APR na Mukura zigiye guhatanira Super Cup i Rubavu

Ikipe ya APR Fc yegukanye Shampiona na Mukura yatwaye igikombe cy’Amahoro, zigiye guhatanira igikombe kiruta ibindi kizabera i Rubavu

APR na Mukura zigiye guhurira i Rubavu
APR na Mukura zigiye guhurira i Rubavu

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ryamaze kwemeza ko APR na Mukura zigomba guhurira i Rubavu tariki 06 Ukwakira 2018, mu gikombe kiruta ibindi u Rwanda (Super Cup).

Amatara i Rubavu yarazimye umukino wimurirwa i Kigali umwaka ushize
Amatara i Rubavu yarazimye umukino wimurirwa i Kigali umwaka ushize

Ikipe ya APR Fc yegukanye Shampiona y’uyu mwaka n’amanota 66, mu gihe ikipe y Mukura yarangije Shampiona ifite amanota 31 iri ku mwanya wa 13, gusa iza gutwara igikombe cy’Amahoro itsinze rayon Sports kuri Penaliti.

Ni ubwa kabiri iki gikombe kigiye kubera i Rubavu
Ni ubwa kabiri iki gikombe kigiye kubera i Rubavu

Iki gikombe umwaka ushize nabwo cyari cyakiniwe i Rubavu gihuza APR na Rayon Sports, umukino utaraje kurangira kuko amatara yaje kuzima burundu kuri Stade, aho Rayon Sports yari ifite ibitego 2-0, maze umukino wimurirwa i Nyamirambo ubwo hakinwaga iminota 27 yari isigaye, maze umukino urangira bikiri 2-0.

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka