Diamond yasabye abafana kumufasha gushaka izina ry’umwana

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y’umukunzi we Tanasha Donna, uhuza itariki y’amavuko na nyina wa Diamond bita Mama Dangote, Diamond Platnumz yatangarije abari bitabiriye ibyo birori ko afite ibyishimo byinshi.

Ati: “Nagize ibyishimo bidasanzwe ubwo namenyaga ko umukunzi wanjye Tanasha ahuza itariki y’amavuko na mama wanjye. None nshimishijwe no kubabwira ko mu mezi make twitegura kubona umwana w’umuhungu".

Aha Diamond yerekanaga ko Tanasha amutwitiye, asaba abafana kumufasha gushaka izina ry'umwana
Aha Diamond yerekanaga ko Tanasha amutwitiye, asaba abafana kumufasha gushaka izina ry’umwana

Nyuma y’ibirori, abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram, Diamond yasabye abakunzi be kumufasha gutekereza izina ryiza yazita umuhungu we. Ati: Muri inshuti zanjye, muri umuryango wanjye. Mumfashe gutekereza izina ry’umwana. Tumwite nde? Mutekereze.

Mu butumwa yashyize munsi y'ifoto kuri Instagram, Diamond yavuze ko Tanasha amutwitiye umwana w'umuhungu
Mu butumwa yashyize munsi y’ifoto kuri Instagram, Diamond yavuze ko Tanasha amutwitiye umwana w’umuhungu

Hari hashize igihe abantu bibaza niba koko Tanasha atwite, ariko ba nyiri ubwite ntacyo bari barabitangajeho. Diamond, yavuze ko inda imaze kugira amezi arindwi, ko mu mezi abiri gusa Tanasha azamubyarira umuhungu.

Umukunzi wa Diamond na nyina wa Diamond bizihirije rimwe ibirori by'isabukuru y'amavuko
Umukunzi wa Diamond na nyina wa Diamond bizihirije rimwe ibirori by’isabukuru y’amavuko
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka