Rwamagana na Nyarugenge ruratangaza ko Clubs z’Ubumwe n’Ubwiyunge ruhuriramo zirufasha kungurana ibitekerezo ku mateka yaranze u Rwanda no gufatanyiriza hamwe gushaka ibisubizo by’ibibazo ruhura na byo.
Ubuyobozi bw’Ingoro z’Umurage w’u Rwanda, buravuga ko imirimo yo kubaka ingoro y’amateka y’urugamba rwo kwibohora iri kubakwa ku Mulindi, biteganyijwe ko izaba yarangiye muri Kamena uyu mwaka wa 2020.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Huye burasaba inzego z’ubuyobozi kudaharira abashinzwe ubuhinzi (Abagoronome) bonyine umurimo wo guteza imbere ubuhinzi.
Mu mikino itarimo umupira w’amaguru, bimwe mu byavuzwe cyane 2019 harimo itahwa rya Kigali Arena, Patriots yitwaye neza ku rwego mpuzamahanga, ndetse na Merhawi Kudus wanikiye abanyarwanda muri Tour du Rwanda
Abatuye mu Mujyi wa Musanze no mu nkengero zawo bavuga ko batewe impungenge n’abana b’inzererezi bagaragara ku mihanda cyane cyane mu masaha ya nijoro basabiriza abahisi n’abagenzi.
Umunyarwanda witwa Mbonabakeka Félicien w’imyaka 35 uvuka mu Murenge wa Gahunga mu Karere ka Burera, biravugwa ko yiciwe muri Uganda mu ijoro ryo ku itariki 31 Ukuboza 2019 rishyira kuwa 01 Mutarama 2020, agashyingurwa mu buryo butazwi.
Rayon Sports itsindiye Gasogi United igitego 1-0 kuri stade ya Kigali i Nyamirambo, igitego cyatsinzwe na Sugira Ernest
Mu mikino y’umunsi wa 16 ya shampiyona y’icyiciro cya mbere, APR na AS Kigali zaguye miswi, Bugesera na Mukura zibona atatu
U Rwanda rwazamuye igihano kuri buri muntu uzafatirwa mu guhererekanya amafaranga ajyanwa gushyigikira ibikorwa by’iterabwoba, icyo gihano kiva ku gifungo kiri hagati y’imyaka 7-10 kijya hejuru y’imyaka 20.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru Gatabazi Jean Marie Vianney, yanenze abayobozi birirwa bakwepa itangazamakuru, avuga ko kudatanga amakuru ku muyobozi biri mu bidindiza iterambere n’imibereho myiza y’abaturage, bikadindiza n’imikorere yabo.
Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu CP John Bosco Kabera, yasabye Abanyarwanda kumenya nimero itishyurwa bagomba guhamagaraho kugira ngo bajye batabarwa vuba na bwangu.
Humura Elvin w’imyaka 11 y’amavuko uheruka kuba uwa mbere ku rwego rw’igihugu mu kizamini cya leta gisoza amashuri abanza avuga ko agiye gukomeza kwiga afite umwete, kugira ngo bizamufashe gukabya inzozi zo kuba umuhanga mu by’ubutabire (chemistry).
Inteko Ishinga Amategeko, umutwe w’Abadepite ishoje umwaka wa 2019 yiyubakiye byinshi izibukirwaho. Iyo Nteko ya kane yatangiye imirimo yayo tariki ya 05 Ukwakira 2018, aho yakomeje imirimo yo gucukumbura amategeko n’ibyo ateganya mu mwaka wa 2019.
Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwatangaje ko guhera ku wa gatandatu tariki ya 04 Mutarama 2020, igiciro cy’ibikomoka kuri peteroli gihindutse ku buryo bukurikira:
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko gahunda yiswe ‘Gerayo Amahoro’ yo gukumira impanuka mu mihanda muri 2019, yagabanyije impanuka ku rugero rungana na 17%.
Niyobuhungiro Cynthia afite umwana urangije mu mwaka wa gatandatu w’amashuri abanza muri Good Harvest School.
Myugariro wa Rayon Sports n’Amavubi Rugwiro Hervé wari ufungiye i Rubavu amaze kurekurwa.
Abashoferi bazwi ku izina ry’Abasare biyemeje gufasha abantu banyoye inzoga barabahamagarira kudatinya gufata icyo kunywa cyane cyane muri iyi minsi mikuru kuko biteguye kubageza mu ngo zabo amahoro.
Abaturage bo mu Murenge wa Jenda mu Karere ka Nyabihu, bavuga ko bamaze kubona ubukungu bwihishe mu gihingwa cya karoti, bituma bitabira kugihinga, bakaba bemeza ko umusaruro babona ari mwinshi ku buryo utunze igihugu.
Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Nuwumuremyi Jeannine, avuga ko mu byamubabaje mu mezi atatu amaze ku buyobozi, harimo kuba yarigeze guherekeza ikipe ya Musanze FC i Kigali ubwo yari igiye gukina na APR FC igatsindwa ibitego 5-0.