Perezida Kagame yakiriye abaturutse muri kongere ya Amerika

Perezida Paul Kagame na Madame Jeannette Kagame basangiye ifunguro rya saa Sita na bamwe mu baturutse muri kongere ya Leta zunze Ubumwe za Amerika.

Bamwe mu bagize kongere ya Amerika bari bamaze iminsi mu Rwanda bahuye na Perezida Kagame na Madame Jeannette Kagame
Bamwe mu bagize kongere ya Amerika bari bamaze iminsi mu Rwanda bahuye na Perezida Kagame na Madame Jeannette Kagame

Abo bayobozi bari bayobowe na Robert Goodlatte, umuyobozi mukuru wa komite y’Ubutabera muri kongere ya Leta zunze Ubumwe za Amerika.

Abo bayobozi bageze mu Rwanda tariki 2 Ukwakira 2018, aho bari mu ngendo zitandukanye basura ibihugu. Basuye kandi u Budage, Botswana, Angola, Tunisia na Portugal.

Goodlate avuga ko bahisemo kuza mu Rwanda kubera uburyo rukomeje gushimwa n’amahanga kubera ibyo rwagezeho.

Perezida Kagame na Madame Jeannette Kagame basangiye ku meza n'abo bayobozi
Perezida Kagame na Madame Jeannette Kagame basangiye ku meza n’abo bayobozi

Abagize iryo tsinda baje mu Rwanda ni abakora muri komite zitandukanye za Leta zunze Ubumwe zirimo ubutabera, Siyansi, Ibijyanye n’ubumenyi bwo mu kirere n’ikoranabuhanga, Ingengo y’imari, abashinzwe gushaka ubushobozi bw’igihugu n’abashinzwe ububanyi n’amahanga.

Mu ruzinduko rwabo kandi banahuye n’abayobozi batandukanye bo mu gihugu barimo Minisitiri w’Ingabo n’abo muri Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga.

Hanabayeho igikorwa cyo guhererekanya impano
Hanabayeho igikorwa cyo guhererekanya impano
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka