Muri Nigeria, urukiko rwakatiye igihano cyo kwicwa Peter Nwachukwu wari umugabo wa nyakwigendera Osinachi Nwachukwu wari umuhanzi w’icyamamare mu ndirimbo zihimbaza Imana, ariko akaba yarapfuye mu myaka 3 ishize, apfa afite imyaka 42.
Ikipe y’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubuzima (RBC) n’iy’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Gukwirakwiza Amazi, Isuku n’Isukura (WASAC), zegukanye ibikombe by’Irushanwa ry’Umunsi Mpuzamahanga w’Umurimo rya 2025 mu mupira w’amaguru, ryateguwe n’Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Imikino y’Abakozi, ARPST.
Ku wa Gatanu w’icyumweru gishize tariki 25 Mata 2025, u Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano agena ‘amahame y’ibanze mu miyoborere, umutekano n’ibijyanye n’ubukungu, azafasha akarere kubyaza umusaruro amahirwe kifitemo.
Rumwe mu rubyiruko rufite ubumuga rwibumbiye mu matsinda atandukanye hirya no hino mu Rwanda, ruri guhugurirwa gukora imishinga no gucunga amatsinda mato n’amakoperative binyuze mu mushinga ‘Turengere Abafite Ubumuga’, hagamijwe gukura urwo rubyiruko mu bukene.
Ambasaderi Jean Pierre Karabaranga, kimwe n’abandi batarabona imibiri y’ababo bishwe muri Jenoside, bifuza ko Leta yazashyiraho ubukangurambaga bushishikariza abazi ahajugunywe Abatutsi kuhagaragaza, kugira ngo bashyingurwe mu cyubahiro.
Rwagashayija Boniface utuye mu Murenge wa Ruhango Akarere ka Ruhango, aratangaza ko atigeze yimana ubutaka ku bwumvikane n’abapadiri ngo bwagurirweho Ingoro ya Yezu Nyirimpuhwe.
Mu rukerera rushyira kuri uyu wa Kane, nibwo ikipe ya APR VC yari ihagarariye u Rwanda mu marushanwa yo ku mugabane w’Afurika ahuza amakipe yabaye ayambere iwayo muri volleyball, (CAVB Club Championship 2025) yageze mu Rwanda.
Ikipe ya Gicumbi yakatishije itike iyizamura muri Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda mu mwaka w’imikino wa 2025/2026, nyuma yo gutsinda La Jeunesse FC ibitego 2-0, mu mukino wa gatanu wa kamarampaka wabereye kuri Stade Mumena ku wa Gatatu tariki 30 Mata 2025.
Umuryango uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, IBUKA, hamwe na AVEGA Agahozo, ubwo baganiraga n’Abadepite bagize Komisiyo y’Ubumwe bw’Abanyarwanda, Uburenganzira bwa Muntu no Kurwanya Jenoside ku wa Gatatu tariki 30 Mata 2025, kuri gahunda yo gushyira mu bikorwa Politiki y’Igihugu y’Ubumwe (…)
Ikipe ya Rayon Sports ibifashijwemo na Biramahire Abeddy, yatsinze Mukura Victory Sports et Loisirs igitego 1-0 mu mukino wo kwishyura wa ½ cy’irangiza mu irushanwa ry’Igikombe cy’Amahoro 2024/2025, biyihesha itike yo kuzahurira ku mukino wa nyuma na APR FC.
Gen. Mamadi Doumbouya, Perezida wa Guinea-Conakry, aragirira uruzinduko mu Rwanda, rugamije gukomeza gutsura umubano hagati y’ibihugu byombi.
Muri Burkina Faso, Guverinoma yashyizeho gahunda yo gufatira ibirombe byose bya zahabu bifitwe na sosiyete z’abanyamahanga muri icyo gihugu. Ibyo ngo birakorwa mu rwego rwo kuzamura ubukungu bw’igihugu biturutse mu mutungo kamere wacyo, nk’uko byemejwe na Minisitiri w’Intebe wa Burkina Faso, Ouédraogo Jean Emmanuel.
Ikipe y’Ingabo z’Igihugu, APR FC, yakatishije itike yo kuzakina umukino wa nyuma w’Igikombe cy’Amahoro 2024/2025, nyuma yo gutsinda Police FC, igitego 1-0, mu mukino wo kwishyura wa ½, wabereye muri Stade Amahoro kuri uyu wa Gatatu tariki 30 Mata 2025, ikomeza ku giteranyo cy’ibitego 2-1 mu mikino yombi.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Prudence Sebahizi, yasabye Abanyarwanda guharanira kwiyubaka bashingiye ku mateka y’u Rwanda.
Muri Uganda, umubyeyi witwa Glorious Betonde w’imyaka 40, yibarutse abana batandatu (6) b’impanga, harimo abahungu batanu n’umukobwa umwe, icyo kikaba ari igitangaza cyabaye kuri uwo muryango, nk’uko babyivugira nubwo bavutse bataruzuza amezi icyenda nk’uko bisanzwe.
Mu mpera za Mutarama uyu mwaka, hari intwaro zarebeshejwe mu Rwanda, zirasa abatuye mu mujyi wa Rubavu mu Burengerazuba bw’u Rwanda zica abasivili bagera kuri 16 b’inzirakarengane, hakomereka benshi.
Abaturage b’Umudugudu wa Kabuga ya mbere, Akagari ka Byimana, Umurenge wa Matimba mu Karere ka Nyagatare, barishimira ko kuva batangiza ikigega cyo guhunikamo imyaka byabafashije guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere, ndetse banatandukana no gusesagura umusaruro.
Bamwe mu bakora mu mavuriro mato azwi nka ‘Poste de Santé’ yubatswe ku mupaka uhuza u Rwanda na Uganda mu Karere ka Burera, bavuga ko bakomeje kuba mu ihurizo ry’imibereho ibagoye mu miryango yabo, biturutse ku kuba bamaze amezi arenga atanu badahembwa, bakaba basaba gukemurirwa icyo kibazo.
Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere, RDB, ndetse n’ikipe y’umupira w’amagaru mu cyiciro cya mbere muri Esipanye (Atletico Madrid) binyuze muri gahunda ya Visit Rwanda bemeje ko basinyanye amasezerano y’ubufatanye mu kumenyekanisha ubucyerarugendo bw’u Rwanda.
Ubuyobozi bwa Komite Mpuzamahanga y’Umuryango wita ku mbabare - CICR butangaza ko kuri uyu wa 30 Mata butangira gucyura ingabo za FARDC n’ imiryango yabo yahungiye mu kigo cy’ ingabo z’ umuryango wabibumbye zikorera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo Monusco.
Ikipe ya Paris Saint-Germain yatsindiye Arsenal FC iwayo igitego 1-0 mu mukino ubanza wa ½ cy’irangiza cya UEFA Champions League, wabaye mu ijoro ryo ku wa 29 Mata 2025 itera intambwe ya mbere yerekeza ku mukino wa nyuma.
Binyuze mu bukangurambaga bwiswe ‘Tugendane’, Vivo Energy yiyemeje gushyigikira abanyeshuri bafite ubumuga bwo kutabona 60, babishyurira amafaranga y’ishuri mu gihe cy’umwaka, hamwe no gutanga ibikoresho bibafasha bikanaborohereza gukurikirana amasomo ku bandi 300.
Amakipe ya Arsenal FC yo mu Bwongereza na Paris Saint-Germain yo mu Bufaransa ahuriye ku kuba yombi yamamaza ubukerarugendo bw’u Rwanda arahurira muri ½ cy’irangiza cy’irushanwa rya UEFA Champions League mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri tariki 29 Mata 2025.
Padiri Jean Marie Vianney Nizeyimana, umuyobozi w’Ingoro ya Yezu Nyirimpuhwe mu Ruhango, avuga ko imirimo yo gutangira kuyubaka yakomeje gukomwa mu nkokora n’amananiza ku kugura igice kigomba kwiyongera ku butaka basanganywe, kugira ngo izabe ari nini.
Ikipe ya APR y’abagore ibitse igikombe cya shampiyona muri volleyball, ndetse n’icy’akarere ka gatanu, yabonye abayobozi bashya baza buzuza inzego zitarimo abayobozi.
Mu mikino ihuza Abapolisi bo mu karere ka Afurika yo hagati n’i Burasirazuba (EAPCCO) iri kubera muri Ethiopia, Polisi y’u Rwanda yatsinze iya Kenya mu mukino wa mbere
Kuri uyu wa 29 Mata, ingabo za SADC zatsinzwe ku rugamba zari zifatanyije na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zihanganyemo n’abarwanyi b’umutwe wa M23 zacyuye ibikoresho byazo zibinyujije mu Rwanda.
Inteko Ishinga Amategeko igezwaho raporo ya Komisiyo y’Imiyoborere, Uburinganire n’Ubwuzuzanye bw’Abagabo n’Abagore, ku isesengura rya raporo y’ibikorwa by’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) y’umwaka wa 2023/2024, na gahunda y’ibikorwa ya 2024/2025 tariki 28 Mata 2025, yafashe umwanzuro wo gusaba Ibiro bya Minisitiri (…)
Inzego z’Uburezi n’abafite aho bahurira n’ikoranabuhanga mu burezi baratangaza ko kugira ngo ikoranabuhanga ribashe gushinga imizi mu myigishirize, bikwiye ko uruhare rw’ababyeyi rushyirwamo imbaraga, kuko usanga haba abo mu mijyi no mu byaro, hari abatarumva akamaro ko guha umwana igikoresho cy’ikoranabuhanga.
Kuri uyu wa Mbere tariki 28 Mata 2025, U Rwanda na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, batangije ku mugaragaro gahunda y’ibiganiro bigamije guteza imbere ubufatanye bw’ibihugu byombi, mu nzego zitandukanye no gukemura ibibazo bibangamiye inyungu rusange.
Ikipe ya APR VC yari ihagarariye u Rwanda mu mikino ya volleyball ihuza amakipe yabaye ayambere iwayo ku mugabane wa Afurika, isezerewe muri 1/2 na Swehly Sports Club yo muri Libya ku maseti 3-1.
Umuhanzi Nyarwanda, Ngabo Medard Jobert wamamaye mu muziki nka Meddy n’umufashe we Mimi Mehfra, bari mu byishimo nyuma yo kwibaruka umwana wabo wa Kabiri w’umuhungu.
Umuyobozi w’Ibiro bya Perezida wa Ukraine, Andriy Yermak, yavuze ko u Burusiya bwari bukwiye gukurikiza urugero rwiza hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), nyuma y’uko biherutse gusinyana amasezerano yo guhosha amakimbirane byari bimazemo igihe, no kugera ku mahoro arambye n’iterambere ry’Akarere.
Muri Kenya, mu gace kitwa Tans Nzoia, umuryango watunguwe no kubona umwana wabo w’imyaka 10 witwa John Wanjala, agarutse ari muzima nyuma y’uko yari amaze igihe kirenga umwaka yaraburiwe irengero, ndetse bakaba barashyinguye umurambo bazi ko ari uwe.
Inteko rusange umutwe w’Abadepite kuri uyu wa mbere tariki 28 Mata 2025, yateranye yemeza imishinga ine y’amategeko, irya mbere rishyiraho amahoro y’ibidukikije yishyurwa ku bikoresho bitumizwa hanze y’Igihugu bipfunyitse mu bikoresho bya pulasitiki, irishyiraho umusoro w’ubukerarugendo ku icumbi, irishyiraho amahoro kuri (…)
Ikundabayo Roben ukinira ikipe ya Muhazi Cycling Generation na Nzayisenga Valentine ukinira Benediction Club, begukanye Isiganwa ry’Amagare ryo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ryakinwe ku wa 27 Mata 2025.
Ikipe ya Rutsiro FC yatangaje ko yahagaritse umutoza mukuru n’umunyezamu nyuma yo kunyagirwa na APR FC ibitego 5-0
Mu Bwongereza, ibaruwa yanditswe n’uwarokotse impanuka yavuzwe cyane, y’ubwato bunini bwa Titanic yagurishijwe Amadolari 400,000 (asaga Miliyoni 566 z’Amafaranga y’u Rwanda) mu cyamunara.
Mu irushanwa ngaruka mwaka ryo kwibuka mu mukino wa Basketball ryasojwe ku Cyumweru tariki 27 Mata 2025, amakipe ya APR BBC mu bagabo na REG WBBC mu bagore, ni yo yegukanye ibikombe.
Mukabaranga Anne warokotse Jenoside, avuga ko mu gihe bari mu nzira bahunga bagana muri Congo (Zaïre), ngo bageze i Karongi yiboneye abasirikare b’Abafaransa bahiga Abatutsi bakabazanira interahamwe zikanabereka uko babica urubozo, babanje kubavuna amaboko n’amaguru.
Niba urambiwe koga cyangwa gukoresha amazi akonje mu rugo rwawe cyangwa mu bucuruzi bwawe, Engie Energy Access Rwanda igufitiye ibikoresho bishyushya amazi bikoresheje imirasire, kandi ukabigura udahenzwe, kuko wakwishyura no mu byiciro.
Ubushakashatsi buzasesengura amakuru y’Abatutsi biciwe mu bitaro bikuru bya Ruhengeri mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, bwitezweho gukemura ibibazo bimaze imyaka 31 abayirokotse bahora bibaza, aho batasibye gusaba umuntu wese waba afite ibyo azi, ku makuru y’ababo bahiciwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, kugeza ubu (…)
Kuva Donald Trump yarahirira kuyobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika nka Perezida wa 47 w’iki gihugu, tariki 20 Mutarama 2025, nyuma y’amatora y’Umukuru w’igihugu yegukanye umwaka ushize atsinze Kamala Harris wari uhagarariye Ishyaka ry’Aba-Democrates, mu kwezi kumwe gusa asubiye muri ‘White House’, yahise atangiza intambara (…)
Ikipe ya Liverpool yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Bwongereza 2024-2025 , nyuma yo gutsinda Tottenham Hotspur ku kibuga cya Liverpool (Anfield) 5-1, mu mukino wabaye kuri iki Cyumweru.
Icyerekezo cya Leta 2050, iteganya ko ubukungu bw’u Rwanda buzaba bushingiye ku bumenyi buteye imbere, ikoranabuhanga rikaba ari kimwe mu bizatuma bigerwaho ari na yo mpamvu u Rwanda rwiyemeje guteza imbere amasomo ya Siyansi mu ikoranabuhanga ari yo STEM (Science, Technology, Engineering and Mathematics).