Minisitiri w’Intebe yakiriye ubwegure bwa Dr. Isaac Munyakazi na Evode Uwizeyimana
Ibiro bya Minisitiri w’Intebe byatangaje ko ku mugoroba wo ku wa kane tariki 06 Gashyantare 2020, Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente yakiriye ubwegure bw’Abanyamabanga ba Leta Evode Uwizeyimana wo muri Minisiteri y’Ubutabera na Dr Isaac Munyakazi wo muri Minisiteri y’Uburezi.
Ubwo bwegure, Minisitiri w’Intebe ngo azabushyikiriza Nyakubahwa Perezida wa Repubulika.
Kuri uyu mugoroba, Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente yakiriye ubwegure bw'Abanyamabanga ba Leta Evode Uwizeyimana wo muri Minisiteri y’Ubutabera na Dr Isaac Munyakazi wo muri Minisiteri y’Uburezi, azashyikiriza Nyakubahwa Perezida wa Repubulika.
— Office of the PM | Rwanda (@PrimatureRwanda) February 6, 2020
Minisitiri Munyakazi biravugwa ko yaba yeguye biturutse ku buriganya mu mitsindire y’abanyeshuri. Naho kuri Evode Uwizeyimana, we birakekwa ko ukwegura kwe kwaba gufite aho guhuriye n’ibiherutse kumuvugwaho byo guhutaza umugore.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruherutse gutangaza ko rurimo gukora iperereza ku bivugwa kuri Evode Uwizeyimana ushinjwa guhohotera umugore wari mu kazi ko gusaka abinjira mu nyubako ya Grand Pension Plaza.
Umuvugizi wa RIB, Marie Michelle Umuhoza, yemereye KT Press ko RIB yari irimo gukora iperereza kuri icyo kibazo.
Minisitiri Uwizeyimana yasabye imbabazi ku rubuga rwa Twitter, ariko ntibyabujije abantu gukomeza kumunenga kubera indi myitwarire ye mibi abakoresha Twitter bahise bagaragaza.
Bivugwa ko no ku nyubako ya Kigali Heights naho yigeze guhutaza umuntu ushinzwe umutekano wari wamwitiranyije n’umuturage usanzwe, bikanavugwa ko yigeze gukubita umushinwa bari bagiranye ikibazo mu muhanda.
Yigeze kumvikana kandi yita abanyamakuru imihirimbiri, aya magambo akaba atarashimwe n’abayumvise.
Ingingo ya kane y’itegeko rigenga imyitwarire y’abayobozi ryo muri 2013 ivuga ko umuyobozi by’umwihariko uwo ku rwego rw’igihugu abujijwe gukoresha umwanya afite mu guhohotera abaturage cyangwa guhonyora amategeko.
Iryo tegeko kandi ribuza abayobozi kujya mu bikorwa by’imicungire mibi y’inzego bayobora no gushaka kuremera kurusha izo nzego, rikanababuza kujya mu bikorwa bibatesha agaciro cyangwa ibigatesha urwego bayobora nk’uko bigaragara mu ngingo ya 12, iya 13 n’iya 14 z’iryo tegeko.
Biravugwa ko imyitwarire nk’iyi ivugwa muri iri tegeko ari yo yatumye aba bayobozi bombi begura.
Inkuru zijyanye na: Evode Uwizeyimana
- Perezida Kagame yemeye ubwegure bwa Evode Uwizeyimana na Dr. Isaac Munyakazi
- RIB yatangiye iperereza kuri Evode Uwizeyimana uvugwaho guhutaza umugore
- Evode wo muri BBC n’uwo muri MINIJUST bapfana iki?
- DIGP Marizamunda, Evode Uwizeyimana na Col. Ruhunga bahagarariye u Rwanda mu nama y’inteko rusange ya INTERPOL
- Gereza si imva, wayisohokamo ukigirira akamaro - Min. Evode Uwizeyimana
- Biragoye kwemeza ko umugabo yafashe umugore we ku ngufu – Me Evode
- Me Evode Uwizeyimana arahamagarira abanyaruhango kuzamura akarere kabo
- Kuvugurura igitabo cy’amategeko ahana ngo bizafasha gukumira ibyaha
- Evode Uwizeyimana yahawe akazi ko kuvugurura amategeko mu Rwanda
- Me Evode Uwizeyimana ngo yagarutse mu gihugu kugirango atange umusanzu wo kucyubaka
Ibitekerezo ( 17 )
Ohereza igitekerezo
|
I RUBAVU BAHAGIZE AKARIMA.
MUNYAKAZI WE NTABWO AKWIYE IMBABAZI KUKO NI UMUGOME. UZI IBYO BADUKOREYE NYUMA Y’IBIZAMINI BY’AKAZI MU BUREZI UBUHERUTSE! UBU NDI UMUSHOMERI KUBERA WE.BAJYA BIYOBERANYA KURI MUZEHE WACU H.E Paul KAGAME, BAKIBWIRA KO ATAZABIMENYA.
aba bagabo bar’abakozi kandi bab’ahanga, ariko babibabwiraga ko ar’abahanga bumva ko batariho nta cyakorwa, mwibuke EVODE bamaze kumuzamura yahise ahinduka ari mu mvugo no mu myifatire, MUNYAKAZI yarize ndabyemera, ariko se nubuhe buhanga yagaragaje? mu gihe iyo ugeze i RUBAVU usanga umwana wiga mukigo cya Leta ahera muwa mbere akagera muwa6 atazi gusoma no kwandika, kubera kwigenga kwa barezi, usibye ko RUBAVU yifitiye umwihariko yo kudatanga Service nziza no kwitwaza imyanya bahawe,
aba bagabo bar’abakozi kandi bab’ahanga, ariko babibabwiraga ko ar’abahanga bumva ko batariho nta cyakorwa, mwibuke EVODE bamaze kumuzamura yahise ahinduka ari mu mvugo no mu myifatire, MUNYAKAZI yarize ndabyemera, ariko se nubuhe buhanga yagaragaje? mu gihe iyo ugeze i RUBAVU usanga umwana wiga mukigo cya Leta ahera muwa mbere akagera muwa6 atazi gusoma no kwandika, kubera kwigenga kwa barezi, usibye ko RUBAVU yifitiye umwihariko yo kudatanga Service nziza no kwitwaza imyanya bahawe,
Evode we arizize, narusome kuko yararwishigishiye, icyakora nyabusa umuntu uzikoraho ugenda unamubona reba nk’igihe yubahukaga Nyiricyubahiro Musenyeri Nzakamwita! iyo uteye nabi ntunabimenye buri gihe wisana wasandaye.
Hejuru y’ibyo aba bayobozi bombi bavugwaho, byaba ari byo cyangwa atari byo, byaba bivugwa byongerwamo amakabyankuru yandi cyangwa kuremerezwa cyane biruta ibyo baba barakoze nyabyo, rwose ndibwira ntashidikanya ko Leta yacu na yo idapfa guhutiraho! Rero irarebana ubushishozi, ni biba nama babe babibazwa cyangwa banababarirwe n’imbabazi zibaho pe!
Icyo yakoze Evode nikosa risanzwe turebe umumaro atumariye tugabanye inzika ndasaba Nyakubahwa President Paul Kagame kurebana ubushobozi? Abantu benshi ninzika bamufitiye? Turebe icyo amariye abanyarwanda kdi yemeye icyaha agisabira nimbabazi banyarwanda tureke guhora munzika ninzangano duhoramo nibwo tuzatera imbere.
Aba bagabo bombi ndabakunda.
Ni abahanga.
Ariko Evode nabonaga atazisazira kuko ni umunyamahane cyane cyanide mu mvigo ze.
Aba bagabo bombi ndabakunda.
Ni abahanga.
Ariko Evode nabonaga atazisazira kuko ni umunyamahane cyane cyanide mu mvigo ze.
nibyizako ubutabera bukora akazikabwo neza mungerizose ariko twumvise RIB itangiza iperereza kuri me evode kubera yahutaje uriya munyarwanda kazi ariko ntitwigeze twumva uwavuzeko abareyon ari....ntashashatse gusubiramo ngirango murabizi icyo RIB yabarabikozeho ndasabo hatabamo ikimenyane mugukurikirana abantu baba bagaragaweho imyitwarire mibi nkiyi muri societe nyarwanda murakoze
Ibyaha bashinjwa byahanwa mubundi buryo ariko ntibyatuma begura kuko ntamuntu utagwa mu ikosa! Muduhe amakuru nyayo!
Ibyaha bashinjwa byahanwa mubundi buryo ariko ntibyatuma begura kuko ntamuntu utagwa mu ikosa! Muduhe amakuru nyayo!