Mukura ntibashije gukabya inzozi zo kugera mu matsinda ya CAF Confederation Cup

Kuri Stade yayo, Mukura nubwo itsinze El Hilal igitego kimwe ku busa ntibashije gukabya inzozi zayo zo kugera mu cyiciro cy’amatsinda ya CAF confederation cup kuko isezerewe ku giteranyo cy’ibitego bitatu kuri kimwe (Aggr 3-1).

Mukura yagerageje kwishyura ibitego yatsinzwe mu mukino ubanza ariko El Hilal iyibera ibamba
Mukura yagerageje kwishyura ibitego yatsinzwe mu mukino ubanza ariko El Hilal iyibera ibamba

Mukura yatangiye uyu mukino yakoze impinduka aho yahisemo gusimbuza uwari umuzamu wayo wa mbere Rwabugiri Omar habanzamo Wilonja Ismael.

Si mu izamu gusa hagaragaraga impinduka kuko Mukura yari yahinduye uburyo bw’imikinire aho yari yavuye ku mukino wo kugarira igahitamo gusatira.

Ni umukino watangiye Mukura isatira aho mu minota ya mbere y’umukino yabonye amahirwe yo gutsinda igitego umupira ukagarurwa n’igiti cy’izamu, indi ikagarurwa n’umuzamu Salim Magoola wa El Hilal wagoye cyane Mukura mu minota ya mbere.

Iradukunda Bertrand watsindiye Mukura ku munota wa 27
Iradukunda Bertrand watsindiye Mukura ku munota wa 27

Mukura yari yakomeje gusatira, ku munota wa 27 yaje kubona igitego cyatsinzwe na Iradukunda Bertrand, bajya kuruhuka ari igitego kimwe ku busa.

Byari bikigoranye kuko Mukura yatsindiwe muri Sudani ibitego 3-0 yasabwaga ibitego bindi 2 kugira ngo yizere byibuze kwishyura bagakiranurwa na penaliti.

Ubwo bari bavuye kuruhuka, Mukura yakoze impinduka yinjiza Frank Romami wasimbuye Muteebi na Iddi Saïdi Juma wasimbuye Ciza Hussein, kugira ngo bakomeze gushakisha ibitego ariko ntibyayikundiye kuko umukino warangiye ari kimwe cya Mukura ku busa bwa El Hilal bituma Mukura isezererwa ku giteranyo cy’ibitego bitatu kuri kimwe ku mikino yombi.

Ababanjemo ku ruhande rwa Mukura
Ababanjemo ku ruhande rwa Mukura

Mukura yari yageze mu cyiciro kibanziriza amatsinda isezerewe itabashije kugera mu matsinda nubwo yari yasezereye Free state stars na El Hilal Obbayed mbere yo kugera aha.

El Hilal Omdurman yamaze gukatisha tike yo kujya mu matsinda irategereza kuri uyu wa mbere aho izamenya itsinda izaba iherereyemo.

Abakinnyi babanje mu kibuga

Mukura victory Sports: Wilonja Ismael, Saidi Iragire, Hassan Rugirayabo, David Nshimirimana, Janvier Mutijima, Gaël Duhayindavyi, Ciza Hussein, Munyakazi Youssuf Lule, Bertrand Iradukunda, na Rachid Muteebi.

Abakinnyi ba El Hilal babanjemo
Abakinnyi ba El Hilal babanjemo

El Hilal Omdurman : Salim Magoola, Boubacar Diarra, Mohamed Musa Eldai, Merghan Elyas, Chukwu Ariwa, Eldin Shaiboub, Abdallah Mamoun, Eldin Ahmed, Idris Mbombo, Abdel Latif Saed , na Geovane Diniz Silva.

Abafana ba Kiyovu FC bagaragaye bafana Mukura mu mikino yose yakiniye mu Rwanda muri iri rushanwa
Abafana ba Kiyovu FC bagaragaye bafana Mukura mu mikino yose yakiniye mu Rwanda muri iri rushanwa
Abafana ba Mukura ntibari benshi
Abafana ba Mukura ntibari benshi
Abasimbura ba Mukura
Abasimbura ba Mukura
Abatoza ba El Hilal n'akanyamuneza bungurana ibitekerezo
Abatoza ba El Hilal n’akanyamuneza bungurana ibitekerezo
Iragire Saidi na Nshimirimana David ba myugariro ba Mukura, bari bakoze ibishoboka ngo ntibatsindwe
Iragire Saidi na Nshimirimana David ba myugariro ba Mukura, bari bakoze ibishoboka ngo ntibatsindwe
Haringingo Francis utoza Mukura n'abandi bafatanya
Haringingo Francis utoza Mukura n’abandi bafatanya

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Mukura yacu yarakoze ntako itagize nikomereze hariya nticike intege.izabikora ubutaha.nishake igikombe cya shapiona.

Habiryayo Alexis yanditse ku itariki ya: 22-01-2019  →  Musubize

Ntako itagize kbx mukura nitahe gusa rayon iri kwisonga!

UWIMANA Henry yanditse ku itariki ya: 21-01-2019  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka