Urugendo rwa Louise Mushikiwabo ku buyobozi bwa OIF - AMAFOTO

Mu mezi abiri ashize, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda Louise Mushikiwabo yatangiye urugendo rwo kuzenguruka isi yiyamamariza kuyobora Umuryango w’ibihugu bivuga Igifaransa (OIF).

Kuva mu ntangiriro za Nyakanga yatangiye urugendo ava mu gihugu kimwe kivuga Igifaransa ajya mu kindi akavuga imigabo n’imigambi y’ibyo azakorera OIF naramuka ayibereye Umunyamabanga mukuru mu gihe cy’imyaka ine.

Mbere y’uko atangira kampanye ye, Inama nshingwabikorwa y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU) na yo yari yamwemereye kuzamushyigikira.

Iyo nama igizwe n’Abaminisitiri bahagarariye ibihugu byabo mu gushyira mu bikorwa imyanzuro ya AU. Ibyo byahaye amahirwe Mushikiwabo yo kuba yahigika Michaëlle Jean wari usanzwe ayiyobora, ariko wifuzaga gukomeza kuyiyobora.

OIF igizwe n’ibihugu na Leta 84, ariko abanyamuryango bahoraho ni ibihugu 58 n’ibihugu by’indorerezi 26.

Kigali Today yabateguriye amwe mu mafoto yaranze urwo rugendo, mu gihe hasigaye icyumweru kimwe ngo ayo matora abe, ni amatora azabera mu Mujyi wa Everan, Umurwa mukuru wa Armenia.

Mauritania

Urugendo rwa Mushikiwabo rwatangiriye i Nouakchott muri Mauritania, aho abakuru b'ibihugu na za Guverinoma muri Afurika bamwemereye kumushyigikira 100%
Urugendo rwa Mushikiwabo rwatangiriye i Nouakchott muri Mauritania, aho abakuru b’ibihugu na za Guverinoma muri Afurika bamwemereye kumushyigikira 100%

Madagascar

Mushikiwabo yakomereje urugendo i Antananarivo muri Madagascar, aho yagejeje imigabo n'imigambi ye kuri Perezida Hery Rajaonarimampianina
Mushikiwabo yakomereje urugendo i Antananarivo muri Madagascar, aho yagejeje imigabo n’imigambi ye kuri Perezida Hery Rajaonarimampianina
Muri Madagascar kandi Mushikiwabo yabonanye na Minisitiri w'Ububanyi n'amahanga Dovo Eloi Maxime
Muri Madagascar kandi Mushikiwabo yabonanye na Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga Dovo Eloi Maxime

Tchad

I N'Djamena, Mushikiwabo yaganiriye na Perezida Idriss Deby anamwemerera kumushyigikira
I N’Djamena, Mushikiwabo yaganiriye na Perezida Idriss Deby anamwemerera kumushyigikira

Congo - Brazzaville

Mushikiwabo yakurikijeho kugirana ibiganiro na Perezida wa Congo - Brazzaville Denis Sassou Nguesso
Mushikiwabo yakurikijeho kugirana ibiganiro na Perezida wa Congo - Brazzaville Denis Sassou Nguesso

Senegal

Uwo munsi Mushikiwabo yakomereje i Dakar, aho yahuye na Perezida Macky Sall na we amugezaho ibya kandidatire ye
Uwo munsi Mushikiwabo yakomereje i Dakar, aho yahuye na Perezida Macky Sall na we amugezaho ibya kandidatire ye
I Dakar kandi yanabonanye na mugenzi we ushinzwe Ububanyi n'Amahanga muri Senegal, Sidiki Kaba
I Dakar kandi yanabonanye na mugenzi we ushinzwe Ububanyi n’Amahanga muri Senegal, Sidiki Kaba

Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo

Mushikiwabo yakomereje urugendo rwe i Kinshasa aho yabonanye na Perezida Joseph Kabila
Mushikiwabo yakomereje urugendo rwe i Kinshasa aho yabonanye na Perezida Joseph Kabila
Mbere yo kuva muri icyo gihugu yanabonanye na Minisitiri w'Ububanyi n'amahanga Léonard She Okitundu
Mbere yo kuva muri icyo gihugu yanabonanye na Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga Léonard She Okitundu

Gabon

Mushikiwabo yakomereje urugendo rwe rwo kwiyamamaza i Libreville, aho yabonanye na Perezida Ali Bongo Ondimba
Mushikiwabo yakomereje urugendo rwe rwo kwiyamamaza i Libreville, aho yabonanye na Perezida Ali Bongo Ondimba
Mushikiwabo yageze no ku mugabane wa Aziya, mu Murwa mukuru wa Vietnam, Hanoi, kugira ngo ageze gahunda ye kuri Perezida Tran Dai Quang
Mushikiwabo yageze no ku mugabane wa Aziya, mu Murwa mukuru wa Vietnam, Hanoi, kugira ngo ageze gahunda ye kuri Perezida Tran Dai Quang

Cambodge

Ku munsi wa kabiri w'uruzinduko yagiriraga muri Aziya, Mushikiwabo yakiriwe na mugenzi we ushinzwe Ububanyi n'amahanga n'Ubutwererane, Prak Sokhonn
Ku munsi wa kabiri w’uruzinduko yagiriraga muri Aziya, Mushikiwabo yakiriwe na mugenzi we ushinzwe Ububanyi n’amahanga n’Ubutwererane, Prak Sokhonn

Armenia

Mushikiwabo yakurikijeho umugabane w'u Burayi aho yanyarukiye mu Murwa mukuru wa Armenia, Everan, ari na wo uzaberamo amatora ya OIF, abonana na Minisitiri w'Intebe Nikol Pachinian
Mushikiwabo yakurikijeho umugabane w’u Burayi aho yanyarukiye mu Murwa mukuru wa Armenia, Everan, ari na wo uzaberamo amatora ya OIF, abonana na Minisitiri w’Intebe Nikol Pachinian
Mushikiwabo yakoze umuhango wo gutera igiti, igikorwa gifite icyo gisobanuye mu mateka ya Armenia
Mushikiwabo yakoze umuhango wo gutera igiti, igikorwa gifite icyo gisobanuye mu mateka ya Armenia
Yanasuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abanya-Armenia, ruherereye ahitwa Tsitsernakaberd
Yanasuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abanya-Armenia, ruherereye ahitwa Tsitsernakaberd

Roumanie

Mu Murwa mukuru Bucharest, Mushikiwabo yaganiriye na mugenzi we ushinzwe Ububanyi n'Amahanga n'Ubutwererane, Teodor Meleșcanu
Mu Murwa mukuru Bucharest, Mushikiwabo yaganiriye na mugenzi we ushinzwe Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Teodor Meleșcanu

Liban

 Mushikiwabo yanageze mu Murwa mukuru Beyrouth abonana na Perezida wa Liban Michel Aoun
Mushikiwabo yanageze mu Murwa mukuru Beyrouth abonana na Perezida wa Liban Michel Aoun

Tuniziya

i Tunis muri Tuniziya , Mushikiwabo yakiriwe na Perezida w'icyo gihugu Béji Caïd Essebsi
i Tunis muri Tuniziya , Mushikiwabo yakiriwe na Perezida w’icyo gihugu Béji Caïd Essebsi
Mushikiwabo aganira na mugenzi we wa Tuniziya Khemaies Jhinaui
Mushikiwabo aganira na mugenzi we wa Tuniziya Khemaies Jhinaui

Niger

Mushikiwabo yagarutse muri Afurika yerekeza i Niamey, aho yabonanye na Perezida Issoufou Mahamadou
Mushikiwabo yagarutse muri Afurika yerekeza i Niamey, aho yabonanye na Perezida Issoufou Mahamadou

Burkina Faso

Mu Murwa mukuru Ouagadougou, Mushikiwabo yahuye na Perezida wa Burkina Faso Roch Marc Christian Kaboré
Mu Murwa mukuru Ouagadougou, Mushikiwabo yahuye na Perezida wa Burkina Faso Roch Marc Christian Kaboré

Côte d’Ivoire

Mushikiwabo yakomereje mu Murwa mukuru Abidjan, ageza ibya kandidatire ye kuri Perezida Alassane Ouattara
Mushikiwabo yakomereje mu Murwa mukuru Abidjan, ageza ibya kandidatire ye kuri Perezida Alassane Ouattara

U Bufaransa

Mushikiwabo yakiriwe kuri Televiziyo ya TV5 Monde
Mushikiwabo yakiriwe kuri Televiziyo ya TV5 Monde

New York, Mushikiwabo yabonanye n’abayobozi b’ibihugu bitandukanye atashoboye kugeramo

Yaganiriye na Minisitiri w'Ububanyi n'amahanga wa Albaniya, Ditmir Bushati
Yaganiriye na Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Albaniya, Ditmir Bushati
Yanagiranye ibiganiro na Minisitiri w'Ububanyi n'amahanga wa Moldaviya, Tudor Ulianovschi
Yanagiranye ibiganiro na Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Moldaviya, Tudor Ulianovschi
Yanaganiriye na Minsitiri w'Ububanyi n'amahanga wa Vanuatu, Ralph Regenvanu
Yanaganiriye na Minsitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Vanuatu, Ralph Regenvanu
Mu gihe cy'Inama rusange y'Umuryango w'Abibumbye (UN), bamukoreye ibirori byo kumwereka ko bamushyigikiye
Mu gihe cy’Inama rusange y’Umuryango w’Abibumbye (UN), bamukoreye ibirori byo kumwereka ko bamushyigikiye

Luxembourg

Mushikiwabo yakomereje mu Murwa mukuru Luxembourg City, aho yabonanye na Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga, ean Asselborn
Mushikiwabo yakomereje mu Murwa mukuru Luxembourg City, aho yabonanye na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, ean Asselborn

Kureba andi mafoto menshi KANDA kuri kano gafoto  KT Photo

Ibitekerezo   ( 1 )

Mushikiwabo azabona uyu mwanya yarawuruhiye kabisa.Umenya nta gihugu atagiyemo kivuga igifaransa!!
Imana idusaba ko dukoresha ingufu nyinshi mu kuyishaka,nkuko dukoresha ingufu nyinshi dushaka amafaranga n’ibyubahiro.Ababyubahiriza ni bacye.

Kayumba yanditse ku itariki ya: 10-10-2018  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka