KFC yatangije ibikorwa byayo mu Rwanda

Sosiyete yo muri Leta zunze ubumwe za Amerika isanzwe imenyerewe mu gutegura no kugeza amafunguro ku bayifuza ‘Fast Food’, yitwa KFC (Kentucky Fried Chicken), yatangije ibikorwa byayo ku mugaragaro mu Rwanda.

KFC yafunguye ibikorwa byayo mu Rwanda
KFC yafunguye ibikorwa byayo mu Rwanda

Mu mpera z’umwaka ushize wa 2019, iyi sosiyete yari yatangaje ko uyu mwaka wa 2020 izatangira gukorera mu Rwanda.

Ku rubuga rwa Twitter, KFC yanditse ko “Ubutumwa bwari bumaze igihe butegerejwe bwaje twamaze gufungura ku mugaragaro.Ubu noneho kubona amafunguro meza biratangiye”.

Urubuga rwa KFC ruvuga ko ifite resitora 17 000 muri Leta zunze ubumwe za Amerika n’ahandi ku isi.

Ivuga ko abarenga miliyoni 185 babona ibicuruzwa bya KFC mu cyumweru, bakaba barenga 1/2 cy’abaturage ba Leta zunze ubumwe za Amerika.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 6 )

Bjr ?
Abantu batuye munkengero zumugi bifuza ayo mafunguru bayabona gute ?
Ese ntahandi murafungura ?

Jean Paul yanditse ku itariki ya: 25-10-2020  →  Musubize

Bjr ?
Abantu batuye munkengero zumugi bifuza ayo mafunguru bayabona gute ?
Ese ntahandi murafungura ?

Jean Paul yanditse ku itariki ya: 25-10-2020  →  Musubize

Nyarugenge mukorerahe

Munyanexa yanditse ku itariki ya: 12-02-2020  →  Musubize

Nibyiza nibaze batange akazi nimisoro ariko iryo yabo ntiyuzuye nagato uwifuza umubyibuho yabagana

Nakaga yanditse ku itariki ya: 10-02-2020  →  Musubize

Nshaka akazi Birashoboka ko mwakanbonera muri Iyi company??

Patrick yanditse ku itariki ya: 9-02-2020  →  Musubize

Umuntu ushaka akazi muri iyo sosiyete yanyu mwamufasha iki murakoze

Mugunga Gislain yanditse ku itariki ya: 9-02-2020  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka