Urwego rw’Igihugu rushinzwe iterambere (RDB), ku itariki ya 23 Mutarama 2020 mu Karere ka Musanze rwahatangirije gahunda yo guhuza abashaka akazi n’abagatanga hakoreshejwe imodoka ebyiri za Bisi zashyizwemo imashini za mudasobwa n’ibikoresho by’ikoranabuhanga birimo interineti y’ubuntu.
Umuryango Imbuto Foundation watangije mu Karere ka Burera umushinga ugamije gusobanurira abana ubuzima bw’imyororokere, kugira ngo bibafashe kumenya imihindagurikire y’umubiri, ibintu byitezweho kuzagabanya umubare w’abana b’abakobwa baterwa inda imburagihe.
Banki ya Kigali (BK) imaze gutanga sheki ya miliyoni 200 z’amafanga y’u Rwanda azagura telefoni ibihumbi bibiri , nk’uruhare rwayo muri gahunda izwi nka ‘Connect Rwanda’ .
Umunyakenya utatangajwe amazina yatawe muri yombi azira chapati zikoze mu ifu y’urumogi. Uwo muntu yafashwe ubwo ngo yari arimo kurya izo capati zidasanzwe, akaba akurikiranyweho gukoresha ibiyobyabwenge.
Umuhanzi Nyarwanda Turatsinze Prosper, uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Mico The Best, yahagurukiye kurwanya indwara y’igituntu kuko ngo yasanze hari abantu batayifiteho amakuru.
Ibitaro bya Nemba byungutse ibikoresho binyuranye byifashishwa mu buvuzi bw’amaso bifite agaciro k’amafaranga asaga miliyoni 35 z’amafaranga y’u Rwanda, hanatunganywa ibyumba bizajya byifashishwa kugira ngo servisi y’ubuvuzi bw’amaso irusheho kugenda neza.
Mushimiyimana Laetitia wize siyansi mu mashuri yisumbuye, ntiyahisemo kubikomeza ahubwo yahise ajya kwiga umwuga wo gusudira n’ibindi bigendanye, akavuga ko yizeye akazi nta gushidikanya.
Umushinga Imbuto Foundation uvuga ko ugiye gufatanya n’Akarere ka Nyagatare mu kurandura ikibazo cy’inda z’imburagihe ziterwa abangavu.
Ku cyicaro cy’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda “Ferwafa”, habereye Tombola y’uko amakipe azahura mu gikombe cy’Amahoro, aho Kiyovu na AS Kigali zakinnye umukino wa nyuma zahise zicakirana
Abasoromyi b’icyayi bakorana n’uruganda rw’icyayi rwa Mata mu Karere ka Nyaruguru, bavuga ko umurimo bakora wabagejeje kuri byinshi, bityo bakabona ko na wo ari umurimo nk’iyindi.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) irasaba Abanyarwanda bakora ingendo zijya mu Bushinwa kwirinda kujya mu Mujyi wa Wuhan, kuko hateye indwara yandura kandi yica vuba yitwa ‘Novel Coronavirus’.
Muri uyu mwaka u Rwanda rurakira ku nshuro ya cumi kabiri isiganwa mpuzamahanga rizenguruka u Rwanda Tour du Rwanda, aho habura ukwezi gusa kugira ngo iri siganwa ritangire
Minisiteri y’Ibikorwaremezo(MININFRA) yagaragaje uwitwa Agnes Mukankuranga ko ari we muturage wabaye uwa miliyoni imwe mu bamaze guhabwa umuriro w’amashanyarazi, mu rugendo ifite rwo kuzaba igeze ku baturarwanda bose mu myaka itanu iri imbere.
Mu gace ka kane k’isiganwa La Tropicale Amissa Bongo ribera muri Gabon, Areruya Joseph yaje ku mwanya wa kabiri ahembwa nk’uwarushije abandi guhatana
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi umugabo witwa Ngaboyisugi Bernard w’imyaka 28 y’amavuko wo mu Kagari ka Gafumba mu Murenge wa Rugarama mu Karere ka Burera, ubwo yageragezaga kwiba abazungu bari bari mu isoko rya Rugarama.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko ifite intego y’uko mu mpera za 2020, umubare w’urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira no kurwanya ibyaha (Rwanda Youth Volunteers in Community Policing) rukorana na yo uzaba wariyongereye ukagera nibura kuri miliyoni imwe.
Padiri mukuru wa Paruwasi Katedarali ya Ruhengeri, Emmanuel Ndagijimana, yavuze ko yatangajwe no kuba Polisi yatangije gahunda ya ‘Rengera Umwana’ ku munsi wo guhimbaza Mutagatifu Agnes, umwana wishwe azira gukomera ku busugi.
Umuvunyi Mukuru, Anastase Murekezi, yanenze Abanyarwanda badatanga amakuru kuri ruswa, kuko batumye igihugu gihomba amanota atatu ku rwego rw’isi ugereranyije n’umwaka wa 2018.
Ikirere cyabuditse igicu cy’umwuka uhumanye muri Mutarama? Ni byo! Umwuka ubu uri guhumeka ushobora kuba uhumanye, ibizwi muri siyansi nko kuba urimo ibyitwa ‘monoxide de carbone’, dioxide de sulfire, dioxide de nitrogene n’ibindi.
Ni kenshi abahanzi babazwa ikindi bakora iyo badahugiye mu muziki cyangwa ibitaramo. Aba ni bamwe mu bahanzi nyarwanda bafite ibindi bikorwa by’ubucuruzi bibinjiriza amafaranga, bakabifatanya no gukora umuziki.
Myugariro Kayumba Soter uheruka gusinyira rayon Sports yamaze kubona ibyangombwa bimwemerera gukina shampiyona muri uyu mwaka w’imikino
Ubushakashatsi bwakozwe n’ihuriro ry’amadini n’amatorero akorera mu Rwanda (RICH) kuri servisi zihabwa abana bahohotewe mu bigo bya ‘Isange One Stop Center’, bugaragaza ko hejuru ya 50% y’abahohoteye abo bana batagejejwe imbere y’ubutabera.
Abaganga 25 bazobereye mu kuvura indwara zifata ubwonko no mu mazuru, bifashishije bagenzi babo baturuka mu Bufaransa, barimo kwitoza kuvura izo ndwara batarinze kubaga umutwe w’umuntu.
Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Amb. Claver Gatete, avuga ko uruganda ruzakora amashanyarazi rwifashishije nyiramugengeri ruzatuma igiciro cy’amashanyarazi kigabanuka.
Amafoto y’umukobwa witwa Nishimwe Naomie wiyamamarije mu Mujyi wa Kigali akimara kujya hanze, yakwirakwijwe na benshi ku mbuga nkoranyambaga, abakurikira iri rushanwa bashyira ibitekerezo ku mafoto ye ko uyu azaba Miss Rwanda byanze bikunze, ndetse abandi ntibanatinya guhita bagaragaza ko bazamutora igihe gutora bizaba (…)
Mu Murenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze, umugabo ufite uburwayi bwo mu mutwe yatemye abantu barindwi umwe ahasiga ubuzima abandi barakomereka bikomeye.
Inzobere mu by’ubuzima ziraburira abagabo n’abasore bakoresha umuti ‘sildenafil’ ufasha abagabo kugira ubushake bwo gukora imibonano mpuzabitsina, uzwi nka ’viagra’ batabiherewe uburenganzira na muganga.
Ku mupaka wa Cyanika uhuza u Rwanda na Uganda, kuri uyu wa gatatu tariki 22 Mutarama 2020, habereye umuhango wo gushyikiriza Igihugu cya Uganda umurambo w’umwe mu baturage batatu baherutse kurasirwa mu Murenge wa Kagogo mu Karere ka Burera ubwo bashakaga kurwanya Polisi y’u Rwanda nyuma y’uko yari ibahagaritse.
Urwego rw’Umuvunyi ruratangaza ko hejuru ya 90% y’ibibazo rwakira biba bidafite ishingiro, kuko nibura 6% ari byo bigaragaza akarengane gusa. 33% y’ibi bizo byakirwa n’Urwego rw’Umuvunyi kandi biba bishingiye ku manza mbonezamubano ku buryo ngo byagakwiye gukemukira mu muryango bitagombye kubasiragiza mu nkiko.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Ndego mu Karere ka Kayonza, buvuga ko hari abahinzi batumvaga akamaro ko gukoresha ifumbire mu buhinzi bwabo, ariko nyuma yo kubona ko bagenzi babo bakangukiye kuyikoresha babona umusaruro mwiza, abakoresha ifumbumbire batangiye kwiyongera.
Minisitiri w’intebe, Dr. Edouard Ngirente, arasaba ko buri rugo rw’Umunyarwanda rutera nibura ibiti bitatu by’imbuto, mu rwego rwo guharanira imibereho myiza.
Umunyeshuri witwa Flavia Uwizeye witeguraga kurangiza amasomo muri Kaminuza yigisha ubukerarugendo, ubukungu n’ikoranabuhanga (University of Tourism and Business Studies- UTB), ku mugoroba wo kuwa kabiri tariki 21 Mutarama yanyereye mu bwogero (douche) yitura hasi bimuviramo gupfa.
Abaturage bo mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Rutsiro bishyuwe amafaranga bakoreye bubaka ibyumba by’amashuri kuri GS Mukura nyuma y’umunsi umwe biyemeje kurara ku biro by’Umurenge.
Umunya-Nigeria w’imyaka 22, Joseph Akinfenwa Donus uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Joeboy, ni we uzaririmba mu gitaramo kimaze kumenyerwa mu Mujyi wa Kigali kizwi ku izina rya “Kigali Jazz Junction”, kizaba tariki ya 28 Gashyantare 2020.
Minisitiri w’Ubutabera w’igihugu cya Norvège, Jøran Kallymr uri mu ruzinduko mu Rwanda, avuga ko yababajwe n’ibyabaye mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ariko anashima iterambere rugezeho.
Guhera mu mpera z’iki cyumweru mu Rwanda harakinwa imikino igamije kuzirikana intwari z’u Rwanda, aho izaba mu mikino itandukanye
Kaminuza yigisha amasomo y’ubuvuzi bungana kuri bose mu Karere ka Burera, University of Global Health Equity, (U-G-H-E), yatangaje ko ku wa gatanu tariki 24 Mutarama 2020 izashyikiriza ibigo nderabuzima impano y’ibyuma cg za mikorosikope 19 zifashishwa mu gupima indwara, harimo n’ibizahabwa ibitaro bya Butaro.
Mu kiganiro Perezida w’u Rwanda yatanze kuri uyu wa kabiri tariki 21 Mutarama 2020 ku ishuri mpuzamahanga ryigisha imiyoborere mu Bwongereza (International School for Government) kuri Koleji yitiriwe Umwami mu Mujyi wa London (King’s College London), yashimye uburyo inama yo ku wa mbere yagenze ku ishoramari hagati y’u (…)
Kuri uyu wa Kabiri i Cairo mu Misiri habereye Tombola y’amatsinda mu gushaka itike y’igikombe cy’isi kizabera muri Qatar
Kaminuza y’u Rwanda (UR) hamwe na Banki Itsura Amajyambere (BRD), batangaje ko abanyeshuri batinze kwiyandikisha hamwe n’abatanga amakuru atuzuye ajyanye n’amakonti yabo, ari bo batuma inguzanyo yo kubatunga yitwa buruse itinda kugera ku banyeshuri.
Imiryango y’abari abakozi b’uruganda rwa Bralirwa batwikiwe muri Bisi tariki 19 Mutarama 1998 bavuga ko bibaza impamvu ntawe urirega cyangwa ngo aburanishwe kuri iki cyaha cyakorewe abantu babo.
Nyuma yo kubona ko hari abantu babazwa n’indwara bamaranye igihe kirekire bikabaviramo izindi ndwara no kwiheba, ibitaro bya Kaminuza by’i Butare (CHUB), byiyemeje gushyiraho uburyo bwo kubafasha.
Urukiko rwisumbuye rwa Musanze rutegetse ko Ndabereye Augustin akomeza kuburana afunzwe nyuma y’uko zimwe mu mpamvu yatanze mu kirego cye urukiko rusanze zidafite ishingiro.
Igihugu cya Norvège cyabaye icya mbere cyemeye kwakira umubare munini w’impunzi z’Abanyafurika ziri mu Rwanda by’agateganyo, gusa uburyo bwo kubatwara bukaba butaranozwa kugira ngo icyiciro cya mbere kibone kugenda.
Abafite ubumuga mu Karere ka Muhanga baravuga ko gahunda ya Gerayo Amahoro izagabanya ubumuga buterwa n’impanuka igihe abakoresha umuhanda baramuka bayubahirije.
Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside (CNLG) yasohoye inyandiko igaragaza ko hari abanyepolitiki baba hanze y’u Rwanda bitwaje ko bahari ku mpamvu za Politiki nyamara bafite ibindi byaha bashinjwa byerekeranye na Jenoside.