Amavubi mu itsinda rimwe na Mali mu gushaka itike y’lgikombe cya Afurika 2027

Kuri uyu wa Kabiri, i Cairo mu Misiri habereye tombola y’uko amakipe agabanyije mu matsinda yo gushaka Itike y’igikombe cya Afurika 2027, yasize Amavubi yisanze mu itsinda rimwe na Mali, Cape Verde na Liberia.

Ni tombola yakozwe n’abanyabigwi muri ruhago ya Afurika barimo Umunya-Ivory Coast Max-Alain Gradel, William Troost-Ekong ukomoka muri Nigeria, Essam El Hadary wa Misiri na Trésor Mputu wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

U Rwanda rwari mu gakangara ka gatatu muri tune twari tugabanyijemo ibihugu 48 bigiye gutangira uru rugendo rugana muri Tanzania, Uganda na Kenya rwisanze mu itsinda rimwe na Liberia yari mu gakangara ka kane inaheruka guha akazi Umunya-Morocco Adil Mohamed watoje APR FC.

Muri iri tsinda kandi Amavubi ari kumwe n’ikipe y’igihugu Cape Verde yanabonye itike y’igikombe cy’Isi 2026 aho yari iri mu gakangara ka kabiri kabamo amakipe ya kabiri meza mu gihe kandi ari kumwe na Mali yari mu gakangara ka mbere kaba karimo amakipe ya mbere meza muri Afurika.

Umukino wa mbere n’uwa kabiri w’iyi mikino yo gushaka itike y’lgikombe cya Afurika 2027 izakinwa hagati y’itariki 21 Nzeri n’iya 6 Ukwakira 2026, uwa gatatu n’uwa kane ukinwe hagati y’itariki ya 9 n’iya 17 Ugushyingo 2026 mu gihe iminsi ibiri ya nyuma, uwa gatanu n’uwa gatandatu izakinwa hagati y’itariki 22 na 30 Werurwe 2027.

Igikombe cya Afurika 2027, gitenyagijwe gukinwa hagati y’itariki 19 Kamena a 17 Nyakanga 2027.

National Football League

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka