Umubano w’u Rwanda na Rhénani Palatinat wasizwe umunyu

Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu Francis Kaboneka aravuga ko u Rwanda rwifuza kongera imbaraga mu mubano rusanzwe rufitanye n’Intara ya Rhénani Palatinat yo mu Budage, byaba na ngombwa abashoramari baho bakaza gushora imari mu Rwanda.

Min Kaboneka Francis yakiriye Umuyobozi w'Intara ya Rhénani Palatinat Malu Dreyer
Min Kaboneka Francis yakiriye Umuyobozi w’Intara ya Rhénani Palatinat Malu Dreyer

Yabivuze kuri uyu wa mbere 01 Ukwakira 2018, nyuma yo kwakira Umuyobozi w’Intara ya Rhénani Palatinat Malu Dreyer hamwe n’intumwa ayoboye, mu ruzinduko rw’iminsi ine barimo mu Rwanda.

Ni uruzinduko rwatangiye kuri iki cyumweru,
rutangirana n’imurikabikorwa ryabereye ku ngoro yitiriwe Richard Kandt, Umudage wa mbere wabaye rezida w’u Rwanda.

Muri urwo ruzinduko, Umuyobozi w’Intara ya Rhénani Palatinat Malu Dreyer avuga ko we n’intumwa ayoboye baje mu Rwanda mu rwego rwo gushimangira umubano hagati y’iyo ntara n’u Rwanda.

Kuri iyi nshuro ngo bazibanda cyane mu bikorwa by’uburezi, ubuhinzi ndetse n’ubukungu.

Malu Dreyer yatangaje ko umubano w'u Rwanda n'Intara abereye umuyobozi ugiye kongerwamo imbaraga
Malu Dreyer yatangaje ko umubano w’u Rwanda n’Intara abereye umuyobozi ugiye kongerwamo imbaraga

Yongeraho ko nk’uko hasanzwe hari imishinga myinshi u Rwanda rufatanyamo n’Intara ya Rhénani Palatinat, kuri iyi nshuro nanone ngo hari indi mishinga mishya kandi yizera ko izagirira ibihugu byombi akamaro.

Ati” Ku banya Rhénani Palatinat benshi, bisa no kwisanga iwabo iyo baje mu Rwanda, kuko dufitanye ubucuti bwimbitse, kandi dufitanye imishinga myinshi.

Turashaka kurushaho gukomeza ubufatanye, twibanda cyane mu rwego rw’ubukungu. Ubu bufatanye bukazashingira ku gushaka inyungu rusange ndetse no guhanahana ubumenyi”.

Min Francis Kaboneka yahaye impano Malu Dreyer uyobora Rhénani Palatinat
Min Francis Kaboneka yahaye impano Malu Dreyer uyobora Rhénani Palatinat

Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu Francis Kaboneka avuga ko kuri iyi nshuro hagiye gushyirwa imbaraga mu mubano u Rwanda rwari rusanzwe rufitanye n’intara ya Rhénani Palatinat,ariko byashoboka hakazongerwamo n’ibindi.

Ati ”Turimo turashaka gutangiza ubucuruzi kugira ngo abacuruzi ku mpande zombi bashobore kujya muri uwo mwuga.

Ibikorerwa ahangaha bishobora kujyayo n’ibikorerwa iwabo bishobore kuza, ariko niba hari n’inganda cyangwa abashoramari b’iwabi bifuza kuza gushora imari mu Rwanda bashobore kuza kuyishora”.

Mu bindi u Rwanda rwifuza gufatanyamo n’Intara ya Rhénani Palatinat harimo n’urwego rw’ubukerarugendo, ubuhinzi n’ubucuruzi ndetse n’ibindi.

Ifoto y'Urwibutso nyuma y'uruzinduko
Ifoto y’Urwibutso nyuma y’uruzinduko

Muri urwo ruzinduko rw’iminsi ine intumwa z’Intara ya Rhénani Palatinat zigiye kumara mu Rwanda zizanasura imwe mu mishinga iyo ntara isanzwe ifatanyamo n’u Rwanda.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka