WDA yasabye abikorera kubyaza umusaruro abasoza amasomo mu mashuri y’Ubumenyingiro

Mu muhango wo gutangiza ibizamini by’amasomo y’Ubumenyingiro mu bigo bya TVET wabereye mu kigo cya Kabutare TVET, umuyobozi w’ikigo cy’igihugu gishinzwe imyuga n’ubumenyingiro Jerome GASANA yasabye abikorera kubyaza umusaruro ubumenyi bw’abana biga muri ibi bigo.

Umuyobozi wa WDA Jerome Gasana asaba abikorera kwegera abanyeshuri barangiza muri TVET bakabyaza umusaruro ubumenyi bwabo
Umuyobozi wa WDA Jerome Gasana asaba abikorera kwegera abanyeshuri barangiza muri TVET bakabyaza umusaruro ubumenyi bwabo

Gasana yagize ati” Twifuje kumurikira itangazamakuru uburyo abana bakoramo ibizamini kugirango abikorera barusheho kubegera bityo nabo babashe guteza imbere ibyo bakora.

Ushobora kuba uri umworozi cyangwa umuhinzi ugakenera abana bafite ubumenyi muri ayo mashami mu rwego rwo kugufasha kongera umusaruro w’ibyo ukora.”

Uyu muyobozi yanakomoje kubijyanye no gufasha abaturage baturiye ibigo bya TVET kugezwaho serivisi z’ibikorwa n’ibyo bigo aho yatangaje ko abaturage bagiye kujya begerezwaho ibikorwa ry’ibyo bigo mu rwego rwo kubafasha mu ’iterambere no kubunganira mu kubona bimwe mu bikoresho bakenera mu buzima busanzwe.

Ati “Ishuri rigomba gufasha abaturage baturanye naryo ibyo bakora byose bikabageraho mu rwego rwo kubafasha kwihaza mu byo bakenera.”

Aba banyeshuri ngo banafasha ku bikorwa by'ubuhinzi n'ubworozi bikorerwa mu nkengero z'ibigo bigaho
Aba banyeshuri ngo banafasha ku bikorwa by’ubuhinzi n’ubworozi bikorerwa mu nkengero z’ibigo bigaho

Umunsi wa mbere w’ibizamini by’amashuri y’imyuga n’ubumenyingiro abanyeshuri mu gihugu hose batomboraga ibibazo buri umwe akagenda asubiza bitewe n’ikibazo yatomboye .

Umurangamirwa Aime wiga mu mwaka wa gatandatu w’amashuri y’isumbuye mu ishami ry’ubuhinzi n’ubworozi akaba n’umwe mu bana bakoze ibi bizamini avuga ko ari umwuga yakundaga kuva kera kuko yasanze ari ingirakamaro k’ubuzima bw’abantu.

Ati “Nakunze ubuhinzi kuko nasanze aribwo budutunze , budahari ntabwo twabona ibyo turya, ndateganya gukoresha ubumenyi bwanjye ninsohoka mpinga mu buryo bwa kijyambere. Nzagerageza kubikora neza ku buryo nzongera umusaruro nkaha n’abandi bantu akazi.

Uyu mwana ateganya kubyaza umusaruro imirima y'iwabo atera amashyamba
Uyu mwana ateganya kubyaza umusaruro imirima y’iwabo atera amashyamba

Mu kigo cya Kabutare TVET , abana bakoze ibizamini mu mashami atandukanye arimo ubuhinzi n’Ubworozi, gutunganya ibiribwa, ishami ry’amashyamba n’andi mashami.

Ibi bizamini birimo gukorwa mu bigo bya TVET 184 biri mu gihugu hose aho bazakorera kuri centre 118.

Abanyeshuri bo mu ishami ry'Ubuvuzi bw'amatungo bakoze ikizamini muri ubu buryo , aho babaze ihane bagamije kuyikura ikintu cyari mu gifu cyayo
Abanyeshuri bo mu ishami ry’Ubuvuzi bw’amatungo bakoze ikizamini muri ubu buryo , aho babaze ihane bagamije kuyikura ikintu cyari mu gifu cyayo

Ibizamini by’uyu mwaka wa 2018 biteganijwe ko bizasozwa taliki ya 31 Nzeri 2018 byitabiriwe n’abana ibihumbi 21,788 bazakora mu mashami 25 atandukanye.

Ibizamini bya TVET byatangiye mu 2011 u bwo byatangiraga ku nshuro ya mbere byitabiriwe n’abanyeshuri ibihumbi 16.

Abanyeshuri biga ibijyanye no gutunganya ibiribwa bakoze ikizami cyo gukora imigati n'amandazi
Abanyeshuri biga ibijyanye no gutunganya ibiribwa bakoze ikizami cyo gukora imigati n’amandazi
Abayobozi n'abandi bantu bakurikiraga iki gikorwa bari bambaye muri ubu buryo
Abayobozi n’abandi bantu bakurikiraga iki gikorwa bari bambaye muri ubu buryo
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka