Ni igikombe begukanye bagikwiriye rwose - Perezida Kagame yashimye Arsenal
Perezida Paul Kagame yashimye Arsenal yegukanye igikombe cya Shampiyona, avuga ko ari umuhigo ukomeye besheje nyuma y’umwaka w’imikino utari woroshye, bikiyongeraho ko bari bamaze imyaka 22 bagishakisha ariko ntibakibone.
Mu butumwa bwe, Perezida kagame yagize ati “Turashimira Arsenal F.C., abafatanyabikorwa bacu ba #VisitRwanda, ku kuba begukanye igikombe cya Shampiyona y’u Bwongereza (Premier League) nyuma y’umwaka w’imikino waranzwe n’ihangana rikomeye.
Perezida Kagame asanzwe ari umufana ukomeye wa Arsenal, akaba no mu bashyigikiye cyane ubufatanye bw’u Rwanda n’iyi kipe mu kwamamaza ubukerarugendo mu Rwanda, binyuze muri gahunda ya Visit Rwanda.
Ikipe ya Arsenal itwaye igikombe cya Shampiyona y’u Bwongereza, nyuma y’uko Manchester City bari bahanganye itakaje amanota inganyije na AFC Bournemouth igitego 1-1.
Arsenal icyegukanye ifite amanota 82, naho Manchester City ifite amanota 78 mu gihe hasigaye umukino umwe ngo Shampiyona irangire.
Congratulations to #VisitRwanda partner @PSG_inside on reaching the UEFA Champions League Final after an impressive run. Wishing both finalist teams the very best in what promises to be a great final!
— Paul Kagame (@PaulKagame) May 6, 2026
National Football League
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|
|