Rusizi: Kugeza amazi meza ku kirwa cya Ishywa byatwaye Miliyoni 45 Frw

Ingo zisaga 400 zo mu Kagari ka Ishywa mu Murenge wa Nkombo zegerejwe amazi meza nyuma y’igihe kirekire bavoma ikiyaga cya Kivu.

Aba baturage bari kuvoma amazi meza nyuma y'iminsi myinshi bakoresha amazi y'ikiyaga
Aba baturage bari kuvoma amazi meza nyuma y’iminsi myinshi bakoresha amazi y’ikiyaga

Ishywa ni ikirwa, kikaba kamwe mu tugari tugize Umurenge wa Nkombo na wo w’ikirwa. Abahatuye bavuga ko amazi meza bayaherukaga mu myaka ibiri ishize akaba ari amazi babonaga bifashishije ipompo, ariko aza kwangirika ntiyasanwa ubu bakaba bari basigaye binywera ikiyaga cya Kivu.

Umuyoboro mushya batashye witwa ‘Inuma’ ureshya na kilometero eshatu watwaye miliyoni 45 z’amafaranga y’u Rwanda.

Amateka yahindutse kuri aba baturage bamurikiwe uruganda rutunganya amazi azagera ku ngo zose zituye aka kagari uko ari 457 zirimo abaturage basaga ibihumbi bitatu. Byari ibyishimo kuri aba baturage ubwo uru ruganda rwamurikwaga aha ku Ishywa.

Kibaganze Ernestine ati “Turashimira Imana tugashimira n’ubuyobozi bw’igihugu cyacu ubu twabonye amazi meza asukuye ntitukiri kurwaragurika nk’uko byahoze.”

Aba baturage babonye amazi meza bayanyotewe
Aba baturage babonye amazi meza bayanyotewe

Ni amazi akarere kegereje abaturage ku bufatanye n’umushinga Water Access Rwanda. Gatete Donatien, umukozi w’Akarere ka Rusizi ushinzwe ishami ry’ibikorwa remezo, imiturire n’ubutaka, yasabye aba baturage kutongera gusubira kuvoma ikiyaga.

Ati “Bahugukire gukoresha amazi meza bibagirwe gukoresha amazi y’ikiyaga cya Kivu icyakora birasaba kubigisha kuko hari abavuga ko amazi y’ikivu ko ari yo abaryohera, no kuba agurwa ubwabyo hari abashobora kubibona nk’imbogamizi.”

Aya mazi ageze kuri aba baturage atwaye amafaranga y’u Rwanda asaga miliyoni 40.

Ni mu gihe ikirwa cya Nkombo mu minsi yashize cyari hamwe mu hakunze kugaragara indwara ziterwa n’umwanda zirimo Kolera na macinya kubera amazi atari ahagije kuri iki kirwa.

Abaturage bagaragaza ibyishimo bidasanzwe byo kwegerezwa amazi meza
Abaturage bagaragaza ibyishimo bidasanzwe byo kwegerezwa amazi meza

Akarere kakomeje guhangana n’iki kibazo kugeza aho kuri ubu iki kirwa cyose cya Nkombo gituwe n’abasaga ibihumbi 16 kimaze kugezwaho amazi meza igisigaye kikaba ari ubushobozi bwa buri muturage kuyageza iwe mu rugo.

Imibare igaragaza ko muri aka karere kose abaturage 68 ku ijana ari bo bamaze kugerwaho n’amazi meza.

Iri janisha n’ubwo rirenze icya kabiri ku ijana, haracyari imirenge y’icyaro nka Butare na Gikundamvura igifite ikibazo gikomeye cy’amazi ahagaragara abaturage bakivoma ibinamba n’abakora ibilometero bajya kuyashaka ku mavomo rusange na yo mbarwa.

Icyakora Umurenge wa Bweyeye na wo wari ufite iki kibazo, ubu hariyo umushinga wa Miliyoni 150 z’amafaranga y’u Rwanda witezweho kuzagikemura nibura kugeza kuri 90% nk’uko imibare itangwa n’ubuyobozi ibigaragaza.

Gatete Donatien, umukozi w'Akarere ka Rusizi ushinzwe ishami ry'ibikorwaremezo ,imiturire n'ubutaka yasabye aba baturage kutongera gusubira kuvoma ikiyaga
Gatete Donatien, umukozi w’Akarere ka Rusizi ushinzwe ishami ry’ibikorwaremezo ,imiturire n’ubutaka yasabye aba baturage kutongera gusubira kuvoma ikiyaga
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka