Nyarugenge: Meya Kayisime yashimiye umusore uherutse kurohora umwana
Umuyobozi w’Akarere ka Nyarugenge, Kayisime Nzaramba, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kane tariki 06 Gashyantare 2020 yakiriye umusore uherutse kugaragara akora igikorwa cy’ubwitange arohora umwana muri ruhurura.

Uwo musore witwa Bunani Jean Claude yagaragaye mu mashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga atabara umwana wari waheze muri ruhururura mu gace ka Nyabugogo mu Mujyi wa Kigali agiye gutwarwa n’amazi.
Bunani Jean Claude yaje ari kumwe n’umwana yarokoye witwa Jackson Gatego. Umuyobozi w’Akarere ka Nyarugenge yashimiye Bunani amugenera n’impano ku giti cye kubera igikorwa yakoze ndetse amumenyesha ko ubuyobozi bw’Akarere bwatekereje kumufasha kubona imirimo yakora agakomeza kwiteza imbere.
Umufatanyabikorwa w’Akarere ka Nyarugenge witwa Dr William Birahira ufite ivuriro ryitwa Polyclinique de l’Etoile mu mujyi wa Kigali ni we wiyemeje gushimira uwo musore amuha akazi.

Muganga Birahira yabwiye Kigali Today ko uwo musore bamubwiye ko agera kuri iryo vuriro kuri uyu wa gatanu tariki 07 Gashyantare kugira ngo ahite atangira akazi.
Muganga Birahira ati “icyo tuzamubona ko afite ubushobozi bwo gukora ni cyo tuzamuha. Hari byinshi byo gukora bidasaba ko umuntu aba yarize kuvura.”
Bunani Jean Claude yishimiye igikorwa cyakozwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Nyarugenge anamwizeza kuzakora neza akazi bamushakiye.
Umwana Bunani yarohoye we ngo arimo gushakirwa umuryango umwakira, hanyuma agasubizwa mu ishuri.

Uyu mwana yitwa Gatego Jackson, akaba ari umwe mu bana bo mu muhanda bakunze kuba bari muri Nyabugogo. Yarohowe n’umugabo witwa Bunani amukura muri iyi Ruhurura mu gihe yari agiye gutwarwa n’umuvu w’imvura. inkuru irambuye gana https://t.co/DM5vk3d70p @RwandaEmergency #RwOT pic.twitter.com/d7qZxACMOG
— Kigali Today (@kigalitoday) February 3, 2020
Amafoto: Akarere ka Nyarugenge
Inkuru bijyanye:
Kigali: Gatego yarohowe muri ruhurura n’umusore wagaragaje ubwitange
Ohereza igitekerezo
|
Uyu mwana akeneye urukundo rwa kibyeyi Ndabona rwose nakwisabira Mayor Kansiime nk’umubyeyi yafata uriya mwana akamurera yaba abaye umubyeyi w’intangarugero byaba ari n’umugisha. kuko ejo he na Jackson ni heza.
Ibi nibyo isi ikeneye yuko abantu bakundana aho kwirirwa barwana mu ntambara cyangwa bacuranwa ibyiza by’igihugu.Tekereza ukuntu isi yaba nziza dukoze ibyo Imana idusaba byanditse muli bibiliya.
Ibibi byose byavaho,noneho Imana ikadukuriraho Urupfu,Ubusaza n’Indwara.Nkuko yabisezanyije,izabikora ariko ibanje gukura mu isi abantu bose bakora ibyo itubuza.Yashyizeho Umunsi w’Imperuka nibwo izabikora.Icyo idusaba kugirango tuzarokoke kuli uwo munsi,ni ukuyumvira kandi ntitwibere mu gushaka ibyisi gusa,ahubwo tukabifatanya no gushaka Imana.
ni byiza,gusa ntitukibuke ko umwana akeneye gushakirwa umuryango umwakira cg gusubizwa mu ishuli arko habaye intervention y’itangazamakuru.Tubikore kubera ko ari ngombwa ntitubikore arko tubwirijwe.
Muraho basomyi ba Kigali to day, rwose igikorwa nka kiriya ni icyo gushyigikirwa, n’abandi banyarwanda tucyigireho turangwe n’ibikorwa by’urukundo n’ubutwari dusenyere umugozi umwe. Murakarama.
Njye ndabona bwana mayor yakwirerera uwo mwana kuko urabona kuriyo photo umwana yiteteye nkurikumwe numubyeyi we rwose mayor uwo mwana arabishimiye nimumushyire mubandi bana rwose
This is a good new. Blessing to BUNANI
NYARUGENGE muri indashikirwa na Minisiteri ifite ibiza mu shingano ibarebereho