Umuhanzi Kizito Mihigo arashyingurwa i Rusoro

Kuri uyu wa gatandatu tariki 22 Gashyantare 2020, ni bwo umuhanzi Kizito Mihigo uherutse gupfa bivugwa ko yiyahuye ubwo yari afungiye kuri Polisi ya Remera mu Mujyi wa Kigali, ashyingurwa mu irimbi rya Rusororo.

Kizito Mihigo arashyingurwa i Rusororo (Photo:Umuseke.rw)
Kizito Mihigo arashyingurwa i Rusororo (Photo:Umuseke.rw)

Imihango yo kumushyingura yatangiye mu gitondo, aho abagize umuryango we ndetse n’abandi bagiye gufata umurambo mu bitaro byitiriwe Umwami Faisal, nyuma bakomereza mu Busanza mu Karere ka Kicukiro ari na ho umubyeyi we atuye, hakomereza imihango yo kumusezeraho.

Nyuma yo kumusezeraho, imihango yakomereje muri Paruwasi ya Ndera, aho yavugiwe amasengesho, hanyuma hagakurikiraho kujya kumushyingura mu irimbi rya Rusororo biteganyijwe ku isaha ya saa kumi z’umugoroba.

Amakuru y’urupfu rwa Kizito Mihigo yemejwe na Polisi y’u Rwanda mu itangazo rigenewe abanyamakuru ryasohotse mu gitondo cyo ku itariki ya 17 Gashyantare 2020.

Iryo tangazo ryavugaga ko Kizito yasanzwe yiyahuriye mu cyumba yari afungiyemo, kuri sitasiyo ya Polisi ya Remera.

Icyo gihe hari hashize iminsi mikeya Kizito afatiwe mu Karere ka Nyaruguru mu Ntara y’Amajyepfo, ashaka kwambuka umupaka ngo ajye mu gihugu cy’u Burundi, nk’uko byemejwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB).

Ibitekerezo   ( 7 )

IMANA IMWAKIRE MUBAYO

ntizaduhana hassani yanditse ku itariki ya: 3-03-2020  →  Musubize

IMANA IMWAKIRE

ntizaduhana hassani yanditse ku itariki ya: 3-03-2020  →  Musubize

KIZITO MIHIGO agire iruhuko ridashira

janviere yanditse ku itariki ya: 27-02-2020  →  Musubize

KIZITO MIHIGO agire iruhuko ridashira

janviere yanditse ku itariki ya: 27-02-2020  →  Musubize

NYAKWIJYENDERA KIZITO MIHIGO IMANA IMUHIRUHUKO RIDASHIRA.

SAMUEL yanditse ku itariki ya: 24-02-2020  →  Musubize

Imana Imwakire mubayo

Germaine yanditse ku itariki ya: 22-02-2020  →  Musubize

Naruhukire mumahoro,tuzamukumbura

Oda yanditse ku itariki ya: 22-02-2020  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka