Minisitiri w’Intebe yifuza ko buri rugo rutera igiti cya Avoka

Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente yabajije abayobozi b’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) niba byashoboka ko buri rugo rwo mu Rwanda rutera byibura igiti kimwe cy’Avoka.

Minisitiri w'Intebe ati "Ese yashoboka ko buri Muturarwanda ahinga byibura igiti cya avoka?"
Minisitiri w’Intebe ati "Ese yashoboka ko buri Muturarwanda ahinga byibura igiti cya avoka?"

Yabitangaje ubwo yagendereraga ishami ry’iki kigo riherereye mu Karere ka Huye, tariki 25 Nzeri 2018.

Yakibajije nyuma yo kugaragarizwa ko hari ubwoko bw’ibiti bya avoka byakozweho ubushakashatsi muri iki kigo, bitanga avoka ziryoha kandi zinakunzwe ku isoko mpuzamahanga.

Izo Avoka ntizihingwa mu bihugu byateye imbere, bigatuma n’ibiciro byazo bishobora kugura ku mafaranga arenga 8.000Frw kuri Avoka imwe.

Bikubitiyeho ko avoka ari urubuto, ikaba yakwifashishwa mu kurwanya imirire mibi, kimwe n’izindi mbuto nk’imyembe, Minisitiri w’intebe yabajije umuyobozi mukuru wa RAB niba hataboneka ingemwe zihagije z’imbuto, buri rugo rwo mu Rwanda rugasabwa guhinga byibura igiti kimwe.

Yagize ati “Ese twifuje kugira ingemwe nka miriyoni z’izi avoka, twazibona mu gihe kingana gute ngo tuzihe ingo miriyoni z’Abanyarwanda?”

Monisitiri w'Intebe atekereza ko buri rugo ruteye avoka haboneka izo kurwanya imirire mibi no gucuruza hanze y'u Rwanda
Monisitiri w’Intebe atekereza ko buri rugo ruteye avoka haboneka izo kurwanya imirire mibi no gucuruza hanze y’u Rwanda

Yasubijwe ko hifashishijwe n’abatubuzi b’imbuto ingemwe zaboneka mu gihe cy’umwaka, mu gihe iki cyemzo cyaba cyafashwe.

Ariko ngo kugira ngo imihingire y’imbuto ibashe gutanga umusaruro uko byifuzwa, ngo byasaba ko abamamazabuhinzi babanza kubihugurwamo, hanyuma bagasobanurira abahawe ingemwe uko bazitaho kugira ngo zizatange umusaruro ushimishije.

Minisitiri w’Intebe yanagarutse ku kuba nta mihingire myiza igaragara ku misozi ikikije RAB, urugero nk’insina zitameze neza zigaragara ku misozi iri hafi y’iki kigo. Bisaba rero ko iki kigo gikora ku buryo ubushakashatsi gikora bugirira akamaro Abanyarwanda.

Umuyobozi mukuru wa RAB, Dr. Patrick Karangwa, avuga ko ivugurura ku bakozi RAB riherutse kwemererwa, rizatuma babigeraho kuko mu bakozi bashyashya hashyizwemo n’abashinzwe gukorana n’abikorera.

Ministiri w'Intebe aganira n'ubuyobozi bwa RAB
Ministiri w’Intebe aganira n’ubuyobozi bwa RAB
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka