Gisagara VC yatangiye neza irushanwa ryo Kwibuka Rutsindura
Mu mukino ufungura irushanwa ryo kwibuka Rutsindura Alphonse wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, usize ikipe ya Gisagara VC yitwaye neza.
Ni mukino ufungura wabaye kuri uyu wa gatanu taliki ya 22 Gicurasi, wahuje ikipe ya Gisagara VC ndetse n’ikipe ya Police VC aho uyu mukino wasize ikipe ya Gisagara VC itsinze ikipe ya Police VC amaseti 3-1.
Wari umukino wa mbere wo mu itsinda rya kabiri rigizwe n’amakipe ya Gisagara, Police VC ndetse na Kirehe VC aho uyu mukino wabereye mu nzu y’imikino ya Gisagara (Gisagara Gymnasium)
Ni umukino kandi ikipe ya Police VC yakinnye idafite bamwe mu bakinnyi bayo barimo Makuto Elphase, Melly Brian ndetse na Angiro Gideon bahamagawe mu makipe y’ibihugu byabo Kenya na Uganda mu gihe ikipe ya Gisagara VC yo yari ifite abakinnyi bayo bose ndetse yari yongeyemo n’umugande Apunyo Cosmas usanzwe ukinira ikipe ya CHEMA VC yo mu gihugu cya Kenya.
Ikipe ya Gisagara VC niyo yabanje gutsinda amaseti 2 y’umukino, Police vc itsinda iseti ya gatatu y’umukino ariko Gisagara yongera gutsinda iseti ya kane ari nayo yayihesheje intsinzi bituma iyobora itsinda.
Indi mikino mu byiciro bitandukanye, irakomeza kuri uyu wa gatandatu, ku bibuga bitandukanye yaba muri Gisagara Gymnasium, mu ishuri rya Petit Séminaire Virgo Fidelis n’ahandi.
N’ubwo irushanwa nyirizina ryo kwibuka Rutsindura ryatangiye kuri uyu wa gatanu, imikino ya mbere y’amatsinda yamaze gukinwa mu cyiciro cy’amashuri yisumbuye no mu cyiciro rusange (O’Level).
Iyi mikino y’amatsinda yasize mu cyiciro cy’amashuri yisumbuye hasigayemo amakipe 4 yageze muri 1/2 ariyo Petit Seminaire Virgo Fidelis de Butare, Gisagara Volleyball Academy, Groupe Scolaire Officiel de Butare na Nyanza TSS.
Naho mu cyiciro rusange, amakipe 4 yageze muri 1/2 ni Petit Seminaire Virgo Fidelis de Butare, College Christ Roi Nyanza, Groupe Scolaire Officiel de Butare na Groupe Scolaire Marie Merci Kibeho.
Rutsindura Memorial Tournament ni irushanwa ngarukamwaka rya volleyball ritegurwa n’Iseminari nto ya Butare, Petit Seminaire Virgo Fidelis de Butare, rikinwa mu rwego rwo kwibuka Rutsindura Alphonse wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Uretse kuba Rutsindura yarize muri iyi Seminari, yanayibayemo ari umwarimu ndetse ari n’umutoza wa volleyball, yanagize uruhare runini mu iterambere ry’uyu mukino muri iri shuri no kugeza ubu volleyball yabaye nk’umuco.
Ku rwego rw’Igihugu, Rutsindura yabaye umusifuzi wa volleyball, aba visi Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umukino wa volleyball mu Rwanda, FRVB, atoza ikipe y’igihugu y’u Rwanda mu bagore ndetse atoza n’ikipe ya Rayon Sports.
Ibikorwa byamuranze mbere y’uko yicwa muri Jenoside nibyo byatumye hatangira gutegurwa irushanwa ryo kumwibuka.
Rutsindura Alphonse yavutse mu 1958, avukira i Ndora mu Karere ka Gisagara, yiga amashuri yisumbuye muri Seminari nto ya Karubanda, amashuri makuru ayakomereza muri IPN (Institut Pédagogique National) i Butare.
Yabaye umwarimu w’umuziki n’Ikilatini mu Iseminari, aba Umusifuzi n’Umutoza w’ikipe ya Seminari hagati ya 1983-1994, aba Umutoza mukuru w’Ikipe y’Igihugu y’Abagore hagati ya 1988-1990.
Yanabaye kandi Visi Perezida wa Federasiyo ya Volleyball (FRVB), anaba Umutoza wa Rayon Sports VC mu 1990. Rutsindura Alphonse yishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 hamwe n’umugore we, Mukarubayiza Verena n’abana babo, harokotse umwe gusa.
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|
|