Dore imyanzuro ifatiwe mu nama yaberaga ku mupaka wa Gatuna/Katuna
Kuri uyu wa Gatanu tariki 21 Gashyantare 2020, i Gatuna/Katuna ku mupaka w’u Rwanda na Uganda habereye inama yahuje abakuru b’ibihugu by’u Rwanda na Uganda, ndetse n’abakuru b’ibihugu bya Angola na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nk’abahuza muri ibyo biganiro.

Ni inama ya kane ihuje Perezida w’u Rwanda Paul Kagame, Perezida wa Uganda Yoweri Museveni, Perezida wa Angola João Lourenço, na Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Abakuru b’ibyo bihugu bishimiye ko nyuma y’inama baherukaga guhuriramo hari intambwe yatewe ku mpande zombi mu rwego rwo kubahiriza imyanzuro yafashwe, no gukuraho inzitizi z’umubano mwiza hagati y’ibihugu byombi, u Rwanda na Uganda.
Bishimiye ko hari imfungwa zarekuwe ku mpande zombi, kandi hakaba hakomeje kugaragara ubushake mu kubahiriza amategeko by’umwihariko yerekeranye n’uburenganzira bwa muntu.
Abakuru b’ibihugu bya Angola na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bashimye amasezerano yashyizweho umukono hagati y’u Rwanda na Uganda yo guhererekanya imfungwa. Ayo masezerano yiswe ’Extradition Treaty’ yashyizweho umukono kuri uyu wa gatanu mu nama yabereye ku mupaka w’u Rwanda na Uganda.

Abari muri iyo nama basabye ko igihugu cya Uganda gisuzuma mu gihe cy’ukwezi ibyo gishinjwa n’u Rwanda byo gucumbikira ku butaka bwacyo abashaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda. Mu gihe ibyo Uganda ishinjwa bizagaragara ko ari ukuri, igihugu cya Uganda kizakora ibishoboka byose kugira ngo gihagarike ibyo bikorwa, giharanire kandi ko bitazongera kubaho.
Isuzuma rizakorwa n’Itsinda ryashyizweho rihuriweho n’u Rwanda na Uganda (Ad-Hoc Ministerial Commission) rigamije kureba iyubahirizwa ry’amasezerano ya Luanda.

Mu gihe iyo Komisiyo izabona ko uyu mwanzuro wubahirijwe, izatanga raporo ku bakuru b’ibihugu, nyuma mu minsi 15 abahuza b’impande zombi bazatumizeho inama y’abakuru b’ibihugu uko ari bine, bahurire ku mupaka wa Gatuna/Katuna kugira ngo bafungure ku mugaragaro uwo mupaka, ingendo hagati y’abaturage b’ibihugu byombi zongere gukorwa nta nkomyi.
Abakuru b’ibihugu by’u Rwanda na Uganda, Paul Kagame na Yoweri Museveni, bongeye gushimira bagenzi babo Perezida wa Angola, João Lourenço, na Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kubera ubwitange bwabo mu gushakira hamwe uburyo umubano mwiza wagaruka hagati y’u Rwanda na Uganda.




Kureba andi mafoto menshi y’iyi nama, kanda HANO
Amafoto: Plaisir Muzogeye
Inkuru zijyanye na: Umubano hagati y’u Rwanda na Uganda
- Perezida Kagame na Museveni baganiriye ku mubano w’ibihugu byombi
- Perezida Kagame yageze muri Uganda
- Uganda: Gen Muhoozi yashimiye abitabiriye ibirori by’isabukuru ye y’amavuko (Amafoto)
- Perezida Kagame yagabiye inka z’Inyambo Gen Muhoozi
- Gen. Muhoozi yasuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali
- Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Gen. Muhoozi Kainerugaba
- Gen. Muhoozi Kainerugaba yagarutse mu Rwanda
- Umuyobozi wa Kisoro muri Uganda na we ngo yari akumbuye gutemberera mu Rwanda
- Umupaka wa Cyanika wafunguwe: Dore ibisabwa ushaka kwambuka
- Umupaka ntushobora gufungurwa ibyatumye ufungwa bitabanje gukemurwa – Perezida Kagame
- Abaha serivisi abagenda mu muhanda Kigali-Gatuna-Kampala ngo bagiye kongera kubona inyungu
- Abaturage bishimiye ifungurwa ry’umupaka wa Gatuna
- Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda wafunguwe
- Abanyarwanda bifuza kujya muri Uganda barasabwa gushishoza
- Ibicuruzwa by’u Rwanda byiteguye guhatana ku isoko rimwe n’ibya Uganda umupaka nufungurwa?
- Imiryango ya Afurika yunze Ubumwe na EAC yishimiye ifungurwa ry’umupaka wa Gatuna
- Abanyarwanda 58 bari bafungiye muri Uganda n’Umurundi umwe barekuwe
- Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda ugiye kongera gufungurwa
- Uganda: Gen Kandiho yakuwe ku buyobozi bw’ubutasi (CMI)
- Perezida Kagame na Gen. Muhoozi Kainerugaba bagiranye ibiganiro bitanga icyizere
Ohereza igitekerezo
|
Nibyiza rwose ko ubwumvikane buganza hagati yibihugu tukonjyera tukagendanirana
twiteguhe kwishimira kubona bafunguye umupaka