Perezida Paul Kagame yavuze ko uretse kuba u Rwanda na Mozambique ari ibihugu bisanzwe bifitanye umubano ukomeye ikiruta byose ari n’ibihugu by’inshuti kandi nziza.
Hari ibikorwa byanze bikunze bigomba gukorwa ariko bigaherekezwa no kurekura imyuka ihumanya ikirere, nk’inganda.
Perezida wa Mozambique, Daniel Francisco Chapo, yageze mu Rwanda, aho yatangiye uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri.
Abaturage baturiye Pariki y’Ibirunga iherereye mu Karere ka Musanze, bavuga ko bashimishwa n’ibikorwa by’iterambere bayikesha, bikaba byarabahaye imbaraga zo kuyibungabunga bayirinda abayangizaga biganjemo ba rushimusi, ubu ingagi n’izindi nyamaswa zikaba zitagihigwa ahubwo zikarindwa.
Kuri uyu wa Gatatu, Perezida mushya wa Mozambique, Daniel Chapo ategerejwe i Kigali mu ruzinduko rwe rwa mbere nk’umukuru w’Igihugu agiriye mu Rwanda.
Kuva mu mwaka wa 2018 binyuze mu muryango Imbuto Foundation hatangijwe amarushanwa ya ArtRwanda-Ubuhanzi hagamijwe gushyigikira no kuzamura impano z’abakiri bato.
Ku wa 23 Kanama, ku kibuga cy’umupira cya Gatega mu murenge wa Bumbogo, humvikanye indirimbo, amajwi y’ibyishimo, n’urusaku rw’abogeza umupira . Ariko inyuma y’ibi byishimo hari indi mpamvu ikomeye yahurije hamwe ababyeyi n’abana yo gukangurira urubyiruko kwirinda ibiyobyabwenge.
Kuri uyu wa Kabiri, Urukiko rwa Gisirikare rwategetse ko abasivile 23 barimo abanyamakuru Rugaju Reagan, Ishimwe Ricard, Mucyo Antha n’umuvugizi w’abafana ba APR FC Jangwani bakurikiranweho ibyaha birimo ubufatanyacyaha mu gukoresha umutungo wa Leta icyo utagenewe barekurwa by’agateganyo.
Abafite aho bahuriye n’ikoranabuhanga mu burezi, basanga ubufatanye n’abikorera bwongera ubumenyi mu mashuri, nk’uko bigenda bigaragarira mu musaruro wavuye mu bikorwa bitandukanye Leta yagiye ihuriramo n’abikorera.
Perezida Paul Kagame yavuze ko Ingabo z’u Rwanda RDF zishinjwa ibikorwa by’ubwicanyi mu Burasirazuba bwa DRC, iyo ziza kuba ziriyo nk’uko bivugwa mu bitangazamakuru mpuzamahanga, zitari kubikora nk’uko zemeye guherekeza abacanshuro b’Abanyaburayi bagafashwa gusubira iwabo.
Ku wa Mbere tariki 25 Kanama 2025, u Rwanda rwatangije ku mugaragaro isuzuma ry’imyuka iva mu binyabiziga, Minisiteri y’Ubutabera ikaba yaranasohoye amabwiriza mashya agena ibyerekeye imyuka ihumanya ikirere, akanasobanura amande n’ibihano bihabwa abatubahiriza ayo mabwiriza.
Igihe u Rwanda rwibukaga ku nshuro ya 10 Jenoside yakorewe Abatutsi, umwe mu bakuru b’ibihugu baje kwifatanya n’Abanyarwanda ni Perezida wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni. Hari ku itariki 07 Mata 2004, ari nabwo Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi rwafunguwe ku mugaragaro.
Hari imyumvire imaze imyaka myinshi mu banyeshuri n’ababyeyi ivuga ko amasomo ya siyansi by’umwihariko iry’imibare n’ubugenge akomera, bikagira ingaruka ku mahitamo no ku mitsindishirize yayo hamwe no ku cyerekezo cy’uburezi bw’Igihugu.
Ikaze mu kiganiro #EdTechMondays cyo muri uku kwezi kwa munani, kuri uyu wa Mbere tariki 25 Kanama 2025, kivuga ku kwagura ubufatanye bwa Leta n’abikorera mu guteza Imbere ikoranabuhanga mu burezi (Building Public-Private Partnerships for Sustainable EdTech Growth).
Kuri iki Cyumweru, ikipe ya Police FC yegukanye irushanwa ry’inkera y’abahizi ryateguwe na APR FC yaribayemo iya nyuma.
Izuba ryabanje gutambika kuri Kigali Golf Resort & Villas, umuyaga mwiza n’ikirere cyera bitanga ishusho y’umunsi udasanzwe: irushanwa rya mbere rya NCBA Junior Golf Series ribereye mu Rwanda. Ku isaha ya kare, abana bato bari bamaze kugera ku kibuga, bitabiriye imyitozo bafite ishyaka n’uburemere bw’umunsi, biteguye (…)
Waba uri umukirisitu, umuyisilamu, umuhindu, umubudisite, umubahayi, cyangwa se nta na hamwe ubarizwa, biragoye kuba waba utarigeze wumva indirimbo yitwa ‘What a friend we have in Jesus’, ikunze kuririmbwa n’abo mu itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi. Mu Kinyarwanda iragira iti ‘Nta nshuti nziza nka Yesu (Yezu). (…)
Minisitiri w’Ingabo wa Mozambike, Maj Gen Cristóvão Artur Chume, yavuze ko u Rwanda ari umufatanyabikorwa w’ingenzi ku Gihugu cye mu bikorwa birimo iterambere ry’ubukungu, ariko cyane cyane mu by’umutekano.
Abagize Inama Njyanama y’Akarere ka Muhanga, n’Abafatanyabikorwa bako basoje umwiherero w’iminsi ibiri, waganiraga ku nsanganyamatsiko yo kurushaho guteza imbere Akarere, no gusuzuma uko izo nzego zombi zafatanyiriza hamwe guhiga no kwesa neza imihigo.
Abitabiriye inama nyunguranabitekerezo ku iterambere ry’Akarere ka Ruhango, mu gitaramo cy’umuco cyiswe ’#TurimuRuhango’, bagaragaje ko guhanga imirimo ari yo nzira irambye yatuma Akarere ka Ruhango n’abaturage bako biteza imbere, kandi urubyiruko rugatekerezwaho kuko usanga rukibaza ko ruzahabwa akazi.
Minisitiri w’Ingabo wa Mozambique Maj. Gen Cristóvão Artur Chume n’itsinda ayoboye rigizwe n’abasirikare bakuru barimo umugaba w’Ingabo za Mozambique, General Major André Rafael Mahunguane hamwe n’ umuyobozi mukuru w’Ishami rya Polisi y’Icyo gihugu rishinzwe umutekano n’ituze by’abaturage CP Fabião Pedro Nhancololo, , basuye (…)
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb Olivier Nduhungirehe yasuye aho u Rwanda rurimo kumurikira ibikorwa byarwo muri Expo 2025 Osaka Kansai mu Buyapani, yakirwa na Ambasaderi w’u Rwanda muri icyo Gihugu, Marie Claire Mukasine.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga n’Abafatanyabikorwa bako mu iterambere, JADF, baratangaza ko kwita ku mibereho y’urubyiruko, ari kimwe mu byatuma Akarere n’Igihugu bigera ku iterambere rirambye.
Amashuri ya International Technical School Kigali na APE Rugunga yegukanye ibikombe mu mukino wa Basketball mu mikino ihuza amashuri yo muri Afurika y’Iburasirazuba yaberaga muri Kenya.
Aho Abami babaga batuye ku ngo zabo bakundaga kuhatera ibiti nk’imivumu cyangwa ibihondohondo, batanga cyangwa se bahimuka bikahasigara biranga ko hari hatuwe n’umwami. Aho umwami atabarijwe ari ho hitwa umusezero, na ho haterwaga ibiti na byo bikitwa ibigabiro.
Bamwe mu rubyiruko rwo mu Karere ka Muhanga by’umwihariko abafashijwe kwiga imyuga itandukanye na BK Foundation, bavuga ko mbere imibereho yari igoye ku buryo harimo n’abo kubona icyo kurya byari ikibazo gikomeye.
Guverinoma y’u Rwanda yamaganye ibirego byatangajwe n’ibiro bya Komiseri Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye ushinzwe uburenganzira bwa muntu, byashinje ingabo z’u Rwanda gufasha umutwe wa M23 mu kugira uruhare mu bwicanyi bwabereye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu duce twa Binza na Rutshuru.
Umutwe urwanya ubutegetsi bwa Leta ya Congo, M23 wabwiye abanyamakuru ko ibirego bidafite ishingiro byo kwica abaturage b’abahutu nta kindi bigamije uretse gushimangira umugambi wa Leta ya Congo n’inshuti zayo wo gutangiza Jenoside ku buryo bweruye.
Ku wa 18 Ukwakira 2025, muri Zaria Court i Kigali hazabera ibirori by’akataraboneka bizashyushya Umujyi wa Kigali, bikaba byarateguwe mu rwego rwo kwizihiza umuziki, kwidagadura ndetse n’ubuvandimwe buhoraho.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, ku bufatanye na Police y’u Rwanda rwafunze Manirakiza Straton, umukozi mu Kigo gishinzwe Amazi, Isuku n’Isukura (WASAC) ushinzwe ibikorwa byisanwa ry’umuyoboro w’amazi wa Ruhanga mu Murenge wa Rusororo, ukurikiranweho icyaha cya ruswa.
Umutwe wa AFC/M23 uhanganye n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo(DRC) washinje umuryango uvuga ko uharanira uburenganzira bwa Muntu(HRW) ndetse n’ishami ry’Umuryango w’abibyumbye ryita ku burenganzita bwa muntu gukorera mu kwaha kwa Leta ya Kinshasa, ugatangaza raporo z’ibinyoma.
Ikipe ya Police FC itsinze APR FC mu irushanwa ry’inkerayabahizi ibitego 3-2 bituma amahirwe yo kwegukana iri rushanwa yiteguriye ayoyoka burundu.
Umukino wa Golf mu Rwanda wateye indi ntambwe ikomeye. Kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 22 Kanama 2025 haratangira shampiyona ya mbere y’abana ya NCBA Junior Golf Series ku Kibuga cya Kigali Golf Resort.
Mu gihe isigaje umukino umwe mu irushanwa ry’Inkera y’Abahizi ryateguwe na APR FC, ikipe ya AS Kigali yiyongereye amahirwe yo kuryegukana nyuma yo gutsindira AZAM FC igitego 1-0 kuri Kigali Pelé Stadium kuri uyu wa Kane.
Umuraperi akaba na rwiyemezamirimo, Gauchi The Priest yateguje abakunzi be Album ye ya mbere yise ’Collabo’, izaba igizwe n’ibihangano byinshi bigaruka ku buzima busanzwe abantu babamo.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb Olivier Nduhungirehe, yavuze ko u Rwanda rwiyemeje kudatezuka ku guharanira amahoro n’umutekano mu Karere ruherereyemo.
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR), yazamuye inyungu fatizo iyigeza ku gipimo cya 6.75% ivuye kuri 6.5%, mu rwego rwo gukomeza kugenzura izamuka ry’ibiciro ku masoko y’imbere mu gihugu.
Abanyamuryango ba Rayon Sports batumijwe n’Inama y’Ubutegetsi mu nama y’Inteko Rusange isanzwe y’uyu muryango iteganyijwe tariki 7 Nzeri 2025.
Ubuyobozi bukuru bwa Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR), bwatangaje ko gukoresha amafaranga y’amanyamahanga (Amadorali, Amayero n’ayandi) mu buryo bwo kwishyurana, bizaba byacitse burundu mu gihe cy’amezi atandatu.
Umugabo yahuye na mugenzi we baherukanaga mu myaka nka cumi n’itanu, maze baribwirana, nuko umwe abwira mugenzi we ati “erega twariganye hariya mu Bigugu”! Undi na we rero amwishongoraho cyane ati “ese burya wagira ngo kwari ukwiga? Ahubwo burya jye nyuma naje kujya kwiga."
Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ryamaganye raporo yashyizwe ahagaragara n’umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu (Human Rights Watch /HRW) irishinja kwica abaturage b’abasivili barenga 140.
Kuri uyu wa Kane, ubuyobozi bwa Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda bwatangaje ko iya 2025-2026 izatangira tariki 12 Nzeri 2025.
Abasirikare bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye, MINUAR, mu Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bavuze ko bakoze ibishoboka byose kugira ngo bakize ubuzima bw’Abatutsi bicwaga mu gihe cya Jenoside mu 1994.