Umukobwa umwe ni we wahembwe muri SALAX Awards7

Ku itariki ya 31 Werurwe, nibwo byari biteganyijwe ko abahanzi bari ku rutonde rw’abazatoranywamo abahize abandi mu byiciro bitandukanye bamenyekana bagashyikirizwa ibihembo muri Salax Awards, ubu yari ibaye ku nshuro yayo ya karindwi.

Bruce Melody yihariye ibikombe bitatu wenyine
Bruce Melody yihariye ibikombe bitatu wenyine

Mu gutoranya abahanzi, barebye ibikorwa bakoze kuva mu myaka ibiri yashize, kuko muri iyo myaka nta bihembo bya Salax Awards byatanzwe.

Mu bahanzi bemeye kuguma ku rutonde rw’abazatoranywamo abahize abandi muri iyo myaka, harimo ab’igitsina gore 7 ndetse n’ab’igitsina gabo 30 (ubaze n’amatsinda) bahatanaga mu byiciro binyuranye. Aba bahanzi, bagendaga batorwa binyuze mu butumwa bugufi bwoherezwaga n’abakunzi babo, babatora, maze nyuma bakareba uwatowe na benshi mu cyiciro cye.

Ibihembo byihariwe n’abagabo

Mu bihembo 10 byatanzwe mu byiciro binyuranye, Queen Cha, ni we mukobwa wenyine wegukanye igihembo, mu cyiciro n’ubundi yahatanagamo n’ab’igitsina gore gusa. Igihembo cy’ Umuhanzi mwiza mu bagore (Best Female Artist). Iki ni cyo gihembo rukumbi cyegukanywe n’umugore n’ubwo hari ibindi byiciro bahatanagamo.

Queen Cha yahembwe mu cyiciro cy'abagore
Queen Cha yahembwe mu cyiciro cy’abagore

Bamwe mu bari bitabiriye iki gikorwa, babwiye Kigali Today ko usanga abakobwa bo mu Rwanda bakora umuziki, bamwe badashyiramo imbaraga ngo biyereke abafana babo nka basaza babo.

Uwitwa James Kabano yagize ati “Abahanzikazi b’Abanyarwanda bakora indirimbo ariko ukagira ngo bisa n’ibyabatunguye. Kwiyerekana mu bafana ntibabikunda, abahanzi bacu basa n’abihisha abafana babo, ibi ntaho byakugeza.”

Buravan ni we watwaye igihembo cy'umuhanzi ukizamuka
Buravan ni we watwaye igihembo cy’umuhanzi ukizamuka

Undi muntu utashatse ko amazina ye atangazwa yagize ati “Abasitari (Stars) bacu bihutira cyane kumva ko bamamaye ariko ibikorwa bikaba bike. Abahanzikazi bacu ntibakora, usohoye indirimbo aba akoze igitangaza, kuyimenyekanisha bikaba ibindi, nyamara babikoze n’imbaraga bagera kure.”

Dore uko abahanzi bari mu byiciro, n’abagiye begukana ibihembo:

Abaririmba ku muco n’injyana gakondo:

Clarisse Karasira
Jules Sentore
Sophia Nzayisenga
Deo Munyakazi
Mani Martin (ni we watsindiye iki gihembo)

Icyiciro cy'umuhanzi w'umuco harimo umukobwa ariko cyegukanye n'umugabo
Icyiciro cy’umuhanzi w’umuco harimo umukobwa ariko cyegukanye n’umugabo

Abaririmba indirimbo zihimbaza Imana:

Israel Mbonyi (ni we watsindiye iki gihembo)
Serge Iyamuremye
Aime Uwimana
Patient Bizimana
Gentil Bigizi

Umuhanzi ukizamuka:

Sintex
Buravan (ni we watsindiye iki gihembo)
Alyn Sano
Marina
Andy Bumuntu

Abaririmba ari itsinda:

Just Family
The Same
Active (ni yo yatsindiye iki gihembo)
Tresor
Yemba Voice

Itsinda Active ni ryo ryegukanye igihembo
Itsinda Active ni ryo ryegukanye igihembo

Abaririmba mu njyana ya Afrobeat:

MC Tino
Danny Vumbi
Davis D
Uncle Austin (ni we watsindiye iki gihembo)
Mico The Best

Abaririmba mu njyana ya R&B:

Bruce Melodie (ni we watsindiye iki gihembo)
Yvery
Buravan
King James
Peace Jolis

Abakora Hip Hop:

Bull Dogg
Jay C
Riderman (ni we watsindiye iki gihembo)
Khalfan
Ama G The Black

Umuhanzi w’umugore:

Asinah Erra
Young Grace
Marina
Queen Cha (ni we watsindiye iki gihembo)
Alyn Sano

Umuhanzi w’umugabo:

Bruce Melodie (niwe watsindiye iki gihembo)
Israel Mbonyi
King James
Buravan
Riderman

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka